Nigeria: Abantu 1,500 bashyingiwe mu bukwe rusange bwabereye umunsi umwe

Imyidagaduro - 10/08/2026 9:15 AM
Share:

Umwanditsi:

Nigeria: Abantu 1,500 bashyingiwe mu bukwe rusange bwabereye umunsi umwe

Abagore bapfakaye n’abakobwa bakiri bato bagera ku 1,500 bashyingiwe mu muhango w’ubukwe rusange wabereye muri Leta ya Kano, muri Nigeria, utegurwa na Kano State Hisbah Board.

Ubu bukwe bwabaye ku wa Gatanu, bukaba bwari muri gahunda ya Leta ya Kano igamije gufasha abaturage bafite ubushobozi buke kubona uburyo bwo gushinga ingo no kugabanya amafaranga asanzwe akoreshwa mu bukwe.

Nk’uko tubikesha urubuga rwa lindaikejisblog.com, umuyobozi wa Leta ya Kano, Abba Yusuf, ni we wayoboye uyu muhango wabereye ku ngoro y’Umwami wa Kano, Emir Muhammadu Sanusi II.

Muri uwo muhango, uyu muyobozi yasabiye umugeni wa mbere ubukwe, asaba Emir wa Kano ko yamushyingira, na we abyemera hakurikijwe amahame y’idini ya Islam.

Yusuf yavuze ko iyi gahunda igamije guha icyizere abaturage batishoboye, gukomeza umuryango no guteza imbere indangagaciro zishingiye ku muryango n’umuco wa Kano.

Ati: “Iyi gahunda igaragaza ubushake bw’ubuyobozi bwacu bwo gufasha abaturage bafite intege nke, kugabanya umutwaro w’amafaranga ajyana no gushyingirwa no kubafasha kubaka imiryango ibereyeho icyubahiro, hubahirizwa amahame ya Islam n’umuco wa Kano.”


Abageni bahawe ibikoresho byo gutangira ubuzima

Leta ya Kano yahaye buri mugabo washakanye muri iyi gahunda imyenda ya shadda ipima metero 10, ingofero, umufuka w’umuceri n’amavuta yo guteka.

Ku ruhande rw’abagore, buri mugeni yahawe amafaranga angana na N200,000 ya Nigeria, agamije gufasha mu gutanga inkwano no gutangiza ibikorwa by’ubucuruzi.

Abagore kandi bahawe ibikoresho bitandukanye byo mu rugo birimo uburiri, matela, akabati, indorerwamo, ibiringiti, amashuka n’imyenda yo kurarana.

Emir wa Kano, Muhammadu Sanusi II, ni we watanze inyigisho yo ku wa Gatanu, asaba abashyingiranywe kubakira ingo zabo ku kwizera Imana, kwihangana, kubahana no kugira impuhwe.

Yagize ati: “Imiryango irangwa n’amahoro ni yo shingiro ry’umuryango mugari utekanye kandi utera imbere. Ndabasaba ko buri wese mu bashyingiranywe yagaragaza ubwumvikane, kwihanganirana n’inshingano mu rugo.”

Abashyingiranywe babanje gusuzumwa no kuganirizwa

Aminu Daurawa, uyobora Kano State Hisbah Board, yavuze ko abari muri iyi gahunda bose babanje gusuzumwa no kuganirizwa mbere y’uko bashyingirwa.

Yavuze ko abategura iyi gahunda barebye niba ibisabwa n’idini ndetse n’amategeko byujujwe, banagira ibiganiro bigamije kubategurira ubuzima bw’umuryango.

Bamwe mu bashyingiranywe bashimiye Leta ya Kano ku nkunga yabahaye, bavuga ko iyi gahunda yabafashije gutangira ubuzima bushya bafite icyizere n’icyubahiro.

Muri Nigeria abantu 1,500 bashyingiwe mu bukwe rusange bwabaye umunsi umwe


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...