N’iwacu baratunguwe – Igihozo wamamaye muri ‘Papa Sava’ yamaganye iby’ubukwe bwe na Emmanuel wo muri Nigeria

Imyidagaduro - 10/09/2025 9:54 AM
Share:

Umwanditsi:

N’iwacu baratunguwe – Igihozo wamamaye muri ‘Papa Sava’ yamaganye iby’ubukwe bwe na Emmanuel wo muri Nigeria

Igihozo Mireille uzwi cyane nka Phiona muri filime y’uruhererekane ‘Indoto’ ndetse wakunzwe muri ‘Papa Sava’, yahakanye yivuye inyuma amakuru yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga avuga ko ari mu myiteguro y’ubukwe na Emmanuel, umukinnyi wa filime wamenyekanye muri Nigeria.

Mu ntangiriro z’iki cyumweru, ku mbuga nkoranyambaga cyane cyane kuri X [Yahoze ari Twitter], hacicikanye urupapuro rw’ubutumire (Invitation) rwerekana ko tariki ya 15 Ukuboza 2025 Igihozo azakora ubukwe na Emmanuel. Ibi byatumye benshi mu bamukurikira no mu muryango we bibaza ukuri kw’iyi nkuru.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Igihozo Mireille yavuze ko ku wa Mbere tariki ya 8 Nzeri 2025 umwe mu bo bakorana yamweretse iyo ‘Invitation’, amubaza impamvu atabatumiye mu bukwe bwe.

Yagize ati: "Ubundi ukuntu byatangiye, ku wa Mbere w'iki Cyumweru, umubyeyi dukorana nagiye kubona mbona anyoherereje iriya 'Invitation' ayikuye kuri Twitter, arambaza ati nonese ufite ubukwe ukaba utaratubwiye, ndamubwira nti Oya!”

Igihozo yasobanuye ko ifoto yakoreshejwe kuri ubwo butumire yafashwe mu 2023 ubwo yari kumwe na Emmanuel basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi, nyuma yo guhurira mu iserukiramuco rya Cinema ryabereye i Kigali.

Akomeza ati “Iyi foto bari gukoresha n'iyo mu 2023, twifotoranyije na bariya basore baje hano mu Rwanda mu iserukiramuco rya Cinema, noneho mu kuza njyewe nafashe amafoto nabo, ariya mafoto bakoresheje twari turi ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, iriya foto rero bari gukwirakwiza, niho yaturutse. Sinzi umuntu wabikoze."

Nyuma y’ikwirakwizwa ry’iyi Invitation, umubyeyi we n’abo mu muryango be nabo babajije impamvu atigeze abatumiira mu bukwe.

Ati “Mama we mu muryango bari kumubaza, bati ni gute umwana agiye gukora ubukwe mutaratubwiye? Kandi byose ari ibihuha, nashakaga kubishyiraho akadomo, nta bukwe buhari, nta 'Save the Date' ihari, uriya muntu uretse kuba twese turi muri Cinema, nta kindi kintu mpuriraho nawe, rero ni 'Fake News'.”

Igihozo yashimangiye ko nta bukwe ategura, asaba abakwirakwiza amakuru nk’aya kubireka, kuko bigira ingaruka ku muryango n’inshuti ze.

 Igihozo Mireille yahakanye amakuru avuga ko azarushinga na Emmanuel wo muri Nigeria 

Nta bukwe buhari, nta ‘Save the Date’ ihari, ibyo byose ni ibihuha” – Igihozo Mireille

 

Emmanuel, umunya-Nigeria wamamaye cyane kuri TikTok no muri Cinema, niwe byavugwaga ko agiye kurushinga na Igihozo

REBA KAMWE MU DUCE IGIHOZO YAKINNYEMO MURI FILIME 'PAPA SAVA'

IGIHOZO ARI KUMWE NA NIYITEGEKA 'PAPA SAVA' MU GACE BAHURIYEMO


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...