Ni urugendo rw'icyizere no kwiga - Lisaa ku mwaka umwe ari mu muziki- VIDEO

Imyidagaduro - 11/02/2026 8:25 AM
Share:

Umwanditsi:

Ni urugendo rw'icyizere no kwiga - Lisaa ku mwaka umwe ari mu muziki- VIDEO

Umwaka umwe urashize umuhanzikazi Lisaa atangiye urugendo rwe rwa muzika ku mugaragaro. Ni urugendo avuga ko rwabaye urw’amasomo, kwiyubaka no gushaka umwanya ku isoko ry’umuziki nyarwanda, ariko kandi rukaba rwaramusigiye ibyishimo byo kwakirwa n’abakunzi b’umuziki.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Lisaa agaruka ku ntangiriro ze, akavuga ko kwinjira mu muziki atari ibintu byamuguye gitumo. Ni inzozi yakuranye, kandi akiri muto yari azi ko umunsi umwe azahaguruka agashyira hanze ibihangano bye.

Ati: “Kwinjira mu muziki ntabwo byantunguye. Ni ibintu nakundaga kuva nkiri muto, kandi nkiri muto nabitekerezaga nk’inzozi, ariko uko nakuraga niko nabigize icyemezo.”

‘Forever’ – Intambwe ya mbere yamuhaye icyizere

Lisaa yinjiye mu muziki asohora indirimbo ye ya mbere yise ‘Forever’, yakoranye na Producer Prince Kiiiz. Ni indirimbo afata nk’ifatizo ry’urugendo rwe.

Agaruka kuri iyo ndirimbo, agira ati: “Forever nyifata nk’imfura yanjye. Ni umwana wanjye wa mbere. Ni indirimbo yanjye ya mbere. Ntabwo nitegura ko abantu bazahita bayakira. Urabona nibwo nari nje mu muziki, ari nabwo bwa mbere ninjiye muri studio y’umuziki.”

Iyi ndirimbo, nubwo yari iya mbere kandi yakozwe mu gihe yari agishakisha uko ibintu bikorwa, yamuhaye icyizere ko ashoboye. Yamuhaye kandi amahirwe yo kumenyekana ku ruhando rw’umuziki.

Ati: “Ifite ahantu yamvanye n’ahantu yangejeje. Yatumye Abanyarwanda banyizera. Izajya impora ku mutima, mbese ni nk’umwana wanjye wa mbere.”

Umwaka w’amasomo n’igerageza

Mu mwaka umwe amaze mu muziki, Lisaa avuga ko byinshi yabyize, kuva ku mikorere ya studio, uko indirimbo itegurwa, uko yamamazwa, kugeza ku kumenya uko yitwara nk’umuhanzi uri kubaka izina.

Yemeza ko atari urugendo rworoshye, cyane cyane ku muhanzi mushya ushaka kwinjira ku isoko risanzwe ririmo amazina akomeye. Ariko kandi, kuba yarakiriwe neza n’Abanyarwanda byamwongereye imbaraga.

Asobanura ati “Byabaye urugendo rwo kwiga no kugerageza. Kwinjira ku isoko ry’umuziki si ibintu byoroshye, ariko nishimira uko abantu banyakiriye. Byarandenze uko nabitekerezaga,”

‘IG Posts’ n’izindi ntambwe

Kugeza ubu, Lisaa amaze gushyira hanze indirimbo eshanu. Iheruka ni iyo yise ‘IG Posts’, igaragaza indi ntera mu mikorere ye n’uburyo agenda arushaho kwiyubaka nk’umuhanzi ushaka gufata umwanya uhamye mu muziki nyarwanda.

Uyu muhanzikazi agaragaza ko atarebera inyuma, ahubwo ko umwaka umwe wabaye intangiriro y’urugendo rurerure. Avuga ko intego ari ugukomeza gukora cyane, gutanga umuziki ufite ireme no gukomeza kugirirwa icyizere n’abakunzi be.

Ku bwe, umwaka wa mbere ntiwari uwo kureba ibyagezweho gusa, ahubwo wari uwo kwiga no kwiyubaka.

Ati: “Uyu mwaka wabaye uw’amasomo. Numva ngifite byinshi byo gukora no kwerekana. Icy’ingenzi ni uko natangiye, kandi nzi aho nshaka kugera.”

Mu gihe ari gukomeza urugendo rwe, Lisaa ashimangira ko azakomeza guha agaciro indirimbo ye ya mbere ‘Forever’, nk’inkingi yamwinjije mu muziki, ndetse n’inkumburo izahora imwibutsa aho yatangiriye.


Forever nyifata nk’imfura yanjye – Lisaa avuga ko umwaka umwe amaze mu muziki wabaye urugendo rw’amasomo n’icyizere, aho indirimbo ye ya mbere yamuhaye izina mu Banyarwanda


Umwaka umwe gusa, indirimbo eshanu ku isoko – Lisaa yishimira uko yakiriwe n’Abanyarwanda mu rugendo rwe rwo kwinjira ku isoko ry’umuziki

Lisaa yishimiye intambwe yateye mu mwaka wa mbere w’umuziki, avuga ko rwari urugendo rwo kwiga, kwiyubaka no gutangira kwizera ko inzozi ze zishoboka

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA LISAA

KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO ‘IG POST’ YA LISAA


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...