Ni
igitaramo cyasojwe n’uyu muhanzi, wari umaze gususurutsa abafana
n’indirimbo ze zimaze gukundwa nka “Bana” na “Sambolera”, ari na zo zimufasha
gukomeza kwagura igikundiro cye mu muziki nyarwanda.
Ariko
igice cyavugishije benshi ni uburyo yazamuye ku rubyiniro umuhanzikazi Utah
Nice bagakorana indirimbo yabo “My Mind”, imaze kurebwa inshuro zisaga miliyoni
2.9 kuri YouTube.
Abari
mu gitaramo babibonye nk’igitangaza cy’ukuntu umuhanzi ukiri mu rugendo rwe
ashobora gufata icyemezo cyo guha urubuga undi muhanzi, cyane cyane mu gitaramo
gikomeye nk’icya MTN Iwacu Muzika Festival.
Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Chriss Eazy yavuze ko atabibonye nk’icyemezo
gisanzwe, ahubwo ko cyaturutse ku kumenya agaciro k’impano ya Utah Nice.
Yagize
ati “Ni umuhanzi mwiza. Ntekereza ko uretse na Chriss Eazy n'undi muhanzi
mukuru mwiza, ni umuntu yakwifuza gukorana nawe, kuko ni umuhazi ufite byose,
wujuje byose, guha amahirwe umuntu mbona ko abikwiriye, mbona ko bishoboka ko
namuha ayo mahirwe, ni ikintu cyanshimishije cyane, biri mu byanshimishije cyane
muri iki gitaramo nkoze."
Aya
magambo ye agaragaza uko abona umuziki nk’urubuga rwo gufashanya, aho
gutekereza gusa ku kwigaragaza ku giti cye, ahubwo no kuzamura abandi bafite
impano.
Mu
maso y’abafana, iki gikorwa cyasigiye ishusho nshya Chriss Eazy: si umuhanzi
uharanira gusa kwigaragaza, ahubwo unafite icyerekezo cyo kubaka uruganda
rw’umuziki rufite imikoranire n’ubufatanye hagati y’abahanzi.
I Huye, ibyabaye kuri urwo rubyiniro ntibyari igitaramo gisanzwe, byari isomo ry’uko impano, iyo ihuye n’icyizere, ishobora guhindura uburyo umuziki ugaragara ndetse n’icyerekezo cyawo.

Chriss Eazy yatangaje ko yashimishijwe no guha umwanya ku rubyiniro Utah Nice

Utah Nice na Chriss Eazy baririmbanye indirimbo bakoranye yitwa ‘My Mind’

Chriss
Eazy ni we wasoje igitaramo cya MTN Iwacu Muzika Festival cyaberaga i Huye
KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA CHRISS EAZY
