Ni we wenyine undusha mu muziki – Burna Boy kuri Fela Kuti nyuma y’impaka muri Nigeria

Imyidagaduro - 26/01/2026 7:28 AM
Share:

Umwanditsi:

Ni we wenyine undusha mu muziki – Burna Boy kuri Fela Kuti nyuma y’impaka muri Nigeria

Mu gihe impaka zikomeje gufata indi ntera ku mbuga nkoranyambaga muri Nigeria no hirya no hino ku Isi, ku bijyanye n’uwakwitirirwa umurage wa Fela Anikulapo Kuti, umuhanzi ukomeye wa Afrobeat yo muri iki gihe, Burna Boy, yatanze igitekerezo cyasamiwe hejuru na benshi, agaragaza ko Fela ari we wenyine yemera ko amurusha mu muziki.

Ibi Burna Boy yabitangaje mu mashusho yasangijwe ku rubuga rwa Instagram na Tunde Ednut, aho yagize ati “Fela ni umwami. Ni we muhanzi wenyine urusha njye.”

Aya magambo yaje mu gihe hakomeje ubushyamirane hagati ya Wizkid n’umuhungu wa nyuma wa Fela Kuti, Seun Kuti, bwakomotse ku kugereranya Wizkid na Fela Kuti n’abafana be.

Nk’uko byatangajwe n’itangazamakuru ryo muri Nigeria, ku wa Kabiri ushize, impaka zatangiye ubwo abafana ba Wizkid batangiraga kumugereranya na Fela Kuti, bavuga ko yaba ageze ku rwego rwo guhindura amateka ya Afrobeat nk’uko Fela yabikoze.

Ibi byarakaje Seun Kuti, utarigeze ahisha ko adashobora kwemera ko hari undi muhanzi ugereranywa na se mu buryo bworoshye. Yagaragaje ko kubona Wizkid agereranywa na Fela Kuti ari ukugabanya no gusuzugura umurage w’uyu mugabo wagize uruhare runini mu guhindura isura y’umuziki wa Afurika.

Ibyo byakurikiwe n’amagambo akakaye hagati ya Wizkid na Seun Kuti, ibintu byahise bigabanya Abanya-Nigeria n’abakunzi b’umuziki mo ibice bibiri. Hari abashinje Wizkid kudaha icyubahiro gikwiye Fela Kuti, n’abandi bashinje Seun Kuti kuba yararenze imbibi mu myitwarire ye.

Mu gihe impaka zari zikomeje, amagambo ya Burna Boy yabaye nk’ashyize umurongo, agaragaza ko n’ubwo Afrobeat yo muri iki gihe igeze kure ku rwego mpuzamahanga, inkomoko yayo itagomba kwirengagizwa.

Burna Boy, w’imyaka myinshi agaragaza ko yitandukanya n’abandi bahanzi b’iki gihe, akunze kwivuga nka “African Giant”, yagaragaje ko n’ubwo yiyumva nk’umwe mu bahanzi bakomeye Isi ifite uyu munsi, Fela Kuti akiri ku rwego rudasanzwe.

Fela Anikulapo Kuti, wavukiye muri Nigeria mu 1938, ni we washinze injyana ya Afrobeat, ayihuza n’imbyino gakondo za Afurika, jazz, funk n’indirimbo zifite ubutumwa bukakaye.

Fela ntiyari umuhanzi gusa, yari umunyapolitiki, wazanye impinduramatwara. Indirimbo ze zakunze kunenga ubutegetsi bubi, ruswa, igitugu n’akarengane kakorerwaga Abanyafurika, bituma afungwa inshuro nyinshi, agahohoterwa ndetse akagirirwa nabi n’ubutegetsi bwa Nigeria bwo muri icyo gihe.

Yashinze Kalakuta Republic, aho yifataga nk’igihugu cyigenga, anashyiraho itsinda ry’umuziki ryamamaye cyane rya Africa ’70 ndetse na ‘Egypt ’80.

Indirimbo nka Zombie, Water No Get Enemy, Sorrow, Tears and Blood na Coffin for Head of State zakomeje kuba ibimenyetso by’umuziki wifashishwa nk’intwaro yo guharanira ukuri.

N’ubwo Fela yitabye Imana mu 1997, umurage we urahari. Abahanzi nka Burna Boy, Wizkid, Davido, Seun Kuti, n’abandi benshi, bemera ko ibikorwa byabo byubakiye ku musingi yashyizweho na Fela.

Seun Kuti ubwe yakomeje umurage wa se, ayobora itsinda Egypt ’80, agaharanira ko Afrobeat idatakaza umwimerere wayo n’ubutumwa bwayo.

Amagambo ya Burna Boy agaragaza ko n’ubwo habaho impaka z’urubyiruko n’abafana ku bijyanye n’uwaba ari “umwami wa Afrobeat” muri iki gihe, Fela Kuti akiri ku mwanya udashidikanywaho mu mateka.

Izi mpaka zikomeje kugaragaza ukuntu Afrobeat atari injyana y’umuziki gusa, ahubwo ari umurage, amateka n’ikirango cya Afurika, kigomba guhabwa icyubahiro uko bikwiye.


Fela ni umwami -Burna Boy agaragaje icyubahiro afitiye washinze Afrobeat, mu gihe impaka ku murage wa Fela zikomeje gukaza umurego


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...