Nigeria: 13 bakurikiranweho kugaba igitero ku munyamakuru

Hanze - 06/05/2026 1:27 PM
Share:

Umwanditsi:

Nigeria: 13 bakurikiranweho kugaba igitero ku munyamakuru

Polisi ikorera muri Leta ya Rivers muri Nigeria yatangaje ko yakoze umukwabu mu duce tuzwiho ubujura bukabije n’ibyaha by’ubuguzi bwa nabi, hafatwa abantu 13 bakekwaho ibikorwa by’ubugizi bwa nabi, no kugira uruhare mu gitero cyagabwe ku munyamakuru, Allwell Ene.

Ibi byabereye mu gace ka Olu-Obasanjo no mu nkengero zako mu mujyi wa Port Harcourt, aho uwo munyamakuru yari ari gukora iperereza ku bikorwa by’ubugizi bwa nabi bisanzwe bivugwa muri ako gace. Umukwabu wa Polisi wabaye tariki ya 04 Gicurasi 2026.

Umuvugizi wa Polisi muri Rivers, ASP Agabe Blessing Kaborlo, yatangaje ko iki gikorwa cyatangiye nyuma y’uko Polisi imenye amakuru y’aho Ene yari ari ubwo yakubitwaga, akanagirirwa nabi bikomeye.

Yavuze ko Umuyobozi wa Polisi muri iyo leta, CP Olugenga Adewole Adepoju, yahise ahamagara uwo munyamakuru kugira ngo atange ibisobanuro birambuye ku byamubayeho, hanatangira iperereza ryimbitse.

Inkuru dukesha Daily Trust ivuga ko iperereza rya mbere ryagaragaje ko Ene yakubiswe n’abantu bakekwaho kuba ari abagizi ba nabi, mu gihe yari ari gufata amashusho y’ibikorwa byaberaga muri ako gace gasanzwe kazwiho ibyaha byinshi ndetse kakaba karagiye kagabwamo ibitero na Polisi kenshi.

Polisi ivuga ko Umuyobozi wa sitasiyo ya Polisi ya Olu-Obasanjo yahise yohereza abapolisi aho byabereye kugira ngo batabare uwo munyamakuru ndetse bagarure ituze.

Nyuma y’icyo gikorwa, Polisi yatangiye ibikorwa byo gushakisha abakekwaho ibyaha muri ako gace, birangira hafatwa abantu 13 bakekwaho uruhare mu byaha bitandukanye birimo kwiba telephone, gukubita no gukomeretsa, kubangamira umutekano, no guhohotera abaturage.

Polisi yatangaje ko iperereza rigikomeje, kandi ko hari imbaraga ziri gushyirwa mu gushakisha abandi bakekwaho kuba bagize uwo mutwe w’abagizi ba nabi.

Umuyobozi wa Polisi yanagiriye inama abanyamakuru n’abakora iperereza ku giti cyabo kwirinda gukora bonyine mu duce nk’utu dufitetudafite umutekano wizewe, abasaba gukorana bya hafi n’inzego z’umutekano.

Yasabye kandi abaturage gukomeza gutanga amakuru yizewe ku nzego z’umutekano, kugira ngo bafatanye kubungabunga umutekano n’ituze.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...