Ni we wanyinjije mu kibuga - Fejos D yavuze uko Kevin Kade yamufashije gutangira umuziki (VIDEO)

Imyidagaduro - 21/08/2026 11:50 AM
Share:

Umwanditsi:

Ni we wanyinjije mu kibuga - Fejos D yavuze uko Kevin Kade yamufashije gutangira umuziki (VIDEO)

Umuhanzi Nyarwanda Fejos D yatangaje ko urugendo rwe rw’umuziki rwatangijwe na Kevin Kade, wamubonyeho impano yo kuririmba akamujyana muri studio bwa mbere, ndetse bagakorana indirimbo ‘Toto’.

Hari abahanzi binjira mu muziki babyiteguye kuva kera, bakabigira inzozi zabo kuva bakiri bato. Hari n’abandi babigeramo bitunguranye, impano yabo ikabonwa n’undi muntu mbere y’uko bo ubwabo bemera ko bashobora kuba abahanzi.

Kuri Fejos D, urugendo rw’umuziki rwe ruri muri uru rwego rwa kabiri. Uyu muhanzi umaze imyaka igera kuri itatu akora umuziki, avuga ko atigeze ateganya ko umunsi umwe azaba umuhanzi wabigize umwuga. Icyakora, ubuzima bwamuhuje na Kevin Kade, amubonamo impano maze amufasha gutera intambwe ya mbere.

Fejos D asanzwe atuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ariko kuri ubu ari mu Rwanda aho ari gukomeza ibikorwa bye bya muzika. Mu myaka itatu amaze muri uru ruganda, amaze gukorana n’abahanzi batandukanye barimo Davis D na Kevin Kade.

Kuri ubu ari mu bikorwa byo kumenyekanisha indirimbo ye nshya yise ‘Habibi’, ariko avuga ko iyo ataza guhura na Kevin Kade, bishoboka ko atari kuba ari muri uru rugendo rw’umuziki.

Fejos D avuga ko yari asanzwe aziranye na Kevin Kade, ariko ko atari azi ko uyu muhanzi azagira uruhare rukomeye mu rugendo rwe rwa muzika.

Mu mwaka wa 2022, Kevin Kade yamusuye ari kumwe na mukuru we. Yamwumvise aririmba, ahita amubwira ko afite impano kandi ko akwiriye kuyikoresha. Icyo kiganiro cyabaye intandaro yo kujya muri studio bwa mbere.

Fejos D yabwiye InyaRwanda ati: “Kevin Kade twari tuziranye cyera. Ariko ni we muntu wa mbere wanjyanye muri studio. Ni we wamfashe ukuboko arambwira ati tugende. Icyo gihe yanjyanye kwa Producer Kozzy, hari nko muri 2022. Icyo gihe ntabwo nari umuhanzi, ariko twaje gutaha indirimbo itararangira.”

Nubwo iyo ndirimbo itahise irangira, Fejos D avuga ko icyo gikorwa cyamuhaye icyizere ndetse kigira uruhare mu gufata icyemezo cyo gutangira gufata umuziki nk’umwuga.

Kubera ko yari afite gahunda yo gusubira muri Amerika, yagiye iyo ndirimbo itararangira. Nyuma yaje kugaruka ku mushinga, barayuzuza ndetse iba imwe mu ndirimbo z’ingenzi mu ntangiriro z’urugendo rwe.

‘Kwaje’ yabanje, ‘Toto’ ikurikira

Nyuma yo kubona ko ashobora gukomeza gukora umuziki, Fejos D yafashe icyemezo cyo gushyira hanze indirimbo ye ya mbere yise ‘Kwaje’.

Nyuma yaho, yashyize hanze indirimbo yakoranye na Kevin Kade ayita ‘Toto’, ikaba ari yo ndirimbo yaje guha agaciro kurushaho inkuru y’uko Kevin Kade yagize uruhare mu kumwinjiza muri studio.

Fejos D asobanura ko atari Kevin Kade wamufashije gukora indirimbo gusa, ahubwo ko yamufashije no kubona ko impano yari afite ishobora guhinduka umwuga.

Ati: “Kevin Kade yaje mu rugo aje kundeba ndi kumwe na mukuru wanjye. Anyumvise arambwira ati: ‘Uzi kuririmba, kandi iyi mpano yikoreshe tujye muri studio.’ Twagiye kwa Producer Kozzy turakorana. Nyuma indirimbo yarasohotse kandi ari nziza.”

Impano yabonwe n’undi mbere yo kuyizera

Inkuru ya Fejos D igaragaza uburyo rimwe na rimwe impano ishobora kuba iri mu muntu, ariko we ubwe akaba atarayibonamo agaciro ihabwa n’undi muntu.

Kuri we, Kevin Kade yabaye umuntu wa mbere wamweretse ko ibyo yakoraga bishobora kuba umwuga, aho kuba ibintu byo kwishimisha gusa.

Ni nayo mpamvu uyu muhanzi avuga ko agifite ishimwe rikomeye kuri Kevin Kade, kuko yamufashije gutera intambwe ya mbere mu rugendo amaze imyaka itatu akurikirana.

Muri iyi myaka, Fejos D yakomeje kwagura ibikorwa bye, akorana n’abahanzi batandukanye ndetse anashyira hanze imishinga mishya.

Ubu ari mu Rwanda mu rwego rwo gukomeza ibikorwa bye bya muzika, aho ari no kumenyekanisha ‘Habibi’, mu gihe akomeza kubaka izina rye mu muziki nyarwanda.

Inkuru ye kandi ishimangira ko mu rugendo rw’umuhanzi, rimwe na rimwe intambwe ya mbere ishobora guterwa n’umuntu umwe ukubwira ko afite impano, akamufasha kuyizera no kuyishyira mu bikorwa. Kuri Fejos D, uwo muntu ni Kevin Kade.

Fejos D yatangaje ko imyaka itatu ishize ari mu muziki, kandi yiyemeje kuwukora nk’umwuga

 

Fejos D yavuze ko Kevin Kade ariwe wabaye intandaro yo kwinjira mu muziki kwe

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA FEJOS D


KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO 'HABIBI' YA FEJOS D


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...