Uyu
muhanzi wamamaye mu ndirimbo zirimo ‘Uwangabiye’, yageze i Kigali ku wa
Gatandatu tariki 21 Werurwe 2026, nyuma y’igihe yari amaze akorera ibitaramo mu
bihugu bitandukanye, birimo na Canada, aho yakiriwe neza n’abakunzi b’umuziki
we.
Mu
gihe yari muri Canada, Sentore yanahuriye n’umubyeyi we (mama), bari bamaze
imyaka igera ku 10 batabonana, ibintu byamubereye iby’agaciro gakomeye mu
buzima bwe.
Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, yavuze ko kugaruka mu Rwanda bifite intego
yihariye, ati: “Nagarutse i Kigali mu rugendo rugamije kurangiza imwe mu mirimo
irimo indirimbo nakoreye inaha, yaba mu buryo bw’amajwi (audio) ndetse no mu
buryo bw’amashusho (video).”
Tariki ya 27 Nyakanga 2025, Lionel Sentore yakoreye igitaramo gikomeye muri Camp Kigali,
aho yamurikiye Album ye ya mbere yise “Uwangabiye”, igizwe n’indirimbo 12.
Izi
ndirimbo zirimo izakunzwe n’abatari bake nka ‘Umukobwa w’abeza’, ‘Teta’,
‘I.U.O.A.E’, ‘Uko bimeze’ yakoranye na Mike Kayihura, ‘Urera’ yakoranye na
Elysee, ‘Mukandori’ yakoranye na Angela, ‘Urukundo’ yakoranye na Boule Mpanya,
‘Yanyuzuje umutima’, ‘Haguruka ugende’, ndetse n’indirimbo yitiriye Album ari
yo ‘Uwangabiye’.
Sentore
asobanura ko iyi ndirimbo ‘Uwangabiye’ yayikomoye ku rukundo n’amasomo yakuye
kuri sekuru, Sentore Athanase, wamutoje gukunda igihugu, umuco ndetse
n’ubuhanzi gakondo.
Muri
iyi ndirimbo aririmbamo bamwe mu bantu bagize icyo bamufasha mu buzima bwe
ndetse na sosiyete muri rusange. Ariko kandi aririmbamo umubyeyi we (Papa),
Mama we ndetse anaririmba Paul Kagame.
Ati: “Namwise umugoboka-rugamba (Paul Kagame), nawe ni umuntu mwiza, yatugabiye
igihugu cyiza, yagabiye abantu inka, yagiye atugabira mu buryo rero nibo bantu
banteye imbaraga yo kuba nahimba iyi ndirimbo nkayikora nshimira abo bantu bose
bagiye bangabira."
Akomeza agira ati: “Mama wanjye yangabiye urukundo, Papa wanjye yangabiye ibintu byinshi.
Umubyeyi wacu Mukuru Perezida Kagame yaratugabiye, yatugabiye byinshi, igihugu
cyiza gitemba amata n’ubuki, yazanye Girinka, kuko inka iranga urukundo;
yaduhaye urukundo, yatweretse ko adukunda nk’abanyarwanda, buriya iyo umuntu
akuyoboye, akakwereka ko anagukunze, aba agukunze."
Lionel
Sentore akomeje kugaragaza ko afite umuhate wo guteza imbere umuziki gakondo,
awugeza ku rwego mpuzamahanga, aho ateganya gukomeza ibitaramo bye mu bindi
bihugu bitandukanye hirya no hino ku Isi.

Lionel
Sentore yagarutse i Kigali nyuma y’urugendo rw’ibitaramo mu mahanga, aho aje
kurangiza no kunoza indirimbo ze yasize akoreye mu Rwanda, mu rwego rwo kuziha
ireme rihambaye mu majwi n’amashusho
Lionel
Sentore avuga ko muri gahunda afite harimo no gukorera ibitaramo hirya no hino
agamije kumenyekanisha Album ye ‘Uwangabiye’ yasohoye muri 2025
Lionel
Sentore uri mu bahanzi bahagaze neza mu njyana gakondo, yagarutse i Kigali
kurangiza imishinga ya album ‘Uwangabiye’, anashimangira ko akomeje urugendo
rwo kugeza umuziki nyarwanda ku rwego mpuzamahanga
KANDA HANO UBASHE KUMVA ALBUM 'UWANGABIYE' Y'UMUHANZI LIONEL SENTORE
