Ni umuhuro n'abakunzi banjye! Uruhisho rwa King James ugeze kure imyiteguro y’igitaramo cye cy'imyaka 20 (VIDEO)

Imyidagaduro - 10/07/2026 6:38 PM
Share:

Umwanditsi:

Ni umuhuro n'abakunzi banjye! Uruhisho rwa King James ugeze kure imyiteguro y’igitaramo cye cy'imyaka 20 (VIDEO)

Hari ibitaramo biba ari ukwidagadura gusa, hakaba n'ibindi biba ari urugendo rw'ubuzima rwisubirwamo. Ku muririmbyi Ruhumuriza James uzwi nka King James, igitaramo cya " 20 Years of King James " ni kimwe muri ibyo bihe bidasanzwe, kuko kizaba ari umwanya wo kongera guhura n'abakunzi be nyuma y'urugendo rw'imyaka 20 amaze yubaka izina rye mu muziki nyarwanda.

Mu gihe hasigaye ibyumweru bike ngo ahure n'abafana be muri BK Arena ku wa 1 na 2 Kanama 2026, King James avuga ko imyiteguro igeze ku musozo, ndetse ko ubu hasigaye gusa gusubiramo buri kantu kugira ngo abazitabira bazahabwe igitaramo cyujuje ubuziranenge.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda kuri uyu wa Gatanu tariki ya 10 Nyakanga 2026, ubwo twamusuraga aho ari gukorera imyitozo kuri La Noche ku Kimihurura, uyu muhanzi yavuze ko amaze amezi atatu ategura ibi bitaramo, kandi ko iby'ingenzi byose byamaze gukorwa.

Ati: "Imyiteguro imaze amezi atatu, kandi navuga ko aho igeze, igeze ku musozo, kuko ibyinshi twarabirangije. Ubu turi gukora dusubiramo kugira ngo turebe ko nta hantu twibeshye cyangwa niba hari akantu twakongeramo. Navuga ko turi mu bya nyuma."

Ni amagambo agaragaza icyizere afite ku gitaramo azafatiraho urugero rw'urugendo rwe rwose rw'umuziki, kuva yatangira kugeza uyu munsi.

Mu gutegura iki gitaramo, King James yakoranye bya hafi n'umuhanzi Kenny Mirasano, bafatanyije guhitamo itsinda ry'abacuranzi (Band) ndetse n'abaririmbyi bazamufasha ku rubyiniro, hagamijwe gutanga umusaruro uzashimisha abazitabira.

"Ni igitaramo cyanjye n'abafana banjye"

Mu ijwi ririmo amarangamutima, King James yavuze ko ategereje iyi minsi y'igitaramo nk'umuntu ugiye kongera guhura n'umuryango we.

Ati: "Iriya tariki nyitegereje mfite amatsiko, kubera ko mu by'ukuri kizaba ari igitaramo cyanjye n'abakunzi banjye ari twe turi muri BK Arena, ndetse n'abandi bakunda umuziki muri rusange bazaza kutureba. Ariko ni umuziki wanjye n'abafana banjye. Kuri njye navuga ko ari nk'umuhuro. Tuzaririmba, tuzisubiramo. Ni ibintu binini bifite igisobanuro kinini ku rugendo rwanjye rw'umuziki. Ndishimye kugeza ubu kandi nzi ko bizagenda neza."

Ayo magambo agaragaza ko kuri we ibi bitaramo atari ukwizihiza imyaka gusa, ahubwo ari no gushimira abantu babanye na we muri uru rugendo rwose rwamugize umwe mu bahanzi bafite ibigwi mu Rwanda.

P-Fla yamaze kugera mu myitozo, abandi bahanzi na bo bazaba bahari

Ubwo InyaRwanda yasuraga King James mu myitozo, yari kumwe n'umuraperi P-Fla, umwe mu bahanzi bafatanyije gukora indirimbo "Nisubiyeho", yabaye imwe mu zakunzwe cyane.

Icyakora, King James yavuze ko P-Fla atari we wenyine uzamufasha muri ibi bitaramo.

Yatangaje ko abazamuherekeza ku rubyiniro ari abahanzi bagiye bakorana indirimbo zakunzwe n'abanyarwanda, asobanura ko yabahisemo bitewe n'uburyo abafana bakunze ibyo bakoranye.

Ati: "Abahanzi benshi twagiye dukorana n'ubundi bashobora kuzagaragara hariya. Kubahitamo ni uko hari n'indirimbo nziza twagiye dukorana zagiye ziba nziza. Nk'uko nabivuze, nzaririmba indirimbo zishoboka kugira ngo abantu tubahe ikintu gifatika. N'ubwo izo ndirimbo nazikoranye n'abandi, ariko abantu baba barazikunze."

N'ubwo atigeze atangaza amazina y'abahanzi bose bazamufasha, aya magambo asiga benshi bategereje kureba abazatungura abakunzi b'umuziki muri BK Arena.

BK Arena ni intangiriro y'urugendo ruzakomereza no hanze y'u Rwanda

King James yavuze ko kwizihiza imyaka 20 bitazarangirira muri BK Arena gusa.

Yatangaje ko nyuma y'ibi bitaramo azakomereza urugendo mu bindi bihugu birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada n'ahandi, aho na ho azahurira n'abakunzi be mu bitaramo byo kwizihiza imyaka amaze mu muziki.

Yongeyeho kandi ko ari gutekereza gukora ibitaramo bizenguruka Intara z'u Rwanda, mu rwego rwo gushimira abafana bamubaye hafi mu bihe bitandukanye.

Iyo gahunda, iramutse ishyizwe mu bikorwa, yaba ihaye amahirwe abakunzi be bo hirya no hino mu gihugu kubona King James ku rubyiniro batiriwe bagera i Kigali.

Mu gihe hasigaye iminsi mike ngo ibi bitaramo bibe, icyizere cy'umuhanzi n'imyiteguro amaze amezi akora, bihamya ko "King James 20 Years" itegerejwe nk'imwe mu bitaramo bikomeye bizaranga uyu mwaka, cyane cyane ku bakuranye n'indirimbo ze zabaye ibirangirire mu muziki nyarwanda.

King James ari kumwe n'umuraperi P-Fla bakoranye indirimbo 'Nisubiyeho'. Aha bari mu myiteguro y'igitaramo kizabera muri BK Arena

King James yavuze ko igitaramo cye ari nk'umuhuro we n'abakunzi b'ibihangano bye, bamuherekeje mu myaka 20 ishize


King James yavuze ko uretse P-Fla n'abandi bahanzi bakoranye indirimbo mu bihe bitandukanye bazagaragara mu gitaramo cye

Umushyushyarugamba akaba n'umunyamakuru wa Royal Fm, MC Tino [Ubanza iburyo] ari mu bari bitabiriye kureba aho King James ageze imyiteguro y'igitaramo cye

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NA KING JAMES

VIDEO: Dox Visual/ InyaRwanda


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...