“Ni umunsi nari ntegereje” - Meddy avuga ku gitaramo cya Richard Nick Ngendahayo

Imyidagaduro - 20/11/2025 9:11 AM
Share:

Umwanditsi:

“Ni umunsi nari ntegereje” - Meddy avuga ku gitaramo cya Richard Nick Ngendahayo

Mu gihe habura iminsi 9 yonyine Richard Nick Ngendahayo agataramira muri BK Arena, umuvugabutumwa akaba n’umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Meddy yatangaje ko uyu munsi wo kubona Richard atarama yari awutegereje cyane.

Richard Nick Ngendahayo ni umwe mu bahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bamenyekanye cyera ndetse babereye intangarugero abandi bahanzi ariko ntabwo yakunze gukora ibitaramo ngo yegerane ndetse asabane n’abafana be.

Nyuma y’imyaka 17 atagera mu Rwanda, Richard Nick Ngendahayo yongeye kuhagaruka aje gukora igitaramo “Niwe Healing Worship” n’ubwo mu myaka yatambutse yakunze gutumirwa cyane mu bitaramo by’inaha muri Kigali ariko bikanga.

Umuhanzi Ngabo Medard usigaye aririmba indirimbo ziramya Imana ndetse akaba yaranashinze itorero, yavuze ko uyu munsi w’igitaramo cya Richard Nick Ngendahayo yari awutegereje cyane ndetse amushimira kubwo kumubera umugisha mu bwana bwe.

Ati: “Nari ntegereje uyu munsi nange! Richard Nick Ngendahayo Imana igihe umugisha. Warakoze guha umugisha ubwana bwange."

Kugeza ubu, harabura iminsi 9 gusa tugataramana na Richard Nick Ngendahayo. Amatike yo kwinjira yatangiye kuboneka binyuze kuri www.ticqet.rw ndetse ushobora gukanda *513*01#.

Ku wa Kabiri tariki ya 18 Ugushyingo 2025, Richard Nick yakoze imyitozo yihariye n’itsinda ry’abaririmbyi ndetse n’abacuranzi bazamufasha muri iki gitaramo.

Richard Nick Ngendahayo agiye gukorera igitaramo gikomeye muri BK Arena


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...