Ibi
yabigarutseho nyuma yo gutaramira ibihumbi by'abakunzi b'umuziki bitabiriye
igitaramo cya MTN Iwacu Muzika Festival 2026 cyabereye kuri Sitade ya Muhanga,
ku wa Gatandatu tariki 4 Nyakanga 2026.
Ni
kimwe mu bitaramo biri kuzenguruka Intara zitandukanye z'u Rwanda, bitegurwa na
East African Promoters (EAP) ku bufatanye na MTN Rwanda, bikaba biri kuba ku
nshuro ya karindwi kuva byatangira ku wa 20 Kamena 2026.
Muri
iki gitaramo, Knowless yasangiye urubyiniro n'abahanzi barimo Kivumbi King,
Amalon, Ross Kana, Marina, Davis D, Kenny Sol na Chriss Eazy, buri umwe ahabwa
umwanya wo gususurutsa abakunzi b'umuziki bari bakubise buzuye Sitade ya
Muhanga.
Kimwe
mu byaranze iri rushanwa muri uyu mwaka ni uko abahanzi bose begukanye
irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star bongewe ku rutonde rw'abatarama, mu
rwego rwo kongera guha abakunzi babo amahirwe yo kongera kubabona ku rubyiniro.
Knowless
yasesekaye ku rubyiniro yambaye imyambaro y'umukara ibengerana yari
yongeranyijeho agapira k'umweru imbere, ahita atangirana imbaraga n'indirimbo
ye yakunzwe cyane ya "Sweet Mutima", ibintu byatumye abafana bahita
binjira mu byishimo.
Abitabiriye
iki gitaramo bamwakiranye urugwiro rudasanzwe. Bamwe bari bitwaje ibyapa biriho
amafoto ye, abandi bazamura telefoni zabo bafata amashusho, mu gihe benshi
bamuririmbanaga ijambo ku rindi mu ndirimbo ze zakunzwe mu bihe bitandukanye.
Mu
bari bitabiriye iki gitaramo kandi harimo n'umugabo we, Ishimwe Clement,
washinze inzu ifasha uyu muhanzikazi mu bikorwa bye bya muzika, KINA Music.
Nyuma
yo kuva ku rubyiniro, mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Knowless yavuze ko
yishimiye uko yakiriwe n'abatuye i Muhanga, ashimangira ko buri gihe ahagera
yumva agarutse iwabo bitewe n'uruhare bagize mu mateka ye.
Yagize
ati: "Uko nari nabiteguye ni ko bigenze. Muhanga rwose byagenze neza.
Byari sawa cyane namwe mwabibonye, nateraga bakanyikiriza, twabyinnye,
twasimbutse, turaririmba. Mu by'ukuri byagenze cyane."
Yakomeje
agaragaza impamvu Muhanga ari ahantu adashobora kwibagirwa mu rugendo rwe rwa
muzika, ati: "Aka karere ni ko kampesheje Primus Guma Guma Super
Stars."
Aya
magambo agaragaza uburyo agifite mu mutima ubufasha yahawe n'abakunzi be bo
muri aka karere mu gihe yiyamamazaga muri PGGSS 5, irushanwa ryari rishingiye
cyane ku majwi y'abafana, aho yaje gutsinda akegukana igikombe cy'iryo rushanwa
cyamushyize ku rwego rwo hejuru muri muzika nyarwanda.
Mu
gihe cy'igitaramo, Knowless yanongeye gushimangira ubucuti bwe n'umuraperi
Fireman, ubwo yamutumiraga ku rubyiniro bakaririmbana indirimbo yabo yakunzwe
"Bafana Bafana".
Asobanura
impamvu yahisemo kumuzana, yavuze ko Fireman ari umwe mu bantu baha agaciro
gakomeye mu rugendo rwe.
Yagize
ati: "Ni inshuti yanjye, kandi ndamwemera cyane."
Uku
guhurira ku rubyiniro kwashimishije abafana benshi, cyane cyane abari bamaze
imyaka bifuza kongera kubona aba bahanzi bahurira ku ndirimbo yabaye
ikimenyabose mu muziki nyarwanda.
Igitaramo
cya Muhanga cyongeye kwerekana ko Butera Knowless akiri umwe mu bahanzi bafite
igikundiro gikomeye mu gihugu, aho indirimbo ze ziririmbwa n'ab'ingeri zose,
ndetse n'aho anyuze akakiranwa urugwiro.
Ku ruhande rwe, we ashimangira ko ibyo agezeho bitashobokaga iyo adahabwa urukundo n'abakunzi be, by'umwihariko abo mu Karere ka Muhanga avuga ko bamuhaye icyizere cyamugejeje ku ntsinzi ya Primus Guma Guma Super Star ya Gatanu, ikomeje kuba kimwe mu bihembo bikomeye byaranze amateka ye muri muzika.

Butera
Knowless yataramiye i Muhanga afite amashimwe ku mutima nyuma y’igihe kinini
atahataramira

Butera Knowless yaririmbye ashima ab’i Muhanga bamuhesheje amahirwe yo kwegukana Primus Guma Guma Super Stars








KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA BUTERA KNOWLESS
KANDA HANO UREBE UKO BUTERA KNOWLESS YITWAYE KU RUBYINIRO I MUHANGA
