Aya
makuru yatangajwe n’umwunganizi mu mategeko wa se wa Mohbad, Oladayo Ogungbe,
nyuma y’iburanisha. Yasobanuye ko urukiko rwemeje Laboratwari imwe yo muri Leta
Zunze Ubumwe za Amerika n’ebyiri zo mu Bwongereza.
Yagize
ati: “Urukiko rwamaze guhitamo ibigo bitatu bikora ibizamini bya ADN; bibiri
byo mu Bwongereza n’ikindi kimwe cyo muri Amerika. Hari icyo twahisemo
nk’umuryango, hari icyo uruhande rwabo rwahisemo, hanyuma urukiko ruhitamo
icyigenga."
Se
wa Mohbad, Joseph Aloba, ni we wasabye ko hakorwa ibizamini bya ADN ku mwana
witwa Liam, nyuma y’urupfu rw’umuhungu we rwabaye mu buryo butunguranye.
Umugore
wa Mohbad, Wunmi Aloba, na we yagaragaje ko yiteguye ko ibizamini bikorwa, aho
buri ruhande rwemerewe guhitamo Laboratwari imwe, mu gihe urukiko rwahisemo
iyigenga izakora nk’umuhuza.
Biteganyijwe
ko ifatwa ry’ibizamini bya mbere (samples) rizakorwa ku wa 7 Mata 2026,
rikazitabirwa n’impande zose bireba ndetse rigakurikirwa n’abashinzwe imibereho
myiza kugira ngo habeho gukorera mu mucyo no kwirinda impaka.
Mohbad
wari umaze igihe gito atangiye kwigaragaza cyane mu muziki wa Afrobeats,
yapfuye ku wa 13 Nzeri 2023 afite imyaka 27, aguye iwe mu gace ka Ikorodu mu
mujyi wa Lagos.
Urupfu
rwe rwateje akaduruvayo mu ruganda rw’imyidagaduro muri Nigeria no hanze yayo.
Abahanzi bakomeye barimo Meek Mill, Davido, Olamide, Tiwa Savage, Lil Durk na
Kodak Black, banditse ubutumwa bwo kwihanganisha umuryango we, basaba ko
hakorwa iperereza ryimbitse ku rupfu rwe.
Ku
wa 18 Nzeri 2023, Polisi yo muri Lagos yatangaje ko yatangiye iperereza ku
cyishe uyu muhanzi, iperereza ryakomeje gukurikiranwa n’itangazamakuru ndetse
n’abakunzi be basabaga ubutabera.
Icyemezo
cy’urukiko cyo kwemeza laboratwari zo mu mahanga kigaragaza ko uru rubanza
rushyizwe ku murongo wemewe n’amategeko kandi ruri gukurikiranwa mu mucyo.
Abakurikiranira
hafi uru rubanza bavuga ko ibizamini bya ADN bizafasha gukuraho urujijo rwari
rwaravutse mu muryango, bikaba n’intambwe yo kugera ku kuri ku birebana
n’umwana wasizwe na Mohbad.

Urukiko rwo muri Nigeria rwemeje ko hazakorwa ibizamini bya ADN ku mwana wa nyakwigendera Mohbad, kugirango hamenyekane niba ari uwe koko

Umuraperi Mohmad wamamaye mu ndirimbo zinyuranye yitabye Imana ku wa 13 Nzeri 2023 ku myaka 27
