Ni umuryango wamfashije gusabana n'Imana- Sarah Sanyu ku myaka 19 ishize aririmba muri Ambassadors of Christ Choir- VIDEO

Imyidagaduro - 27/10/2025 12:01 PM
Share:

Umwanditsi:

Ni umuryango wamfashije gusabana n'Imana- Sarah Sanyu ku myaka 19 ishize aririmba muri Ambassadors of Christ Choir- VIDEO

Mu myaka 19 ishize, ijwi rye ryakomeje kwumvikana mu ndirimbo zubatse imitima ya benshi, ryibutsa abantu gukomeza urugendo rwo kwizera n’ubugingo. Uwo ni Sarah Uwera Sanyu, umwe mu baririmbyi bamenyekanye cyane muri Ambassadors of Christ Choir, korali yamenyekanye mu ndirimbo zigaragaza ubutumwa bw’ihumure n’icyizere mu Mana.

Uyu muhanzikazi avuga ko kuba muri Ambassadors of Christ Choir atari ibintu byaje mu buryo bw’impanuka. Ni inzozi zashibutse mu mutima w’umwana muto wakuze yiyumvamo umuhamagaro wo gukorera Imana binyuze mu ijwi rye.

“Zari inzozi nari mfite, Imana iramfasha mbigeraho”- ni ko Sarah atangira aganira na InyaRwanda.

Yakuze aririmba muri korali z’abana, ndetse no mu bigo yigagamo. Ubwo yageraga i Kigali, amahirwe y’uko yakwinjira muri Ambassadors of Christ Choir yaje kwigaragaza. Kuri we, icyo cyari igisubizo cy’amasengesho ye.

Sarah yahisemo iyi korali kuko yabonagamo ikintu cyihariye, ubutumwa bushingiye ku kubaka umuntu wese, yaba muto cyangwa mukuru.

Ati: "Muri ubwo butumwa rero yagiye itanga kuva cyera, nanjye hari ubwamfashije, ndavuga nti Imana nimfasha nanjye nzafatanya nabo gutanga ubwo butumwa. Ni muri urwo rwego nahisemo rero Ambassadors of Christ Choir."

Mu myaka 19 ishize, Sarah Sanyu yabaye ikimenyabose n’ijwi rya Ambassadors of Christ Choir. Yagaragaye ku ndirimbo nyinshi ziri kuri Album 18 korali yashyize hanze, byatumye izina rye ritandukana n’urugendo rw’ivugabutumwa ry’iyi korali.

Indirimbo zayo zirimo: Yesu ni inzira, Abasaruzi, Nahuye na Mesiya, Hejuru mu kirere, Ntakirutimana na Hoziana, n’izindi nyinshi, zigaragaza ijwi rye rifite ubushobozi bwo gutuma amagambo y’indirimbo asohoka n’ubushobozi bwo gufasha umutima kuyumva mu buryo bwimbitse.

Ambassadors nk’umuryango, si korali gusa

Sarah avuga ko kuba muri Ambassadors of Christ Choir byamuhaye byinshi kurusha uko yabitekerezaga. Kuri we, iyi si korali gusa, ahubwo ni umuryango wubakiye ku rukundo, gusabana n’Imana no gukura mu by’umwuka.

Avuga aciye bugufi yagize ati “Icya mbere nasanze Ambassadors ari umuryango, hejuru yo kuririmba, ibikorwa dukora n'ibindi nasanze ari umuryango. Icya kabiri, ni ahantu nduhukira, ni ahantu hamfasha kuba ntajya mu bindi bitandukanye bitandukanye no kuvuga Imana.”

Uretse gusabana n’Imana, avuga ko kuba muri korali ifite gahunda ikomeye bituma umuntu akura mu murimo no mu buzima busanzwe. Ati “Ikindi n’ahantu hatuma nkomeza urugendo rwanjye rwo kuririmba. Rero, kuba mu muryango ukora cyane, bituma utagira umwanya wo gupfusha ubusa. Ni ahantu hamfasha, kubana n'Imana, no gusaba n'Imana."

Sanyu avuga ko imbaraga zimutera gukomeza muri uru rugendo ari ukwizera Imana, gukunda umurimo wayo no kumva ko ibitaramo byose ari uburyo bwo gukomeza gusakaza urukundo rw’Imana.

Mu myaka 19 ishize, uyu muhanzikazi yagiye abona impinduka nyinshi mu muziki wa korali, ariko avuga ko ikintu cy’ingenzi cyabaye isoko y’ibyo byose ari “ubudahemuka bw’Imana.”Ati: "Njyewe mbifata nk'umugisha. Nagiriwe umugisha mu murimo wayo. Ni igikundiro cyayo nagize. Hari imigisha Imana, yampereye muri Ambassadors."

Sarah asaba urubyiruko gukunda umurimo w’Imana no kutagendera ku by’isi bishukana. Mu myaka 19 ishize, Sarah Sanyu yahinduye inzozi ze umurimo. Ubu ni umwe mu baririmbyi bafite amateka akomeye muri Ambassadors of Christ Choir, kandi ijwi rye rikomeje kuba ishusho y’umwuka w’iyi korali , ishusho y’ukwizera, ubutumwa n’umuryango w’abakorera Imana batizigamye.

Muri iyi myaka 19 ishize ari muri Ambassadors of Christ Choir yo mu Itorero ry’Abadiventisiti b’Umunsi wa Karindwi, harimo itanu ye bwite yatangiriyemo urugendo rw’umuziki nk’umuhanzi wigenga. Ndetse, avuga ko mu mpera z’uyu mwaka azashyira hanze indirimbo ye nshya. Yaherukaga gusohora indirimbo zirimo: “Nitashinda”, “Umunsi mushya”, “Omora’’ na “Mwana Wanjye”.

Ni imyaka 19 y’umugisha n’urugendo rwo gukura mu by’umwuka – Sarah Sanyu wo muri Ambassadors of Christ Choir

 

Sarah Sanyu avuga ko Ambassadors ni “umuryango wamfashije gusabana n’Imana no gukomeza umurimo wanjye wo kuririmba” 

Ijwi rye ryabaye ikimenyetso cy’ubudahemuka n’urukundo rw’Imana mu ndirimbo z’ivugabutumwa 


Kuva ku nzozi z’umwana muto kugeza ku muririmbyi w’icyitegererezo – imyaka 19 ya Sarah Sanyu muri Ambassadors of Christ Choir

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NA SARAH SANYU

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO ‘OMORA’ YA SARAH SANYU


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...