Nigeria: Umuramyi Judikay yahishuye ko inda esheshatu yatwise zavuyemo

Iyobokamana - 20/03/2026 10:53 AM
Share:

Umwanditsi:

Nigeria: Umuramyi Judikay yahishuye ko inda esheshatu yatwise zavuyemo

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Judikay, yatangaje inkuru ibabaje ku buzima bwe, aho yavuze ko inda esheshatu yatwise mu bihe bitandukanye zavuyemo, ibintu byamusize yibaza byinshi ku Mana ndetse n’isengesho rye.

Mu mashusho yashyize ku rubuga rwe rwa Instagram, Judikay yavuze ku gahinda gakomeye yagize mu kwezi kwa Kabiri (Gashyantare 2025), ubwo inda yari atwite yongeraga kuvamo, nyuma y’amezi arenga atatu atwite.

Yagize ati: “Muri Gashyantare 2025, nagize ububabare bwanshegeshe cyane. Nari maze kurenza amezi atatu ntwite. Umunsi umwe, nkiri mu mirimo yanjye isanzwe, natangiye kumva uburibwe mu nda.”

Yakomeje asobanura ko yabanje kubifata nk’ibisanzwe, ariko nyuma ibintu bihinduka bibi cyane.

Ati: “Nabanje kubona utuntu tumeze nk’amaraso make, ntekereza ko bisanzwe ku mugore utwite. Ariko nyuma, nagiye mu bwiherero, nsanga amaraso ari menshi kandi adahagarara. Nahise numva neza icyo bisobanuye, ko umwana yari amaze kugenda.”

Judikay yavuze ko iyo nda yari iya gatandatu ivuyemo, ibintu byamusize mu gahinda gakomeye.

Yahise ajyanwa kwa muganga, aho abaganga bakoze igikorwa kizwi “dilation and curettage” nyuma yo gusanga ari inda yari ivuye nanone (miscarriage).

Ati: “Nagejejwe kwa muganga, baramfasha. Natekerezaga ko namaze kwihangana kuko nararize cyane nkiri kwa muganga. Abantu bambazaga uko meze, nkabasubiza nti ‘Imana ishimwe’.”

Gusa yavuze ko mu by’ukuri, agahinda gakomeye katumye adasinzira ijoro ryose. Ati: “Iyo nabaga ndi jyenyine nijoro, numvaga ububabare ntashobora gusobanura. Narariraga cyane nkabaza nti ‘Yesu uri he?’”

Daily Post yanditse ko uyu muhanzi uzwi mu ndirimbo nka “More Than Gold”, yashakanye na Anselem Opara mu 2020, bakaba barabyaye umwana wabo wa mbere mu 2022.

Inkuru ye yakoze ku mitima ya benshi, cyane cyane abagore banyuze mu bihe nk’ibi, igaragaza ububabare bwo kuvamo kw’inda ndetse n’urugendo rukomeye rwo kongera kwiyubaka mu mutima no mu kwizera.

Judikay yatangaje ko inda esheshatu zimaze kuvamo mu buryo butunguranye, asobanura ububabare bukomeye bwatumye abaza Imana aho iri


Judikay yavuze ku gahinda yanyuzemo nyuma y’inda yavuyemo muri Gashyantare 2025, avuga ko nijoro yariraga abaza ati “Yesu uri he?”


N’ubwo bimeze gutya ariko, Judikay avuga ko muri Gashyantare 2026, Imana yabashumbushije bakibaruka umwana wa Kabiri


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...