Niyigena Clement wakiniraga APR FC mu muryango winjira muri Al Hilal

Imikino - 29/01/2026 8:44 AM
Share:

Umwanditsi:

Niyigena Clement wakiniraga APR FC mu muryango winjira muri Al Hilal

Myugariro w’Umunyarwanda, Niyigena Clement, wakiniraga ikipe ya APR FC ari mu muryango winjira muri Al Hilal Sports Club yo muri Sudani.

Umunyamakuru wo muri Ghana, Micky Jnr, usanzwe uzwiho kumenya amakuru afite aho ahuriye na ‘transfer’ z’abakinnyi ku mugabane wa Afurika, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane we yahamije ko uyu mukinnyi yayisinyiye amasezerano y’imyaka itatu. Ni mu gihe Chairman wa APR FC, Brig Gen Deo Rusanganwa yavuze ko bari mu biganiro.

Ibi bije nyuma y’uko byari bimaze iminsi bivugwa ndetse ejo Brig Gen Deo Rusanganwa yari yagaragaye aganira na Niyigena Clement bonyine nyuma y’umukino iyi kipe y’Ingabo z’igihugu yari imaze gutsindamo AS Kigali wa ½ cy’igikombe cy’Intwari.

Uyu myugariro w’imyaka 25 yazamukiye mu Ntare FC hagati ya 2017 na 2018,  ahita yerekeza muri Marine FC. Yayivuyemo muri 2020 yerekeza muri Rayon Sports ayivamo muri 2022 ajya muri APR FC yari agifitiye amasezerano y'amezi atandatu kugeza ubu. Yakiniye ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi, y’abatarengeje imyaka 23, ndetse asanzwe ahamagarwa no mu nkuru.

Niyigena Clement agiye kwerekeza  muri Al Hilal SC yo muri Sudani irimo irakina shampiyona y’u Rwanda nyuma y’uko iwabo hari ikibazo cy’umutekano. Iyi kipe isanzwe yitwara neza mu mikino nyafurika dore ko nk’ubu iri mu matsinda ya CAF Champions League.

Niyigena Clement ari mu nzira zo kwerekeza muri Al Hilal yo muri Sudani


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...