Ni we Munyakazi wacu muri Cinema – Clapton ku rugendo rwa Papa Sava wizihiza imyaka 30 mu buhanzi -VIDEO

Imyidagaduro - 31/01/2026 7:10 AM
Share:

Umwanditsi:

Ni we Munyakazi wacu muri Cinema – Clapton ku rugendo rwa Papa Sava wizihiza imyaka 30 mu buhanzi -VIDEO

Mu ijoro ryari ryuje ishema, ibyishimo n’amarangamutima ku wa Gatanu tariki 30 Mutarama 2026, ab’ingeri zitandukanye mu ruganda rwa Cinema n’umuco nyarwanda bateraniye hamwe mu birori byo kwizihiza imyaka 30 ishize Niyitegeka Gratien, wamamaye nka Papa Sava, atangiye urugendo rwe mu buhanzi.

Mu mvugo yagarutsweho cyane, harimo iy’umukinnyi wa filime Mugisha Emmanuel uzwi nka Clapton Kibonge, wavuze amagambo yafashwe nk’indorerwamo y’uko Papa Sava afatwa muri Cinema y’u Rwanda muri iki gihe.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Clapton yatangaje ko ashingiye ku bikorwa, ku kwihangana no ku rugendo rurerure Papa Sava anyuzemo, akwiye kwitwa ‘Munyakazi’ wa Cinema nyarwanda.

“Navuga nti ni we Munyakazi wacu muri Cinema,” -Clapton yabivuze mu ijwi ririmo icyubahiro n’ishimwe.

Yasobanuye ko Papa Sava ari umwe mu bantu bake bagize umutima wo kudacika intege, bagakomeza gukora n’igihe imirimo ya Cinema yari igikura, itaramenyekana kandi itarashyigikirwa nk’uko biri uyu munsi.

Clapton yavuze ko kuba Papa Sava akomeje kugaragara muri Cinema no mu myaka ye y’ubukure, ari isomo rikomeye ku rubyiruko ruri kwinjira muri uyu mwuga.

Yakomeje asobanura ati “Cinema tuba dukenye umukinnyi wa filime ukuze, w’umusaza. Papa Sava ni mukuru wacu. Ibyo ageraho natwe bidutera imbaraga, tukumva ko nta kintu cyatubuza kugera kure,”

Mu magambo yuzuyemo icyizere, Clapton yifurije Papa Sava gukomeza urugendo rwe mu buhanzi, avuga ko imyaka 30 yizihijwe ari intangiriro y’indi myinshi iri imbere.

Ati “Namubwira nti komeza utere imbere. Imyaka 40 tuzayihize, imyaka 50 tuzayizihize, kugeza no ku myaka 100, kuko umwuga dukora si umupira w’amaguru urangira vuba,”

Clapton yanagarutse ku mubano umaze igihe kirekire afitanye na Papa Sava, avuga ko mu myaka bamaze bakorana, bagiranye ubufatanye burenze akazi gusa.

Yasobanuye ati “Twayibanyemo neza. Nagize ibitekerezo mu mishinga ye, na we agira ibitekerezo mu yanjye. Twarabanye mu byiza n’ibibi, byaba byaciyemo cyangwa se byanze. Ariko byose twabinyuzemo neza,”

Yongeraho ko Papa Sava ari umuntu yigiraho cyane mu bijyanye no gukora cyane, kwihangana no kudacika intege n’iyo ibintu bitagenda neza.

Ibirori byo kwizihiza imyaka 30 ya Papa Sava mu buhanzi byasigiye benshi isomo rikomeye: ko impano ihujwe n’umurava, ukwihangana n’urukundo rw’umwuga, ishobora guhinduka inkingi ikomeye yubakira abandi.

Mu gihe Cinema nyarwanda ikomeje gutera intambwe igana ku rwego mpuzamahanga, amazina nka Papa Sava akomeje gufatwa nk’imizi ikomeye y’uru ruganda, abantu bahanze inzira, bagatanga icyizere ko ejo hazaza hari icyerekezo.

Kuri Clapton n’abandi bakinnyi ba filime b’iki gihe, Papa Sava si umuhanzi gusa, ni umunyakazi, ni umuyobozi utavugira ku munwa, ni urugero rw’uko inzozi zishobora kugerwaho igihe umuntu atigeze acika intege.

Mu myaka 30 ya Papa Sava mu buhanzi, Clapton agaragaza ishusho y’umugabo utigeze acika intege, avuga ko ari we ‘Munyakazi’ wa Cinema nyarwanda, indorerwamo n’inkingi itanga icyizere ku bazakomeza uyu mwuga


‘Papa Sava’ yizihije imyaka 30 ishize ari mu buhanzi, anamurika filime ye irangira yitwa ‘What a Day’

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA CLAPTON


VIDEO: Dox Visual -InyaRwanda.com


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...