Niyonkuru Samuel na Nzayisenga Valentine begukanye shampiyona y’igihugu y’Amagare ya 2026

Imikino - 28/06/2026 4:21 PM
Share:

Umwanditsi:

Niyonkuru Samuel na Nzayisenga Valentine begukanye shampiyona y’igihugu y’Amagare ya 2026

Niyonkuru Samuel ukinira Team Amani na Nzayisenga Valentine wa Benediction Cycling Team begukanye shampiyona y’igihugu y’Amagare ya 2026.

Kuri iki Cyumweru hasojwe Shampiyona y’Igihugu y’Amagare hakinwa isiganwa ryo mu muhanda (Road Race) aho ryatangiye saa tatu za mu gitondo. Mu cyiciro cy’abagabo n’abatarengeje imyaka 23, abakinnyi bahagurukiye muri Santere ya Batsinda banyura i Shyorongi, Base, Gicumbi, Rukomo na Nyacyonga mbere yo kugaruka i Batsinda, ku ntera y’ibilometero 158.

Abagore n’ingimbi basiganwe ibilometero 115, aho batangiriye ku Kirenge banyura kuri Base, Gicumbi, Rukomo na Nyacyonga mbere yo gusoreza i Batsinda. Ku ruhande rw’abangavu, bo basiganwe intera y’ibilometero 62, bakaba bahagurukiye muri Santere ya Ibanda mu Karere ka Gicumbi.

Uyu munsi habayeho gusiganwa mu muhanda nyuma y’uko Ejo hari habayeho gusiganwa n’ibihe ku bakinnyi ku giti cyabo “Individual Time Trial- ITT”.

Kuri uyu munsi wa kabiri Akimana Donatha wa Ngarama Cycling Academy ni we wabaye uwa mbere mu bangavu bari munsi y’imyaka 19 akaba yakurikiwe ha Masengesho Yvonne wa Back Mamba Devo Team naho Kanyange Emeline wa Bugesera Cycling Team aba uwa gatatu.

Mu ngimbi, Byusa Pacifique wa Les Amis Sportifs ni we wabaye uwa mbere akurikirwa na Nkurikiyinka Jackson wa Benediction Cycling Team naho Ishimwe Bryan wa Black Mamba aba uwa gatatu.

Mu bagore, Nzayisenga Valentine wa Benediction Cycling Team ni we wabaye uwa mbere  aho yahageze ari wenyine ntawe bahanganye.

Mu bagabo, Niyonkuru Samuel wa Team Amani ni we wegukanye shampiyona y’igihugu y’Amagare ya 2026. Ni nyuma y’uko n’ubundi ari we wari wegukanye ITT ku munsi w'Ejo. 

Samuel yakurikiwe na Muhoza Eric naho Nsengiyumva Shemu aba uwa gatatu.

Niyonkuru Samuel na Nzayisenga Valentine ni bo bagomba kumara umwaka wose bambara imyambaro iriho ikirango cy’u Rwanda mu marushanwa yose.



Niyonkuru Samuel ukinira Team Amani yegukanye shampiyona y'igihugu y'Amagare mu bagabo 


Nzayisenga Valentine wa Benediction Cycling Team begukanye shampiyona y’igihugu y’Amagare ya 2026


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...