Iyi
ndirimbo si ubucuruzi bwabanje kuganirwaho, si amasezerano akomeye yabanje
gusinywa, ahubwo ni igisubizo cy’ubushuti bwari bumaze igihe bwubakwa ariko
butarigeze butanga umusaruro mu muziki.
Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Yago Pon Dat yasobanuye ko igitekerezo cyo
gukorana na Pallaso kitavuye kuri we, ahubwo ko ari Pallaso wamuhamagaye
amusaba ko bakorana indirimbo, kuko byari bitangaje kubona bamaze igihe baziranye
ariko nta mushinga w’umuziki bafitanye.
Yagize
ati: “Pallaso nta kintu yigeze ansaba. Ni we wampamagaye ndi mu rugo arambwira
ati ‘Yago, ngwino tujye muri studio, uziko tutarakorana indirimbo njye nawe?’
Tugeze muri studio twahise dukora ‘Yo Love’. Nta kiguzi cyabayeho, yakunze
impano yanjye kandi asanzwe ayizi.”
Aya
magambo agaragaza ko ‘Yo Love’ ari indirimbo yavukiye ku cyizere no ku
bwubahane hagati y’abahanzi babiri, aho Pallaso yashimangiye ko asanzwe yemera
impano ya Yago.
Yago
Pon Dat yemeza ko ‘Yo Love’ ari yo ndirimbo ya mbere kuri Album ye ya Gatatu,
album avuga ko izaba itandukanye n’izindi yakoze mbere, haba mu buryo
bw’imikoranire no mu rwego mpuzamahanga.
Avuga
ko iyi Album izaba iriho indirimbo nyinshi cyane, by’umwihariko izo yakoranye
n’abahanzi bo mu bindi bihugu, mu rwego rwo kwagura umuziki we no kuwugeza ku
isoko rinini.
Avuga
ati “Iyi ni yo ndirimbo ya mbere kuri Album yanjye ya Gatatu. Album izaba iriho
indirimbo nyinshi nakoranyeho n’abahanzi benshi b’abanyamahanga.”
Ibi
byerekana ko Yago ari gutekereza umuziki we mu buryo bwagutse, aho atagishaka
kuguma ku isoko ryo mu gihugu gusa, ahubwo akareba n’akarere ndetse n’ahandi.
Mu
muziki wa Afurika y’Iburasirazuba, imikoranire y’abahanzi ishingiye ku
masezerano y’amafaranga si yo yonyine itanga umusaruro. Hari ubwo ubucuti
n’icyizere bihagije ngo havuke igihangano gikundwa.
‘Yo
Love’ ni urugero rw’uko abahanzi babiri bashobora guhura mu buryo bworoshye,
bakinjira muri ‘studio’, bagahuriza hamwe impano zabo, maze bagasohokana indirimbo
itegerejweho byinshi.
Ku
ruhande rwa Yago, gukorana na Pallaso si intambwe isanzwe. Ni icyemezo
cyerekana ko ari mu cyiciro cyo kwagura umuziki we no kwiyegereza amazina azwi
mu karere, mu gihe ategura Album ashaka ko izaba ikomeye kurusha izo yakoze
mbere.
N’ubwo
Album ya Gatatu ya Yago Pon Dat itarashyirwa hanze, ariko ‘Yo Love’ yamaze gutanga
ishusho y’icyerekezo cyayo, imikoranire mpuzamahanga, indirimbo nyinshi,
n’umuhanzi uri kwiyubaka ku rwego rwagutse. Yago yaherukaga gushyira hanze
Album ya Kabiri yise ‘Yago Life II’ ndetse na ‘Suwejo’.
Pius
Mayanja, uzwi ku izina rya Pallaso, ni umwe mu bahanzi bakomeye muri Uganda no
mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, wubatse izina rikomeye mu njyana zirimo
Dancehall, Afrobeat na Afropop.
Pallaso
akomoka mu muryango wa Mayanja wubatse izina mu muziki wa Uganda, aho avukana
n’abahanzi bazwi nka Jose Chameleone na Weasel (wari ugize itsinda rya Radio
& Weasel). Gukomoka muri uyu muryango byamufashije gukura afite icyerekezo
cy’umuziki, ariko na none bimushyiraho igitutu cyo kwigaragaza ku giti cye.
Mu
ntangiriro z’urugendo rwe, Pallaso yagiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho
yamaze igihe akora umuziki aniga uko isoko mpuzamahanga rikora. Icyo gihe
cyamufashije kunoza umwimerere we no guhuza injyana z’iwabo n’iz’amahanga.
Agarutse
muri Uganda, Pallaso yahise atangira gushyira hanze indirimbo zamuhesheje
kwamamara cyane. Mu ndirimbo zamwubakiye izina harimo nka “Amaaso”, “Go Down
Low”, “Malamu”, “Twatoba” n’izindi zakunzwe cyane mu tubyiniro no ku maradiyo.
Yihariye
umwimerere uhuza Dancehall n’umuziki wa Afurika, akoresha indimi zirimo
Luganda, Icyongereza n’andi magambo y’akarere, bituma indirimbo ze zirenga
imbibi za Uganda.
Pallaso
yakoranye n’abahanzi batandukanye bo muri Uganda no hanze yayo, harimo abo mu
Rwanda, Kenya na Tanzania. Iyi mikoranire yamufashije kwagura isoko no gukomeza
kwiyubaka nk’umuhanzi utekereza ku karere kose.
Mu
rugendo rwe, yagiye anahabwa ibihembo bitandukanye by’umuziki muri Uganda,
ndetse aba umwe mu bahanzi bahoraho ku rutonde rw’abakunzwe cyane mu gihugu
cye.
Nubwo
yagiye agira ibihe byiza, Pallaso ntiyaburaga ibigeragezo birimo kutumvikana
n’abandi bahanzi, ibibazo by’ubuzima bwite n’iby’imyitwarire byagiye bivugwa mu
itangazamakuru. Gusa buri gihe yagiye agaruka mu muziki akomeza gusohora
ibihangano bishya, agaragaza ko atava ku murongo we.
Uyu munsi, Pallaso abarwa mu bahanzi bafite izina rikomeye muri Uganda no mu karere. Afite igikundiro ku rubyiruko, akunze gutaramira ibihumbi by’abantu, kandi akomeje gushyira hanze indirimbo nshya no gukorana n’abandi bahanzi bo mu bihugu bitandukanye.
Urugendo
rwe rugaragaza ishusho y’umuhanzi wakuze mu muryango w’umuziki, ariko agahitamo
kwishakamo umwihariko, akawuhindura intwaro imugeza ku rwego mpuzamahanga.

Yago Pon Dat yavuze ko Pallaso ari we wamuhamagaye amusaba ko bakorana ‘Yo Love’, ashimangira ko nta kiguzi cyigeze kibaho ahubwo byaturutse ku bushuti n’icyizere bafitanye

Yago
Pon Dat yatangaje ko ‘Yo Love’ ari yo ndirimbo ya mbere kuri Album ye ya
Gatatu, ashimangira ko iyi album izaba igizwe ahanini n’imikoranire
mpuzamahanga, aho azahuza imbaraga n’abahanzi benshi bo mu bindi bihugu
KANDA HANO UBASHE KUMVA INDIRIMBO ‘YO LOVE’ YA YAGO PON DAT NA PALLASO
