Uyu mucuranzi w’ingoma yari mu itsinda ry’abacuranzi
ryaherekeje King James muri ibi bitaramo byari bigamije kwizihiza imyaka 20
amaze mu muziki.
Ibi bitaramo byombi byabaye mu bihe bidasanzwe ku muziki
nyarwanda, kuko amatike yabyo yashize ku isoko, BK Arena yuzura abakunzi ba
King James bari baje kwifatanya na we mu kwizihiza urugendo rwe rw’imyaka 20.
Mamba, wari ufite inshingano zo gucuranga ingoma, avuga ko
kuba yarabaye umwe mu bacuranzi bagize uruhare mu gutuma ibyo bitaramo bigenda
neza ari ibintu adafatana uburemere busanzwe.
Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Mamba yavuze ko ibyo
yagezeho muri uyu mwaka, by’umwihariko gucurangira King James, biri mu bintu
byamurenze kandi yifuza kuzakomeza kwibuka mu rugendo rwe rw’umuziki.
Ati: “Byose ni ibintu birenze. Ubundi, ibintu byagiye bimbaho
muri uyu mwaka byose ni ibintu birenze. Gucuranga nari nsanzwe ncuranga, kuko
no mu bitaramo bya Summer Country Tour nari ndimo, ariko kiriya gitaramo cya
King James kirarenze.”
Mamba avuga ko icyo gitaramo cyari gifite umwihariko ukomeye
bitewe n’umuhanzi cyari kigenewe, imyiteguro yagishyizwemo ndetse n’urwego
cyabereyeho.
Ati: “Cyari icy’umunyabigwi, igitaramo giteguye neza. Ni cyo
gitaramo nacuranzemo ntuje, ibintu byose mbyibuka. Twakoze imyitozo igihe
kirekire, harimo n’amafaranga menshi.”
Kuri Mamba, BK Arena ntabwo ari ahantu hasanzwe umucuranzi
wese ashobora gufata umwanya wo gukorera imbere y’abantu ibihumbi. Kuba
yarahageze afite ingoma ye, ari kumwe n’umuhanzi nka King James, byamubereye
ishema n’icyizere gikomeye.
Ati: “Navuga ko ari ibintu birenze ntakubeshye. Hariya ni ahantu
buri mucuranzi wese uri mu gihugu yakwifuza kujya. Rero kubona ari njye uri
hariya uri gucuranga ingoma, noneho ukongeraho n’icyizere King James yangiriye,
ni ibintu birenze.”
Uyu mucuranzi kandi agaragaza ko kuba King James yaramugiriye
icyizere cyo kumuhitamo mu itsinda ry’abacuranzi ryamuherekeje muri ibyo
bitaramo, ari kimwe mu bintu byatumye abifata nk’ikintu gifite agaciro
kihariye. Ati: “Ni ibintu by’agaciro na buri mucuranzi wese yakwifuza.”
Mamba avuga ko icyo gihe atazagifata nk’igihe cyashize gusa,
ahubwo ko kizakomeza kuba igice cy’inkuru y’urugendo rwe rw’umuziki. Ku buryo
n’igihe azaba afite abana, azabaganiriza ku munsi se yagiye gucurangira King
James muri BK Arena.
Ati: “Mbifata nk’urwibutso rudasanzwe kuri njye. Nzajya mpora
nibuka, ku buryo nzajya mbibwira abana banjye ko nigeze gucurangira King James
mu bitaramo bye bibiri yakoreye muri BK Arena.”
Yongeraho ati: “Ni ibintu ntashobora kwibagirwa nk’umucuranzi
mu rugendo rwanjye.”
Urugendo
rwa King James rw’imyaka 20 rwahuje ibisekuru
Ibitaramo bya King James byo ku wa 1 n’uwa 2 Kanama 2026
byari bidasanzwe ku rugendo rw’umuhanzi umaze imyaka 20 ari mu muziki.
Kuri benshi mu bakurikirana umuziki nyarwanda, byari umwanya
wo kongera kubona King James ku rubyiniro rwa BK Arena mu gitaramo
cy’umwimerere, aherekejwe n’abacuranzi n’abahanzi batandukanye.
Ku ruhande rw’abacuranzi nka Mamba, byari n’umwanya wo
kugaragaza ubuhanga bwabo imbere y’abantu benshi no kugira uruhare mu mateka y’umuhanzi
umaze igihe kinini afatwa nk’umwe mu bafite izina rikomeye mu muziki nyarwanda.
Kuri Mamba rero, kuba yaragize uruhare muri uwo muziki
w’amateka, ntabwo ari akazi gusa yakoze, ahubwo ni igice cy’urugendo rwe
azahora yibukiraho.
Ni urwibutso ruvuga ku cyizere yagiriwe, imyiteguro yamaze
igihe, urubyiniro rwa BK Arena n’umwanya yahawe wo gucurangira umwe mu bahanzi
bakomeye mu mateka ya muzika nyarwanda.
Kandi nk’uko abyivugira, ni inkuru atazagumana wenyine: ni inkuru yifuza kuzabwira abana be.

Producer Mamba yatangaje ko gucurangira King James ari kimwe mu byiza yagezeho mu buzima bwe

Mamba yavuze ko gukorana na King James byamusigiye urwibutso
azasangiza abana be
