Niho abaherwe barira ayabo! Imijyi 10 yihariye ubukire bw’Isi mu 2025

Ubukungu - 23/05/2025 11:41 AM
Share:

Umwanditsi:

Niho abaherwe barira ayabo! Imijyi 10 yihariye ubukire bw’Isi mu 2025

Mu gihe ubukungu bw’Isi bukomeza guhindagurika, imijyi imwe n’imwe igenda igaragara nk’igicumbi gishya cy’ubukire, aho abaherwe bashora imari, bubaka ibikorwa by’iterambere ndetse bakanahindura isura y’aho batuye.

Raporo nshya yasohowe mu 2025 na Henley & Partners ku bufatanye na New World Wealth, yagaragaje imijyi 50 ikize kurusha iyindi ku Isi, ishingiye ku mubare w’abantu bafite umutungo ugera cyangwa urenga miliyoni imwe y’amadolari ya Amerika.

Iyi raporo ntigaragaza gusa imibare y’abaherwe, ahubwo inerekana aho ubukire buri kwerekeza, uko ishoramari rigenda ryimurirwa mu mijyi irangwa n’umutekano, imisoro yoroheje n’ubuzima bufite ireme. Hirya no hino ku Isi, hari imijyi ikomeje kuza imbere mu gukurura abaherwe bo mu bihugu bitandukanye, bakayihitamo nk’ahantu ho gushinga imizi binyuze mu kubaka ibikorwa birambye by’ubukungu n’imibereho myiza.

1.     New York, Leta Zunze Ubumwe za Amerika

New York ni wo mujyi wa mbere ku Isi mu kugira abaherwe benshi batunze za miliyari na miliyari z’amadolari, aho babarirwa muri 384,500. Hari kandi 818 bafite miliyoni 100 ndetse na 66 bafite miliyari imwe. Nubwo uyu mujyi uhura n’ibibazo bijyanye n’umutekano n’izamuka ry’ibiciro by’imibereho, uracyari igicumbi cy’imari n’ishoramari mpuzamahanga.

2.     San Francisco Bay Area, USA

Aka gace kabarizwamo Silicon Valley, kamwe mu duce tw’ikoranabuhanga dukomeye ku Isi. Kabarizwamo abaherwe 342,400 batunze amafaranga menshi cyane, aho abagera kuri 756 bafite miliyoni 100 z'amadolari, na 82 bafite miliyari imwe y'idolari. Mu myaka 10 ishize, ubukire muri aka gace bwazamutseho 82%, karushaho kuba igicumbi cy’abashoramari bakomeye.

3.     Tokyo, Ubuyapani

Tokyo niwo mujyi ukize cyane muri Aziya. Utuwe n'abaherwe 292,300, 262 bafite miliyoni 100$, mu gihe 18 bafite miliyari imwe y'idolari. Uyu mujyi uzwiho kugira ubukungu butajegajega n’ikoranabuhanga rihambaye, bikawugira umwe mu mijyi y’icyitegererezo ku Isi.

4.     Singapore

Singapore ni igihugu gito ariko gikomeye mu bukungu. Gifite abaherwe 242,400 barimo 333 batunze miliyoni 100$, na 30 bafite miliyari imwe y'idolari n'arengaho. Mu myaka 10 ishize, ubukire bwiyongereyeho 62 ku ijana, bikaba byaragizwemo uruhare n’amategeko akurura ishoramari, imisoro yoroheje n’umutekano usesuye.

5.     Los Angeles, USA

Los Angeles ni umujyi uzwi cyane mu ruganda rwa sinema n’imyidagaduro. Utuwe n'abaherwe 220,600 barimo abagera kuri 516 bafite miliyoni 100$, na 45 bafite miliyari imwe y'idolari. Uyu mujyi wagiye uzamuka mu bukire, uva inyuma ya London uyisimbura ku mwanya wa gatanu, mu gihe cy’imyaka 10 ubukire bwazamutseho 35%.

6.     London, Ubwongereza


London yari umwe mu mijyi ya mbere ku Isi mu bukire, ariko mu myaka 10 ishize yahuye n’ihungabana ryatewe na Brexit n’impinduka mu misoro. Ifite abaherwe 215,700 barimo 352 batunze miliyoni 100$, na 33 bafite miliyari imwe y'Amadolari. Nubwo bimeze bityo, igicumbi cy’imari cya London kiracyakomeye i Burayi.

7.     Paris, Ubufaransa

Paris niwo mujyi wa kabiri ukize mu Burayi nyuma ya London. Ufite abaherwe 160,100 barimo 277 bafite miliyoni 100$, na 22 batunze amadolari arenga miliyari. Uyu mujyi uzwiho kuba igicumbi cy’imideli, ubuhanzi n’amateka, bikawugira isoko y’abifuza gutura ahantu habereye ubuzima bugezweho.

8.     Hong Kong

Hong Kong ni igicumbi cy’imari muri Aziya gifite abaherwe 154,900 barimo 346 bafite miliyoni 100$, na 40 bafite miliyari imwe y'Amadolari. Nubwo hari ingorane zishingiye ku miterere ya politiki, umujyi uracyari urufunguzo ku bashoramari bakorera muri Aziya y’Iburasirazuba.

9.     Sydney, Australia

Sydney niwo mujyi ukize cyane muri Australia. Ufite abaherwe 152,900 barimo 224 bafite miliyoni 100$, na 22 bafite miliyari imwe y'Amadolari. Mu myaka 10 ishize, ubukire bwaho bwazamutseho 28 ku ijana, bigizwemo n’uruhare n’ubuzima bufite ireme n’ishoramari ridahungabana.

10.Chicago, USA

Chicago yinjiye bwa mbere mu mijyi 10 ya mbere ikize cyane ku Isi, ikaba ituwe n'abaherwe 127,100 barimo abagera kuri 295 bafite miliyoni 100$, n'abandi 25 batunze miliyari imwe y'idolari. Ni umwe mu mijyi ifite urwego rukomeye rw’inganda, ubucuruzi n’amabanki, bikawugira igicumbi cy’iterambere rishingiye ku nganda.

Imijyi 10 ifite umubare munini w’abaherwe bafite miliyari imwe y’amadolari cyangwa arenga

1.     San Francisco Bay Area – 82

2.     New York – 66

3.     Los Angeles – 45

4.     Hong Kong – 40

5.     Beijing – 38

6.     Shanghai – 35

7.     London – 33

8.     Singapore – 30

9.     Chicago – 25

10.Mumbai – 25

Imijyi yagaragaje izamuka rikomeye mu bukire mu myaka 10 ishize

  • Shenzhen mu Bushinwa yazamutseho 142%, ubu ifite abaherwe 50,800
  • Hangzhou yo mu Bushinwa yazamutseho 108%, ifite abaherwe 32,300
  • Dubai yarazamutse cyane ku buryo igeze ku mwanya wa 18 ku Isi, ifite abaherwe 81,200

Imijyi yahuye n’igabanuka ry’abaherwe

  • London yagabanutseho 12%
  • Moscow mu Burusiya yagabanutseho 25%, ifite abaherwe 30,000

Iyi raporo yerekana aho Isi yerekeza mu bijyanye n’ikwirakwira ry’ubukire, uburyo imijyi ifite umutekano, amategeko yorohereza ishoramari n’ubuzima bufite ireme ari yo yiganjemo abaherwe. Ni umusaruro w’ibikorwa bifatika mu miyoborere n’imikorere ya politiki n’ubukungu bituma abashoramari n’abaherwe bahitamo aho kwimukira no gukorera ubucuruzi.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...