Ni uwo kwigiraho! Bull Dogg yabwiye abahanzi gufata King James nk'icyitegererezo - VIDEO

Imyidagaduro - 06/08/2026 5:03 AM
Share:

Umwanditsi:

Ni uwo kwigiraho! Bull Dogg yabwiye abahanzi gufata King James nk'icyitegererezo - VIDEO

Umuraperi Ndayishimiye Malik Bertrand wamamaye nka Bull Dogg yagaragaje ko urugendo rwa King James mu muziki rukwiye kubera isomo abahanzi bose, cyane cyane abakizamuka, kuko ari urugero rw’umuhanzi wabashije gukomeza umwihariko we kugeza ku rwego rwo gukora amateka.


Bull Dogg yavuze ko nubwo na we yatunguwe n’umuvuduko amatike y’igitaramo cya mbere cya King James cy’imyaka 20 mu muziki yashizeho, atari ibintu byamubabaje cyangwa ngo bimutangaze cyane bitewe n’uko yari asanzwe azi ubushobozi n’uburyo uyu muhanzi yubakiyeho izina rye.

Yabwiye InyaRwanda ati: “Akantu ko gutungurwamo gacye ntabwo kabura nkurikije uko abantu baba batekereza n’uko uruganda rwacu turuzi. King James ni umuntu wagumanye umwihariko we.”

Yakomeje avuga ko kimwe mu bintu bikomeye byafashije King James kugera kuri uru rwego ari ugukomera ku murongo we no kutiruka inyuma y’impinduka zose zabaye mu muziki.

Ati: “Ku ruhande rwe ntabwo yigeze ahinduka cyane, uruhande rwe yararukomeje cyane. Ahantu wakoreye amateka ntuzahahindurire umuvuno wawe, kuko ni byiza cyane. Nanjye niyo mpamvu nagumye kuri Rap. Ntabwo nakwigereranya n’umuvandimwe, ariko Imana idushoboje bizakunda.”

Bull Dogg yavuze ko kuba King James yarabashije kuzuza BK Arena inshuro ebyiri zikurikiranya ari ikimenyetso cy’urwego rwo hejuru uyu muhanzi agezeho mu rugendo rwe rw’imyaka 20.

King James yakoze igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 amaze mu muziki tariki 1 Kanama 2026, nyuma y’uko amatike yacyo ashize mu gihe gito, bituma hiyongeraho ikindi gitaramo cyabaye ku itariki ya 2 Kanama 2026.

Bull Dogg yavuze ko ibi ari ibintu bidasanzwe mu ruganda rw’umuziki nyarwanda, kandi ko bikwiye kubera abandi bahanzi isomo. Ati: “Ibyo yakoze ni ibintu biri ku rwego rwo hejuru cyane.”

Uyu muraperi yavuze ko amateka King James yanditse atari ayo kwishimirwa gusa, ahubwo ari n’isomo rikomeye ku bahanzi bose bashaka kugira umwuga urambye.

Yagaragaje ko abahanzi bakiri bato ndetse n’abamaze igihe mu muziki bakwiye kureba ku rugendo rwa King James, uburyo yubakiye izina rye, uburyo yakomeje umwimerere we ndetse n’uburyo yakomeje kugirana umubano n’abafana be.

Ati: “Ni umuhanzi nakwifuza ko n’abandi bashya bazaza, cyangwa n’abandi bose bashaka gukora ‘career’ nini bakwigiraho.”

Yakomeje ati: “Nanjye n’ubu nkiri muri iki gihe nkora umuziki, ndacyari umunyeshuri, ngomba kwigira ku bandi benshi. Ariko King James ni umwe mu bo ngomba kwigiraho muri iki gihe, kuko bino bitera ishyari ryiza ku buryo n’undi muhanzi uri mu kigero cye nawe yakwifuza gukora ibintu nk’ibi yakoze.”

Bull Dogg na King James bafitanye amateka maremare mu muziki, aho uyu muraperi avuga ko ubucuti bwabo bwatangiye mu myaka 20 ishize. Ni bamwe mu bahanzi bagize uruhare mu bihe bitandukanye by’umuziki nyarwanda, ndetse banakoranye indirimbo zirenga eshatu.

Mu gitaramo cya kabiri cya King James cyabereye muri BK Arena, Bull Dogg yabaye umwe mu bahanzi basangiye urubyiniro na we, aho baririmbye indirimbo yabo “Ayarya n’ayanjye” yari yitezwe cyane n’abafana.

Kuri Bull Dogg, ibyo King James yakoze ntibishingiye gusa ku kuba yarakoze igitaramo cyiza, ahubwo ni umusaruro w’imyaka myinshi yo kubaka izina, gukomeza indangagaciro ze no gukunda umuziki we.

Ni yo mpamvu asanga King James ari umwe mu bahanzi bakwiye kureberwaho n’undi wese ushaka kugira urugendo rurerure kandi rukomeye mu muziki.


Bull Dogg yatangaje ko King James ari umuhanzi wubatse ibigwi, ku buryo abakiri bato bashaka kwinjira mu muziki n’abandi yababera ikitegererezo

Bull Dogg avuga ko afitanye ubushuti bwihariye na King James ku buryo banakoranye indirimbo zirenga eshatu

KANDA HANO UREBE IKIGANIROTWAGIRANYE NA BULL DOGG


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...