Nifuzaga kwaguka mu byo nkora - Nyambo kuri filime ye nshya 'Mwene Data' yahurijemo abakinnyi bagezweho –VIDEO

Cinema - 07/03/2026 2:59 PM
Share:

Umwanditsi:

Nifuzaga kwaguka mu byo nkora - Nyambo kuri filime ye nshya 'Mwene Data' yahurijemo abakinnyi bagezweho –VIDEO

Umukinnyi wa filime Niyonkuru Aimée wamamaye nka Nyambo Jesca, yatangaje ko yahisemo gukora filime nshya yise ‘Mwene Data’ mu rwego rwo kwagura ibikorwa bye muri sinema nyarwanda no gukomeza kuzana udushya ku bakunzi b’uyu mwuga.

Mu kiganiro cyihariye yagiranye na InyaRwanda Tv, Nyambo yavuze ko iyi filime yari ayiteganyirije gusohoka mu ntangiriro z’umwaka wa 2025, ariko ko byaje gutinda kubera gushaka kuyitunganya neza mbere y’uko ijya hanze.

Yagize ati: "Nifuzaga gutangira umwaka mbaha filime kuko ari ko kazi nkora. Nari natekereje ko yasohoka muri Mutarama cyangwa Gashyantare, ariko ntibyakunze kuko hari ibyo twabanje kunoza. Numvaga uyu mwaka tugomba kuwutangirana ibintu bishya."

Nyambo yasobanuye ko gutinda gushyira hanze iyi filime byatewe ahanini n’ibikorwa byo kuyinoza, yaba mu myandikire y’inkuru ndetse no mu buryo bwo kuyitunganya kugira ngo igere ku isoko imeze neza.

Ati: "Hari ibintu biba bitaratungana, yaba mu myandikire cyangwa mu bikorwa byo kuyitunganya. Filime abantu babona yasohotse iba yaranyuze mu byiciro byinshi mbere yo kujya hanze."

Uyu mukinnyi wa filime yavuze ko kimwe mu byatumye akora iyi filime ari ugushaka kuzana impinduka mu byo asanzwe akora, ndetse no guha abakunzi ba filime ze ibindi bishya bitandukanye n’ibyo bari basanzwe bamuziho.

Ati: "Nifuza gukomeza guha abakunzi banjye filime nshya. Nifuza gushyiramo utundi dushya, ukagenda uhindura gake gake kugira ngo ukomeze kunezeza abafana."

Ku bijyanye n’abakinnyi yahisemo gukoresha muri iyi filime, Nyambo yavuze ko yashingiye ku bantu babasha guhuza neza n’inkuru yanditse, ari na yo mpamvu yahisemo bamwe mu bafite amazina akomeye muri sinema nyarwanda.

Ati: "Nashingiye ku bakinnyi bashobora guhuza neza n’inkuru twanditse. Ureba uko umukinnyi azwi, n’ubushobozi bwe bwo gukina mu buryo bujyanye n’iyo nkuru. Ikindi nashakaga kwaguka mu byo nkora."

Filime ‘Mwene Data’ ishingiye ku nkuru y’umugore witwa Nyambo Jesca, uba warakuze azi ko ari ikinege nta muvandimwe agira.

Nyuma aza gushaka umugabo ariko ubuzima bw’urugo rwe bukaza guhinduka ubwo umugabo we atangiye kumuca inyuma, bikagera aho aninjiza inshoreke mu rugo rwabo.

Ibi bituma Nyambo abaho ubuzima bugoye, aho aba asa n’uwahindutse umukozi mu rugo rwe kandi ari we wari umugore warwo.

Inkuru ikomeza igaragaza ko Nyambo aza gutungurwa no kumenya ko afite musaza we atari azi, ari na ho haturutse izina rya filime ‘Mwene Data’. Uyu musaza we aba ari umuherwe, ndetse bikaza kugera aho ya nshoreke yatwaye umugabo wa Nyambo isaba akazi mu kigo cye.

Iyi filime yakinnye n’abakinnyi bazwi muri sinema nyarwanda barimo Mukakamanzi Beata uzwi nka Mama Nick, Killaman, Kamanzi Didier n’abandi banyuranye.


Nyambo Jesca yatangaje filime ye nshya yise ‘Mwene Data’, aho yahuje abakinnyi bakomeye muri sinema nyarwanda barimo Killaman na Mama Nick, mu rwego rwo kwagura ibikorwa bye no gukomeza gushimisha abakunzi be


Nyambo yagaragaje ko gutinda gusohora filime ye byatewe no gushaka kunoza inkuru neza no gutegura uburyo izajya hanze ifite ireme, kuko yifuzaga gutangira umwaka abereka ibintu bishya


‘Mwene Data’ ishingiye ku nkuru y’umugore witwa Nyambo, wabaye ikinege atagira umuvandimwe, ubuzima bwe bukaza guhinduka ubwo yamenyaga ko afite musaza we atari azi, ari na ho haturutse izina rya filime nshya

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NA NYAMBO

KANDA HANO UBASHE KUREBA IGICE CYA MBERE CYA FILIME ‘MWENE DATA’ YA NYAMBO


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...