Nigeria: Umugabo akurikiranweho kwiba inkweto ku musigiti

Utuntu nutundi - 19/08/2026 6:30 AM
Share:

Umwanditsi:

Nigeria: Umugabo akurikiranweho kwiba inkweto ku musigiti

Ni ibisanzwe mu idini ya Islam ko mbere yo kwinjira mu musigiti ugiye gusenga, ubanza gukuramo inkweto. Muri Nigeria, haravugwa inkuru y’umugabo wabyitwaje akajya ajya ku musigiti kuhiba inkweto, ndetse akabikora inshuro nyinshi zikurirkiranya.

Urukiko rwa Magistrate’s Court rwo muri Kano, muri Nigeria, rwategetse ko Muhammad Najib Rimin Kebe afungwa by’agateganyo mu kigo ngororamuco, nyuma yo kugezwa imbere yarwo akekwaho ibyaha byo kwinjira ahantu atabifitiye uburenganzira no kwiba inkweto ku musigiti uri mu kigo cy’inkiko cya Norman’s Land.

Inkuru dukesha ikinyamakuru Newsy People ivuga ko, Polisi yamugejeje imbere y’urukiko ruyobowe na Magistrate Dayyabu Jamilu Hamza, aho yashinjwaga kuba yaragiye ajya kuri uwo musigiti kenshi, akiba inkweto z’abasenga.

Abatanze ibirego barimo abakozi b’inkiko, abapolisi, abakozi bashinzwe amagereza n’abandi baturage bavuze ko hari hamaze igihe hagaragara ibibazo byo kwibwa inkweto ku musigiti, aho bamwe mu basenga basigaga inkweto zabo hanze igihe bagiye gusenga, bagaruka bagasanga hari uwazitwaye.

Nyuma yo gusomerwa ibyaha aregwa, urukiko rwategetse ko Kebe akomeza gufungwa by’agateganyo mu gihe iperereza n’iburanishwa bikomeje. Urukiko rwimuriye isubukurwa ry’urubanza ku wa 28 Kanama 2026.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...