Ni umwe mu myanzuro ikomeye nigeze gufata – Guimaraes yasezeye Newcastle yerekeza Arsenal

Imikino - 09/08/2026 8:16 AM
Share:

Umwanditsi:

Ni umwe mu myanzuro ikomeye nigeze gufata – Guimaraes yasezeye Newcastle yerekeza Arsenal

Ikipe ya Arsenal yamaze kwemeza ku mugaragaro ko yasinyishije umukinnyi wo hagati ukomoka muri Brazil, Bruno Guimaraes, avuye muri Newcastle United ku mafaranga agera kuri miliyoni 75 z’amapawundi.

Guimaraes ufite imyaka 28, yasinyiye Arsenal amasezerano y’imyaka 4, nyuma y’imyaka ine yari amaze akinira Newcastle. Uyu mukinnyi yari amaze igihe kinini avugwa mu bakinnyi Arsenal yifuzaga, ndetse ibiganiro hagati y’amakipe yombi bimara ibyumweru byinshi.

Kuva mu ntangiriro za Nyakanga, Guimaraes yari amaze kumvikana ku masezerano ye bwite na Arsenal. Mu mpera za Nyakanga, yasabye Newcastle ko yatinda kujya mu mwiherero w’ikipe mu gihe ibiganiro byo kwimukira muri Arsenal byari bigeze kure.

Kuri ubu, ibyo biganiro byarangiye neza, maze Guimaraes aba umukinnyi wa kane Arsenal iguze muri iyi mpeshyi. Uyu mukinnyi kandi yabaye umwe mu bakinnyi bahenze cyane baguzwe ku myaka irenga 28 mu mateka y’umupira w’amaguru.


Guimaraes yasezeye Newcastle mu marangamutima menshi

Nyuma yo kwemezwa ko avuye muri Newcastle, Guimaraes yashimiye cyane iyi kipe n’abafana bayo, avuga ko gufata icyemezo cyo kuyivamo bitamworoheye.

Yagize ati: “Iki ni kimwe mu byemezo bikomeye nagombaga gufata mu buzima bwanjye. Igihe nageraga muri Newcastle, iyi kipe yari iri mu bihe bikomeye, kandi nishimiye cyane ibyo twagezeho turi kumwe.

“Nakunze aha hantu cyane. Mbivuze mbikuye ku mutima. Kuva ku munsi wa mbere, abafana, bagenzi banjye, Eddie n’abakozi bose b’ikipe, ndetse n’abandi bose bafitanye isano na Newcastle, batumye njye n’umuryango wanjye twumva turi iwacu.”

Guimaraes yanashimiye abayobozi ba Newcastle ndetse n’abashinzwe kuyobora iyi kipe, avuga ko bakoze ibishoboka byose kugira ngo akomeze kuyikinira.

Yagize ati: “Ndashimira PIF, umuyobozi wacu Yasir Al-Rumayyan na Jamie Reuben ku byo bankoreye ndetse n’ibyo bakoreye iyi kipe. Ndashimira kandi David na Ross ku cyubahiro n’ubwubahane banyeretse muri ibi biganiro. Bakoze ibishoboka byose kugira ngo nkomeze muri Newcastle, kandi ndabishimira cyane.”

Uyu mukinnyi yavuze ko nubwo gutandukana na Newcastle bimugoye, yifuzaga gutangira igice gishya cy’ubuzima bwe. “Iyi mpinduka irangora cyane kuko Newcastle ifite umwanya ukomeye mu mutima wanjye, ariko nifuzaga kugira ubundi bunararibonye mu buzima bwanjye. Numva niteguye gutangira urugendo rushya kuri njye no ku muryango wanjye.”

Guimaraes kandi yavuze ko yagiranye ibiganiro byiza n’umutoza mushya wa Newcastle, Matthias Jaissle, kandi ko yizeye ko iyi kipe iri mu maboko meza.

Ku bafana ba Newcastle, yagize ati: “Gushimira ntibizigera biba ibintu bihagije, ariko ndabivuga mbikuye ku mutima. Nzahora nishimira kuba naragize uruhare mu rugendo rw’iyi kipe. Mwarakoze kuri byose.”


Arsenal yishimiye kubona Guimaraes

Umuyobozi ushinzwe siporo muri Arsenal yavuze ko bishimiye cyane kwakira Guimaraes, ashimangira ko azafasha iyi kipe gukomeza kongera imbaraga hagati mu kibuga.

Yagize ati: “Twishimiye cyane kwakira Bruno Guimaraes muri Arsenal. Bruno ni umukinnyi ufite imitekerereze myiza, ubuhanga ndetse n’ubushobozi bwo kuyobora abandi.

“Kumugira mu ikipe bidufasha kurushaho gukomeza hagati mu kibuga. Nk’uko twese twabibonye, Bruno ashobora gukina nka nimero 6, akina imbere y’abugarira, cyangwa agakina nka box-to-box.”


Yakomeje avuga ko Guimaraes atanga umusaruro haba mu gufasha ikipe gukina no mu gutanga ibitego n’imipira ivamo ibitego. Ati: “Azafasha Mikel Arteta kurushaho guteza imbere uburyo bwacu bwo gukina, ndetse azatuma abakinnyi bahatana cyane ku myanya yabo. Ibyo ni ingenzi cyane niba dushaka gukomeza ku rwego rwo guhatanira no gutwara ibikombe bikomeye.”


Guimaraes yahisemo gukomeza kwambara nimero 39

Mu kwinjira muri Arsenal, Bruno Guimaraes yahisemo gukomeza kwambara nimero 39, umubare wamamayeho kuva yakinira Newcastle. Nimero 39 kandi yayambaye ubwo yakinaga muri Lyon yo mu Bufaransa ndetse na Athletico Paranaense yo muri Brazil.

Muri Arsenal, nta mukinnyi mukuru wari umaze igihe kinini wambara iyi nimero. Uheruka kuyambara ni Hector Bellerin, wayambaye mbere yo guhindura nimero akajya kuri 24 mu mwaka w’imikino wa 2015/16.

Kuri Guimaraes, nimero 39 si umubare usanzwe. Ifite amateka akomeye cyane mu buzima bwe no mu muryango we.

Mu nyandiko yigeze gutangaza muri The Players' Tribune, Guimaraes yavuze ko nimero 39 ifite igisobanuro gikomeye cyane kuri we. Yagize ati: “Iyi nimero ivuga inkuru nziza kurusha amagambo yose nayivugaho.

“39. Nzi ko abantu bashobora kubona ko ari nimero idasanzwe ku mukinnyi w’umupira w’amaguru. Ariko kuri njye, 39 ni umwihariko. Ni magic.”

Guimaraes yavuze ko nimero 39 ari yo ifitanye isano n’urugendo rwe rwo kuva mu buzima busanzwe muri Rio de Janeiro akagera ku rwego rwo gukina umupira w’amaguru ku rwego rwo hejuru.

Yasobanuye ko 039 yari nimero y’imodoka ya tagisi se yakoragamo muri Rio de Janeiro.

Ati: “Nimero 39 yampaye byose mu buzima. Yangejeje i Newcastle. Yampaye ibyo kurya, imyambaro ndetse inishyura amafaranga y’ingendo z’amasaha atatu mu modoka kugira ngo nkomeze gukurikirana inzozi zanjye.”

Abakinnyi Arsenal yigeze guha nimero 39

Kuva Guimaraes ayihabwa, nimero 39 ibaye iy’umukinnyi wa munani mu mateka ya Arsenal wayambaye mu ikipe nkuru cyangwa mu makipe y’urubyiruko.

Hector Bellerin ni we uheruka kuyambara mu ikipe nkuru, mu gihe Harrison Dudziak yari afite iyi nimero mu mwaka ushize ariko atarigeze akinira Arsenal mu ikipe nkuru.

Mbere ya Dudziak na Bellerin, nimero 39 yari yarambitswe abandi bakinnyi barimo Zak Ansah, Francis Coquelin, Rui Fonte, Mark Howard na Sebastian Larsson.

Kuri ubu, Bruno Guimaraes ni we uzambara nimero 39 muri Arsenal, akomeza umuco w’iyi nimero yamamaye cyane mu rugendo rwe rw’umupira w’amaguru.


Guimaraes ufite imyaka 28, yasinyiye Arsenal amasezerano y’imyaka 4 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...