Nicky Dimpoz yagarutse mu muziki ahishura ko ‘Isabukuru Nziza’ yayituye uw'ingenzi mu buzima bwe

Imyidagaduro - 14/05/2026 11:48 AM
Share:

Umwanditsi:

Nicky Dimpoz yagarutse mu muziki ahishura ko ‘Isabukuru Nziza’ yayituye uw'ingenzi mu buzima bwe

Umuhanzi akaba n’umukinnyi wa filime, Ndayizeye Emmanuel wamamaye nka Nicky Dimpoz, yongeye gukora ku mitima y’abakunzi b’umuziki nyuma yo gusohora indirimbo nshya yise ‘Isabukuru Nziza’, avuga ko ari indirimbo ifite ubusobanuro bwihariye mu buzima bwe ndetse ikaba inamugarura mu muziki nyuma y’igihe atawukoramo cyane.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Nicky Dimpoz yavuze ko igitekerezo cyo gukora iyi ndirimbo cyaturutse ku cyifuzo yari afite cyo kwizihiza isabukuru ye y’amavuko mu buryo budasanzwe. Yahishuye ko yayituye uw'ingenzi mu buzima bwe.

Nicky Dimpoz yavuze ko ‘Isabukuru Nziza’ atari indirimbo yo kwizihiza imyaka gusa, ahubwo ari ubutumwa bwo gushimira no guha agaciro abantu bafite uruhare runini mu buzima bwacu.

Ati: “Iyi ndirimbo ubutumwa burimo ni ukwifurizanya isabukuru nziza. Byahuriranye n’uko nanjye ku wa Mbere tariki 11 Gicurasi 2026 nari mfite isabukuru y’amavuko.”

Akomeza agira ati “Ariko si indirimbo y’isabukuru gusa, ni indirimbo yo gushimira umuntu waguhaye ishema, umuntu waguhaye amashami, umuntu wagufashije mu rugendo rw’ubuzima.”

Yakomeje avuga ko amagambo ayigize ashobora kumvikanamo abantu bari mu byiciro bitandukanye by’urukundo n’ubuzima, yaba abakundana, abashakanye cyangwa abana bashimira ababyeyi babo.

Ati: “Ni indirimbo umuntu ashobora kuririmbira uwo akunda, uwo babana, Papa cyangwa Mama, cyangwa umuntu uwo ari we wese wagufashije ukagera aho ugeze. Irimo ubutumwa bwo gushimira no guha icyubahiro umuntu ufite umumaro mu buzima bwawe."

Muri iyi ndirimbo, Producer Iyzo na we yumvikana cyane cyane mu gitero cya kabiri, aho agaragaza amarangamutima y’abakundana ndetse n’abitegura kubaka urugo.

Nicky Dimpoz yavuze ko intego nyamukuru yari afite ari uko iyi ndirimbo izajya ikoreshwa cyane mu bihe byo kwizihiza amasabukuru y’amavuko no mu bihe byo gushimira abantu b’ingenzi mu buzima bwacu.

Ati: “Nayikoreye buri wese kugira ngo izajye yifashishwa cyane cyane ku bantu bizihiza amasabukuru, yaba uyu munsi cyangwa no mu gihe kizaza.”

Uyu muhanzi yavuze kandi ko ‘Isabukuru Nziza’ ari imwe mu ndirimbo afata nk’intambwe ikomeye mu rugendo rwe rwo kongera kugaruka mu muziki nyuma y’igihe yari amaze adashyira hanze ibikorwa bishya.

Ati: “Iyi ndirimbo nayikoze ngamije gushimira abantu, ariko kandi ni no mu murongo wo kugaruka mu muziki cyane ko hari hashize igihe ntasohora indirimbo.”

Nicky Dimpoz azwi cyane mu muziki no muri sinema nyarwanda, aho yagiye agaragara mu bikorwa bitandukanye byakunzwe n’abatari bake. Kugarukana indirimbo nk’iyi yuje amarangamutima bishimangira ko agifite byinshi byo kugeza ku bakunzi be.

 

Nick Dimpoz yongeye kugaruka mu muziki yifashishije indirimbo ‘Isabukuru Nziza’, avuga ko ari imwe mu ndirimbo zidasanzwe mu buzima bwe

 

Iyzo Pro yumvikanye muri ‘Isabukuru Nziza’, indirimbo nshya yakoranye na Nicky Dimpoz igamije kwizihiza no gushimira abantu bafite agaciro mu buzima bwacu

KANDA HANO UBASHE KUMVA INDIRIMBO YA NICK DIMPOZ NA IYZO PRO


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...