Niteguranye n’abacuranzi b’abahanga - Teta Diana ku gitaramo agiye gukorera mu Bubiligi

Imyidagaduro - 18/06/2026 10:39 AM
Share:

Umwanditsi:

Niteguranye n’abacuranzi b’abahanga - Teta Diana ku gitaramo agiye gukorera mu Bubiligi

Umuhanzikazi wubatse izina mu njyana gakondo, Teta Diana, yatangaje ko yiteguye gutaramira Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda zituye mu Bubiligi mu gitaramo kizaba kigamije kwizihiza ku nshuro ya 32 Umunsi Mukuru wo Kwibohora.

Iki gitaramo kizabera mu Mujyi wa Bruxelles ku wa 4 Nyakanga 2026, aho Teta Diana azahurira ku rubyiniro na Cyusa Ibrahim, umwe mu bahanzi bakunzwe mu muziki gakondo nyarwanda.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Teta Diana yavuze ko imyiteguro y’iki gitaramo igeze kure, ndetse ko amaze iminsi akorana n’itsinda ry’abacuranzi bafite ubunararibonye kugira ngo abazacyitabira bazagire ibihe byiza.

Yagize ati: “Ni byo, mfite igitaramo kizaba tariki ya 4 Nyakanga 2026 i Bruxelles mu Bubiligi. Maze iminsi nitegurana n’abacuranzi kandi b’abahanga nk’ibisanzwe.”

Uyu muhanzikazi yavuze ko yishimiye kongera guhura n’abakunzi b’umuziki we baba mu Bubiligi, igihugu amaze igihe adataramiramo, ashimangira ko yiteguye kubaha umuziki uryoheye amatwi uzacurangwa imbonankubone.

Ati: “Icyo nabwira abakunzi banjye n’abakunzi b’umuziki muri rusange, by’umwihariko abatuye mu Bubiligi, ni uko mbakumbuye cyane.”

Yagaragaje ko iki gitaramo kizaba ari umwanya mwiza wo guhuriza hamwe abantu b’ingeri zitandukanye binyuze mu muziki, mu rwego rwo kwizihiza amateka y’u Rwanda no gusabana nk’Abanyarwanda baba mu mahanga.

Ati: “Ni igitaramo niteguye neza. Ni ‘Live Music’ nk’uko benshi bayikunda, ndirimba indirimbo zikora kuri ‘générations’ zombi, abakuru n’abato. Nje rero guhuza abantu twishimira umunsi ukomeye wo Kwibohora.”

Yakomeje asaba Abanyarwanda n’inshuti zabo kuzitabira ari benshi kugira ngo bazabashe gusangira ibyishimo by’uyu munsi ufite igisobanuro gikomeye ku gihugu. Ati: “Karibu kuri bose. Diaspora dukomeze urukundo no gusabana, twishime tuberwe kandi dukundishe amahanga iby’iwacu.”

Teta Diana ni umwe mu bahanzi b’abagore bafite izina rikomeye mu muziki gakondo nyarwanda. Azwi mu ndirimbo zirimo Velo, Birangwa, Agashinge, Umugwegwe ndetse na Umpe Akanya yakoranye na Jules Sentore.

Muri iki gitaramo azasangiza urubyiniro na Cyusa Ibrahim, wamamaye mu ndirimbo zirimo Marebe, Imparamba, Inkotanyi Turaganje na Muhoza Wanjye.

Abakunzi b’umuziki nyarwanda batuye mu Bubiligi n’ibindi bihugu bihaturiye biteganyijwe ko bazahurira muri iki gitaramo, kizaba ari umwanya wo kwizihiza Kwibohora no kuryoherwa n’umuziki gakondo ucuranzwe imbonankubone n’abahanzi babiri bakunzwe na benshi. 


Teta Diana yatangaje ko yiteguye gutanga ibyishimo mu gitaramo kizabera mu Bubiligi tariki ya 4 Nyakanga 2026

Teta Diana yavuze ko amaze iminsi akorana imyiteguro n’abacuranzi b’abahanga bazakorana muri iki gitaramo

Iki gitaramo kizaririmbamo Teta Diana ndetse na Cyusa Ibrahim kigamije kuzafasha Abanyarwanda kwizihiza Umunsi wo Kwibohora


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...