The Ben ni umwe mu bahanzi bamaze imyaka
myinshi bafite umwanya wihariye mu muziki nyarwanda, ndetse ibikorwa bye
bikunze gutegerezwa n’abakunzi b’umuziki.
Ubu noneho yatangiye urugendo
rushya rwo kubagezaho indirimbo nyinshi, mu rwego rwo kwitegura umwaka mushya
n’igitaramo kimaze kuba umuco kuri we.
Mu ijoro ryo ku wa Kane tariki 13
Kanama 2026, The Ben yari umwe mu bahanzi bataramiye abitabiriye Gen-Z Comedy,
igikorwa cyari kigamije kwizihiza imyaka ine ishize ibi bitaramo bitanga
urubuga rwo gususurutsa abantu binyuze mu rwenya.
Ni muri iki gitaramo kandi The Ben
yahereyeho amurikira abakunzi be indirimbo nshya ‘Inshallah’, indirimbo yari
imaze igihe itegerejwe n’abakunzi be.
Ariko kuri The Ben, ‘Inshallah’
ntabwo ari indirimbo isanzwe isohotse gusa. Ni imwe mu ntambwe zigize gahunda nini
afite yo kongera guha abakunzi be umuziki mwinshi mbere y’uko yongera kuzamuka
kuri stage ya BK Arena.
Mu kiganiro na InyaRwanda, The Ben
yavuze ko hari byinshi biri gutegurwa bijyanye na ‘The Nu-Year Groove’, ariko
ko azagenda abishyira hanze buhoro buhoro uko igihe kigenda cyegereza.
Ati “Dufite byinshi turi gupanga byiza.
Igitaramo cyacu cya gatatu cya The Nu-Year Groove kiri hafi cyane niba ariko
navuga. Ariko tuzagenda tubimenyekanisha gahoro gahoro, tubisobanura uko iminsi
igenda ariko izaba ari nziza cyane.”
‘Inshallah’
ni intangiriro, si iherezo
The Ben yavuze ko indirimbo
‘Inshallah’ iri mu murongo w’ibikorwa biri gutegurwa mbere y’igitaramo cye cya
mbere mu mwaka wa 2027.
Uyu muririmbyi afite gahunda yo
gukomeza gusohora izindi ndirimbo, ku buryo igihe azaba ageze kuri BK Arena,
abakunzi be bazaba bafite umuziki mushya uhagije wo kumwifashisha mu kwinjira
mu mwaka mushya.
Ati: “Kuva ku ndirimbo ‘Inshallah’
ndetse n’izindi nyinshi ziri muri uwo murongo. Gusa, ukuyeho n’icyo
gitaramo, ubu ninjiye mu bihe byo guha abantu umuziki kandi umuziki bakwiriye
kumva, uhindura ibintu byinshi cyane.”
Aya magambo agaragaza ko kuri The
Ben, iki gihe atagifite gusa nk’umwiteguro w’igitaramo. Ahubwo ashaka kukigira
igice cy’urugendo rushya rw’umuziki we, aho indirimbo nshya zizaba ari zo
zibanza gutegura abakunzi be mbere y’uko igitaramo nyir’izina kiba.
Igitaramo
cyabaye umuco wo gutangiza umwaka
‘The Nu-Year Groove’ si ubwa mbere
The Ben ategura igitaramo cyo kwakira umwaka mushya. Ni igikorwa kigiye kuba ku
nshuro ya gatatu, kikaba cyarabaye imwe mu nkingi z’imyidagaduro yo gutangiza
umwaka mu Rwanda.
Ku wa 1 Mutarama 2027, The Ben
azongera guhura n’abakunzi be muri BK Arena, mu gitaramo kizaba kigamije
kubinjiza mu mwaka mushya binyuze mu muziki.
Kuba igitaramo kigiye kuba ku
nshuro ya gatatu bigaragaza ko The Ben atakireba nk’igitaramo kimwe gisanzwe,
ahubwo ko ashaka ko kiba igikorwa ngarukamwaka gifite umwihariko wacyo.
Iki gihe kandi kije nyuma
y’ibikorwa bitandukanye byaranze urugendo rwa The Ben mu muziki, haba ku giti
cye ndetse no mu mishinga yahuriyemo n’abandi bahanzi.
The
Ben arashaka gutanga umuziki ‘abantu bakwiriye kumva’
Mu magambo ye, The Ben
ntiyagarukiye ku gutangaza ko afite indirimbo nyinshi. Yashyize imbere intego
yo guha abantu umuziki abona ko bakwiriye kumva kandi ushobora kugira icyo
uhindura.
Ibi bituma igikorwa cye cyo
gusohora indirimbo nshya mbere ya Mutarama 2027 gifatwa nk’igice cy’icyerekezo
kirenze kwamamaza igitaramo.
Ni nk’aho The Ben ari kubanza
gutegura amatwi y’abakunzi be, akabaha umuziki mushya, mbere yo kubakusanyiriza
hamwe muri BK Arena mu ijoro ryo gutangiza umwaka.
Mu gihe hakiri amezi make ngo ‘The
Nu-Year Groove’ ibe, uyu muririmbyi avuga ko hari byinshi bikiri mu nzira kandi
ko azagenda abitangaza uko igihe kigenda.
Icyo abakunzi be bategereje ubu si
itariki y’igitaramo gusa, ahubwo ni n’urutonde rw’indirimbo nshya The Ben azaba
amaze kubagezaho mbere y’uko yongera gufata umwanya we kuri stage ya BK Arena.
Kuri The Ben, urugendo rwo kwinjira
muri 2027 rwamaze gutangira, kandi ‘Inshallah’ ni imwe mu ntambwe za mbere.
The Ben yatangaje ko yinjiye mu
bihe byo gushyira hanze indirimbo nyinshi mbere yo gutaramira abantu
The Ben yavuze ko imyiteguro y’igitaramo
cye ‘The Nu-Year Groove’ igeze kure
