Riderman
yashimangiye ibi mu gihe aherutse gusubiramo indirimbo ya King James yitwa
‘Warikiniraga’, akayivugurura mu buryo bw’umwimerere (sampling).
Riderman
yabwiye InyaRwanda ati “Iriya ndirimbo kuyikorera 'Sample' [Bafashe 'Chorus'
yayo isanzwe bayishyiramo] n'uko ari indirimbo nziza yanditswe n'umuhanzi,
ikindi no kuba King James ari inshuti yanjye. Buriya nayikoze mbere ntabanje no
kumubwira nyimwoherereza nyuma, ahita ambwira ati ‘iyi ndirimbo ugomba
kuyisohora, n’uko mbona kuyishyira hanze."
Riderman
yavuze ko, n’ubwo hari abahanzi benshi bafite indirimbo zikunzwe, King James
ari umwe mu banditsi beza bafite amagambo adasaza, kandi yakoze indirimbo
nyinshi abantu bakunda.
Ati: "Kuvuga ko ari we muhanzi waba ufite indirimbo nyinshi zikunzwe/zakunzwe
(Hits) byo ntabwo nabimenya byasaba ko tubanza gukora imibare kuko hari benshi
cyane, na The Ben, Bruce Melodie barahari ariko nanone nemera y'uko n'umwe mu
banditsi beza dufite, yakoze indirimbo nyinshi cyane turazikunda, ariko noneho
cyane cyane amagambo yazo, amagambo yazo ntabwo asaza [...] Ni umwe mu banditsi
beza dufite, n'umuhanga cyane."
Riderman
yanavuze ko King James atari umuhanzi wirengagijwe nk’uko bamwe bashobora kubitekereza,
kandi ko kutagaragara cyane ku mbuga nkoranyambaga kwe no mu bitaramo byinshi
bituma abantu batekereza ko yirengagijwe, ariko ngo si ko biri.
Yavuze
ati: "Ntabwo ari umuhanzi wirengagijwe, kuko n'abahanzi bose utekereza ko
bemerwa mu gihugu, bose baramukunda. Ahubwo ikintu gihari n'uko King James
akunze kuba yiturije cyane.”
“Ntabwo
wapfa kumubona ku mbuga nkoranyambaga asa n'uwihishe, noneho kubera ko abura
kuri izo mbuga nkoranyambaga n'ibitaramo ajyamo buriya ni bicye, kubera ko
batamubona buri mwanya bakagirango yarirengagijwe, Oya! Ahubwo abantu
baramwubaha cyane. N'abahanzi bagenzi be baramwubaha.”
Riderman
na King James bamaze imyaka 20 mu muziki, kuko bombi batangiye urugendo rwabo
muri 2006. Muri iki gihe, King James ari kwitegura igitaramo gikomeye cyo
kwizihiza imyaka 20 ishize ari mu muziki mu gitaramo kizabera muri BK Arena,
tariki 1 Kanama 2026.
Ni
mu gihe Riderman nawe avuga ko ari gutekereza ku gitaramo nk’iki. Ariko kandi,
akavuga ko bitewe n’ibitaramo byinshi bihari muri uyu mwaka, na gahunda afite
ashobora kuzakora iki gitaramo muri mpera z’uyu mwaka, cyangwa se mu ntangiriro
za 2027 yizihiza imyaka 20 mu muziki.
Ibi byerekana ko n’abahanzi bafite imyaka myinshi mu muziki bakomeza guha agaciro urugendo rwabo, kandi ko kwizihiza intambwe bagezeho ari igikorwa kibashimisha ndetse kikanashimisha abakunzi babo.

Riderman avuga ko indirimbo za King James, n’izo yatangiriyeho, zigikurura abakunzi bitewe n’amagambo yazo adasaza

Riderman
yavuze ko gusubiramo ‘Warikiniraga’ byamushimishije cyane, akemeza ko King
James ari umwe mu banditsi beza bafite impano idasaza mu muziki w’u Rwanda
KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE N’UMURAPERI RIDERMAN
KANDA HANO UREBE INDIRIMBO ‘WARIKINIRAGA’ RIDERMAN YASUBIYEMO
