Nigeria: Umuhanzikazi yitabye Imana nyuma yo kurumwa n’inzoka

Imyidagaduro - 02/02/2026 9:06 AM
Share:

Umwanditsi:

Nigeria: Umuhanzikazi yitabye Imana nyuma yo kurumwa n’inzoka

Umuririmbyi wo muri Nigeria wari ukiri mu rugendo rwo kumenyekana, Ifunanya Nwangene, yitabye Imana nyuma yo kurumwa n’inzoka. Uyu mukobwa w’imyaka 26, yamenyekanye cyane nyuma yo kugaragara muri The Voice Nigeria, amarushanwa mpuzamahanga y’abaririmbyi yabaye mu 2021.

Ifunanya Nwangene yari azwiho ubushobozi bwo kuririmba injyana nyinshi zirimo jazz, opera, umuziki gakondo n’umuziki w’amarangamutima (soul).

Amashusho yasangijwe ku mbuga nkoranyambaga agaragaza umuntu uzi kwita ku nzoka asohora iyi nzoka mu nzu y’uyu muhanzikazi, mu gihe abantu bari hafi bahise batangira kuvuga bati: “Ni cobra!”

Inshuti ye ya hafi, Sam Ezugwu uri mu bakuriye inzu y'umuziki Ifunanya yakoreragamo, yabwiye BBC ko uyu muhanzi yari "icyamamare kirimo kuzamuka". Yagize ati: “Yari yiteguye gukora igitaramo cye cya mbere bwite muri uyu mwaka.” Yari kandi umunyamwuga w’umunyabugeni w’inyubako.

Hillary Obinna, inshuti y’uyu muhanzikazi nawe yabwiye BBC ko yamubwiye ko Nwangene yari aryamye igihe inzoka yamurumaga. Yongeyeho ko inzoka ebyiri zaje kuboneka mu nzu ye nyuma yaho.

Yageze mu ivuriro ryari hafi aho yashakishije ubufasha bwa mbere, ariko ntibari bafite umuti w’inzoka (antivenom), bityo ajya mu bitaro bikuru.

Ezugwu yavuze ko yahise ajya ku bitaro ku wa Gatandatu. Yavuze ko ibitaro byari bifite ubwoko bumwe bw’imiti yari ikenewe.

Ati: “Mu gihe bamushakiraga uburyo bwo kumutabara, ntiyashoboraga kuvuga ariko yashoboraga gukoresha intoki kugira ngo atwereke icyo ashaka. Yari arimo guhumeka bigoranye.”

Ezugwu yavuze ko yagiye gushaka umuti waburaga ariko agarutse asanga yapfuye.

Mu itangazo basohoye, ibitabo byakiriye uyu muhanzikazi byahakanye ko umuti wari wabuze, bemeza ko ibivugwa ari “ibihuha kandi bidahuye n’ukuri.”

Bongeyeho ko isuzuma ryihuse ryagaragaje ko Nwangene yari afite ibibazo bikomeye byatewe n’inkovu y’inzoka. Avuga ko ubuzima bwe bwahindutse butunguranye mbere yo kwimurirwa mu cyumba cy’abakenera ubuvuzi bwihariye (intensive care), kandi abakozi b’ubuzima babuze uburyo bwo kumubabariza.

Ubushakashatsi bw’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS / WHO) bugaragaza ko buri mwaka muri Afurika, abantu hagati ya 435,000 na 580,000 bajya kwa muganga kubera kurumwa n’inzoka, aho imfu zagera ku 30,000.

Abana n’abagore bo mu byaro ni bo bakunze kurumwa cyane, cyane ko ahantu hatuwe cyane ubuvuzi bukiri hasi kandi umuti urwanya ubumara (antivenom) uboneka gake kandi ukaba uhenze.

Ibura ry’uyu muti n’ubushobozi buke bw’ibitaro bituma benshi bajya kwivuza ku bavuzi gakondo, bityo imibare y’abapfa cyangwa abakomeretse ikaba idakunze kugaragara neza. OMS/WHO ivuga ko ikibazo cyo kubika neza umuti, kuko usaba amashanyarazi ahoraho, ari kimwe mu bibangamira gutabara abarumwa n’inzoka.

Kurumwa n’inzoka muri Afurika ni ikibazo gikomeye cy’ubuzima rusange, cyane cyane mu byaro, kandi imibare igaragaza ko hakenewe ingamba zihuse zo gukemura ikibazo cy’ubura ry’imiti no kuzamura ubushobozi bw’ibitaro.

 

Agahinda ni kose muri Nigeria nyuma y’urupfu rw’umuririmbyi Ifunanya Nwangene warumwe n’inzoka


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...