Nicki Minaj yasubije Trevor Noah wamusebeje muri Grammy Awards

Imyidagaduro - 03/02/2026 6:41 AM
Share:

Umwanditsi:

Nicki Minaj yasubije Trevor Noah wamusebeje muri Grammy Awards

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi, Nicki Minaj, yagaragaje uburakari n’akababaro nyuma y’uko Trevor Noah, wari umushyushyarugamba wa Grammy Awards 2026, amusebeje mu mvugo yakoresheje mu ijambo yatangije ibirori byabaye ku Cyumweru tariki 1 Gashyantare 2026.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga X (Twitter) ku wa Mbere mu gitondo, Nicki Minaj yavuze amagambo akomeye ashingiye ku myemerere ye, ashimangira ko Imana itazemera ko isererezwa cyangwa ko we bamusebya.

Yagize ati: “Mu byo bari gukora uyu mugoroba, Imana Ishobora byose iziyerekana. Ibyo bitambo byabo bizabagaruka. Imana ntishinyagurirwa. Hahirwa izina rikomeye rya Yesu Kristo. Ururimi rwose ruzamvugaho urubanza ruzatsindwa kandi ruzakozwa isoni.”

Aya magambo ya Nicki Minaj yakurikiye urukurikirane rw’ibyo yanditse asubiza Trevor Noah, nyuma y’uko mu ijambo yatangije Grammy Awards, uyu munyarwenya yamwibasiriye amusebya ku mugaragaro, akanavuga ku kudagaragara kwe muri ibyo birori.

Mu magambo yavuze ari ku rubyiniro rwa Crypto.com Arena, Trevor Noah yakoresheje imvugo isebanya, avuga ko Nicki Minaj atitabiriye Grammy Awards kuko ngo yaba ari muri White House ari kuganira na Donald Trump baganira ku “bibazo bikomeye”.

Yabivuze mu mvugo yo gutebya ariko bwuzuyemo isesereza, ndetse anakina agereranya Trump n’amagambo yamamaye mu ndirimbo za Nicki Minaj, ibintu byafashwe nabi n’abatari bake.

Trevor Noah agira ati: “Mu by’ukuri Nicki, njye mfite ikibuno kinini kurusha abandi. Abantu bose barabivuga. Nzi ko na we babikubwira, ariko ni njye. Reba neza: WAP, WAP, WAP.” -Aya magambo yafashwe nko gutesha agaciro Nicki Minaj.

Ibi byose byaje bikurikira kunengwa kwa Nicki Minaj kwakomeje kwiyongera nyuma y’uko agaragaye mu muryango wa Turning Point USA mu birori bya AmericaFest mu Ukuboza umwaka ushize, aho yagaragaje ko ashyigikiye Donald Trump.

Muri ibyo birori, Minaj yabwiye Erika Kirk, Umuyobozi Mukuru wa Turning Point USA akaba n’umupfakazi wa Charlie Kirk, ko afitiye Trump icyubahiro gikomeye, agira ati: “Mfitiye Perezida wacu icyubahiro n’ishimwe rikomeye. Sinzi niba abizi, ariko yahaye abantu benshi icyizere.”

Nubwo Trevor Noah yari mu nshingano ze za nyuma zo kuyobora Grammy Awards ku nshuro ya gatandatu yikurikiranya, ntibyabujije ko amagambo ye atera impaka, cyane cyane mu bihe Amerika ikomeje kunyuramo by’umwuka wa politiki ukomeye muri iki gihe.

Ibi birori bya Grammy Awards ya 68 byaranzwe no kuvugwamo kenshi ku bibazo bya politiki, haba mu magambo y’abatsindiye ibihembo ku rubyiniro, cyangwa mu byo bavugiye mu itangazamakuru nyuma y’ibirori.

Kwamamaza Nicki Minaj byakomeje gutuma izina rye rigarukwaho cyane, aho bamwe bamushyigikiye bavuga ko Trevor Noah yarenze umurongo wo gutebya, mu gihe abandi bagaragaje ko amagambo ye yari agamije gusetsa gusa.

Icyakora, Nicki Minaj we agaragaza ko ibyo yabonye atari urwenya, ahubwo ari igitutsi n’isesereza adashobora kwihanganira.

Nicki Minaj yasubije Trevor Noah nyuma y’isesereza yakoresheje muri Grammy Awards, ashimangira ko imyemerere ye itamwemerera guceceka ku byo abona nk’igitutsi

Imvugo ya Trevor Noah mu ijambo yatangije Grammy Awards yakuruye impaka, bamwe bayifata nk’urwenya, abandi bakayibona nk’isesereza

Trevor Noah yifashishije urwenya rushingiye kuri politiki mu gutangiza Grammy Awards, amagambo ye akomeza kuvugisha benshi


Nyuma y’amagambo ya Trevor Noah ku rubyiniro rwa Grammys, impaka ku mbibi z’urwenya mu myidagaduro zakomeje gufata indi ntera


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...