Nimushake abagore beza niba mushaka kugera ku ntsinzi – Mr Eazi abwira abasore

Imyidagaduro - 05/08/2025 2:22 PM
Share:

Umwanditsi:

Nimushake abagore beza niba mushaka kugera ku ntsinzi – Mr Eazi abwira abasore

Umuhanzi w’Umunya-Nigeria akaba n’umushoramari ukomeye, Oluwatosin Oluwole Ajibade, uzwi cyane ku izina rya Mr Eazi, yagaragaje ko kugira umugore mwiza kandi ushoboye ari imwe mu nkingi z’ingenzi zifasha umuntu kugera ku ntsinzi.

Yabitangaje mu kiganiro kigufi yagiranye n’umwe mu bakora ibiganiro kuri murandasi wo muri Gambia, wamusanze ari kumwe n’umugore we Temi Otedola, ubwo bari mu mihanda yo mu mujyi wa Londres mu Bwongereza.

Ubwo yabazwaga ibanga ry’intsinzi ku muntu wese ushaka kugera kure, Mr Eazi yahise asubiza ati: “Gushaka umugore mwiza.” Yashimangiye ko ari intambwe ikomeye ifasha cyane mu rugendo rw’ubuzima, cyane cyane iyo uwo mwashakanye akuba hafi, agushyigikira kandi akakwihanganira mu bihe bitandukanye.

Yongeyeho ko urubyiruko, cyane cyane abasore, bagomba kwimakaza imyitwarire irimo ikinyabupfura, kwihangana no gutinya Imana, kugira ngo bubake ubuzima burambye kandi bufite icyerekezo.

Ku rundi ruhande, Mr Eazi yanagarutse ku mbogamizi zimwe na zimwe zagiye zimugora mu rugendo rwe rwa muzika, avuga ko guhura n’abagucira imanza cyangwa batakugirira icyizere bishobora kuba imbarutso ituma urushaho kwiyemeza no gukora cyane, kuko bigutera kugira umuhate wo kwereka abantu ko bashyize hasi uwo batazi neza.

Yagize ati: “Iyo wavukiye muri Nigeria, akenshi uba ufite umurava n’imbaraga zo kwishakira inzira. Hari ukwiyizera karemano ku Munya-Nigeria, uburyo agenda, uko avuga, n’ubutwari agaragaza. Wenda ni ibintu duturana na byo tukabikuriramo, cyangwa wenda ni ibisanzwe biri mu mafunguro yacu [aseka].”

Mr Eazi, uretse kuba ari umuhanzi wubashywe ku rwego mpuzamahanga, anazwi nk’Umuyobozi Mukuru wa Choplife Gaming Ltd, sosiyete ikorera mu bihugu bitandatu byo muri Afurika y’Iburasirazuba n’Iburengerazuba.

Mu Ugushyingo 2023, yemeje ku mugaragaro ko yamaze gushyingiranwa n’umukunzi we Temi Otedola, umukobwa w’umuherwe w’Umunya-Nigeria Femi Otedola, ubwo yamwohererezaga ubutumwa bwihariye ku isabukuru ye y'amavuko, bityo bigashimangira isezerano ryabo ryo kubana nk’umugabo n’umugore.

Mr Eazi yahishuye ko ibanga ryafasha abasore kugera ku ntsinzi bifuza ari ugushaka abagore beza

Mu mpera za 2023, nibwo Mr Eazi yemeje ko yamaze gushyingiranwa na Temi Otedola bari bamaze igihe bakundana


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...