Umunyamabanga wa Leta muri
Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Amb. Jean de Dieu Uwihanganye, ni umwe muri abo,
nyuma yo gutangaza ko umuraperi akunda kurusha abandi ari Bull Dogg.
Ni amagambo yavuze mu buryo
bwatumye benshi bayafata nk’atangaje, cyane cyane kubera uburyo yahamije ko
Bull Dogg ari “we muraperi azi ku Isi”.
Ibi yabigarutseho mu ijoro ryo kuri
uyu wa Kane tariki ya 7 Gicurasi 2026, mu kiganiro cya ‘Meet Me Tonight’, aho yari
yaganiriye n’urubyiruko ku ngingo zitandukanye zirimo gahunda Guverinoma y’u
Rwanda iri gushyiramo imbaraga mu guteza imbere uburyo bwo gutwara abantu mu
buryo bwa rusange, by’umwihariko gahunda ya ‘Bus Lanes’ cyangwa imihanda
yihariye inyuramo imodoka zitwara abantu benshi mu Mujyi wa Kigali.
Muri icyo kiganiro, Amb.
Uwihanganye ntiyagarukiye gusa ku nshingano ze za Leta, ahubwo yanagarutse ku
rugendo rwe rwihariye mbere yo kugera mu buyobozi bukuru.
Yavuze ko yabanje gukora umwuga
w’itangazamakuru mu bitangazamakuru bitandukanye birimo Radio Salus na Radio
10, ndetse ko icyo gihe atigeze atekereza ko umunsi umwe azaba Ambasaderi
cyangwa umuyobozi muri Guverinoma.
Mu buryo bworoheje ariko bwuzuyemo
amarangamutima, yabwiye InyaRwanda, ko gukurikirana cyane injyana ya Hip Hop
ari byo byatumye akunda cyane Bull Dogg kugeza ubwo amufata nk’umuraperi
wihariye mu buzima bwe.
Mu kiganiro yagiranye na
InyaRwanda, Amb. Uwihanganye yasobanuye ko uburyo Bull Dogg yubaka ubutumwa mu
ndirimbo ze ari bwo bwamunyuze cyane kurusha ibindi.
Ati: “Kuva ko ari we muraperi nzi
ku Isi ni uburyo bwanjye bwo kugaragaza uburyo mukunda cyane. Ariko muri
rusange nkunda Rap, nkunda umuziki cyane cyane umuziki w’u Rwanda. Abaraperi
benshi bo mu Rwanda ndabazi, kuva kuri Bull Dogg, Riderman, abari muri Tuff
Gang ndetse n’aba bashya nka Bushali.”
Aya magambo agaragaza ko n’ubwo
Bull Dogg ari we afata nk’umwihariko, anafite ubumenyi ku rugendo rwa Hip Hop
nyarwanda kuva ku bamaze igihe kugeza ku gisekuru gishya kiri kuzamuka muri iyi
minsi.
Amb. Uwihanganye yavuze ko uburyo
Bull Dogg akoresha amagambo mu bihangano bye ari kimwe mu bimutandukanya
n’abandi.
Yagarutse cyane ku ndirimbo ‘Pay
Attention’, avuga ko ari imwe mu ndirimbo zifite ubutumwa buremereye bushobora
gufasha urubyiruko ndetse n’abakuru.
Yakomeje agira ati: “Indirimbo ze,
ukuntu akurikiranya amagambo, wumva ako afite ubutumwa. Sinzi niba abantu bajya
bumva, hari nk’indirimbo afite yitwa ‘Pay Attention’, uretse numva ngo uri
urubyiruko urabyumva ariko n’umukuru yabyumva. No muri ubu buzima dukora
ukurikiye ibintu avuga muri buri gitero, uburere bishobora kugufasha mu
buzima.”
Uyu muyobozi yavuze ko Bull Dogg
atari umuhanzi ushingira gusa ku gususurutsa abantu, ahubwo ko ari umwe mu
bahanzi bake bashobora gukoresha umuziki nk’inzira yo gutanga inyigisho
n’ubutumwa bufite aho bwerekeza.
Yagaragaje kandi ko imyitwarire ya
Bull Dogg iri mu bituma amuha agaciro gakomeye. Mu gihe bamwe mu bahanzi bajya
bagarukwaho kubera imyitwarire cyangwa imvugo zitandukanye, yavuze ko Bull Dogg
ari umwe mu bakomeje kwitwara neza no kugumana umurongo w’ubuhanzi bwubakiye ku
butumwa.
Bull Dogg, amazina ye nyakuri akaba
Ndayishimiye Mark Bertrand, amaze imyaka myinshi ari umwe mu nkingi za mwamba
za Hip Hop nyarwanda.
Yabaye mu itsinda rya Tuff Gang
ryanditse amateka akomeye muri muzika y’u Rwanda, ndetse aza no gukomeza
urugendo rwe nk’umuhanzi ku giti cye.
Mu gihe Hip Hop nyarwanda ikomeje guhindura isura no kwakira amaraso mashya, amagambo ya Amb. Uwihanganye yongeye kugaragaza uburyo Bull Dogg agifite umwanya ukomeye mu mitima y’abakunzi ba muzika, barimo n’abayobozi bakomeye mu gihugu.

Minisitiri Uwihanganye yavuze impamvu Bull Dogg amufata nk’umuraperi udasanzwe mu Rwanda no hanze yarwo

Amb. Uwihanganye yavuze ko indirimbo za Bull Dogg zirimo ubutumwa bukomeye, agaragaza ko ‘Pay Attention’ iri mu zamukoze ku mutima cyane

“Ukuntu akurikiranya amagambo wumva
afite ubutumwa” — Amb. Uwihanganye yashimye inganzo ya Bull Dogg avuga ko
ishobora no gufasha umuntu mu buzima bwa buri munsi





KANDA HANO UBASHE KUMVA INDIRIMBO ‘PAY ATTENTION’ YA BULL DOGG
