Uyu
musore yatangaje ko ari bwo bwa mbere yari ahagaze kuri ‘Stage’ nk’umuhanzi
witeguye, akaririmbira abantu amagana bitandukanye n’uko yahoze akora indirimbo
ataragera mu gitaramo na kimwe.
Mu
buryo butunguranye ariko butangaje, RunUp wamenyekanye cyane mu ndirimbo ye
‘Tsunami’, yavuze ko n’ubwo amaze imyaka ibiri mu muziki, Gen-z Comedy yabaye
nko “isoko y’ubutore” n’urugendo rushya mu guhamya ko ari umuhanzi ushoboye,
kandi ubishaka.
RunUp
yatangarije itangazamakuru ko atigeze ahagarara ku rubyiniro nk’umuhanzi uje
gutarama, n’ubwo hari aho yigeze kumvikana agize uruhare ruto mu gitaramo
atateguye. Yibuka ko igihe yari mu mashuri yisumbuye yigeze guhamagarwa na
Chriss Eazy ku rubyiniro, ariko akahamara iminota micyeya gusa.
Ati
“N’iyo ni ‘stage’ ya mbere ndirimbiyeho. Gusa nibuka ko hari indi nigeze gukora
ariko sinyibara kubera ko nihutaga. Ni Chriss Eazy wampamagaye ku Gisenyi
antunguye, nkora iminota micye ndagenda,”
Yongeyeho
ko atigeze agira amahirwe yo gutaramira abantu benshi mbere, bitewe ahanini
n’imiterere y’urugendo rwe n’ibibazo by’ubushobozi.
Aragira
ati “Iyi ni ‘stage’ ya mbere nagiyemo nzi neza ko ngiye kuririmba imbere
y’abantu, nubwo ntagize imyiteguro ihambaye kubera ubushobozi buke, ariko ni
bwo bwa mbere numvise ko ndi umuhanzi witeguye gutanga ibyishimo,”
RunUp
yavuze ko indirimbo ye ‘Tsunami’ ari yo yamuhesheje amahirwe yo kwitabira Gen-z
Comedy, kuko yagaragaje impano ye mu buryo bufatika, bikagirira akamaro kariya
gitaramo kaje gutangiza urugendo rwe rwo gutaramira imbaga.
Avuga
ko iyi ndirimbo ari kimwe mu bikorwa bya muzika abona byafashije kumuhesha
izina no kumushyira ku ikarita y’abahanzi bakurikirwa.
Igitaramo
cya Gen-z Comedy Live, cyabereye muri Kigali Conference and Exhibition Village
(Camp Kigali), cyahurije hamwe abanyarwenya, abahanzi n’abandi bafite impano
zitandukanye, by’umwihariko bigaragaza urubyiruko rushya ruri kwigaragaza mu
myidagaduro.
RunUp
ari mu bahanzi bake bashyizwe ku rutonde nk’abatangiye gukora indirimbo zifite
ubushobozi bwo gukurura abantu, anashimangira ko iki gitaramo cyamuhaye
icyizere cyo gukomeza kubaka izina no kwinjira mu muziki nk’umwuga.
Yemeje
ko agiye gukomeza gushyira hanze indirimbo zifite umutima nk’uwa Tsunami,
zifite injyana yumvikana kandi zubakiye ku bintu abantu bashobora kwihuza
nabyo.
RunUp avuga ko iki gitaramo cyamubereye nko kuvuka bwa kabiri mu muziki, kuko yahavuye yiyemeje gukomeza kurwana urugamba rwo gukora umuziki nk’umwuga, atari ukwirundarunda mu ndirimbo gusa ahubwo no kugera ku rubyiniro ahura n’abafana, ari na ho yumva impamvu y’iyo mpano yahawe.
Ubwa mbere ku rubyiniro ariko yitwaye nk’umunyamwuga w’imyaka myinshi – RunUp mu gitaramo cya Gen-z Comedy
RunUp
yacanye umucyo kuri stage ya Camp Kigali, ashimangira ko ‘Tsunami’ atari indirimbo
gusa, ahubwo ari urugendo
Ubwoba
bwasimbuwe n’ibyishimo – RunUp yanditse amateka kuri stage ye ya mbere imbere
y’imbaga
Mu
ndirimbo ye ‘Tsunami’, RunUp yanyujije urukundo, icyizere n’umurava kuri stage
ya Gen-z Comedy
KANDA
HANO UREBE IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NA RUNUP
KANDA
HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘TSUNAMI’ YA RUNUP