Sabi, amazina ye nyakuri akaba Sabinus Chukwuebuka Nelson Obi, bivugwa ko yishwe mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 24 Werurwe 2026, aho yari acumbitse muri hoteli imwe yo muri Leta ya Lagos.
Aya
makuru yemejwe na murumuna we witwa Kingsley, wavuganye n’ikinyamakuru Daily
Sun, agaragaza ko byabaye mu buryo butunguranye kandi buteye ubwoba.
Amakuru
avuga ko itsinda ry’abasore bataramenyekana ryinjiye muri iyo hoteli mu masaha
y’ijoro rikamurasaho, ibintu byateje akavuyo gakomeye aho hantu.
Kugeza
ubu inzego z’umutekano muri Lagos ntiziratangaza amakuru arambuye kuri ubu
bwicanyi cyangwa niba hari abamaze gutabwa muri yombi.
Urupfu
rwa Sabi rwashenguye benshi mu bakunzi b’umuziki muri Nigeria, cyane cyane ko
yari umwe mu bahanzi bari kuzamuka neza mu muziki wa Afro-pop.
Uyu
muhanzi yamenyekanye cyane mu myaka ya 2010 binyuze mu ndirimbo ye “Show Your
Style” yakunzwe n’abatari bake, ndetse iza no gusubirwamo ari kumwe n’umuhanzi
Oritse Femi, bituma arushaho kumenyekana.
Iperereza
ku rupfu rwe riracyakomeje, hakaba hategerejwe ko inzego z’umutekano zitangaza
amakuru arambuye ku byabaye ndetse n’ababa babiri inyuma y’iki gikorwa
cy’ubugizi bwa nabi.

Sabi
yarashwe n’abantu bataramenyekana mu ijoro ryo ku wa 24 Werurwe i Lagos, mu
gihe yari atangiye kwigaragaza nk’umwe mu bahanzi bari kuzamuka neza muri
Afro-pop
KANDA HANO UBASHE KUREBA IMWE MU NDIRIMBO ZAMENYEKANISHIJE UYU MUHANZI
