Abagabo benshi bambara ikanzu
ndende y'umweru izwi nka thobe, bakambara n'igitambaro cyo ku mutwe cyitwa ghutra
cyangwa shemagh, mu gihe abagore benshi bambara abaya, umwambaro muremure
utwikira umubiri wose.
Hari abatekereza ko iyi myambarire
yashyizweho gusa n'idini ya Islamu, ariko amateka agaragaza ko inkomoko yayo
ari uruhurirane rw'imiterere y'ikirere, umuco w'Abarabu ndetse n'inyigisho
z'idini.
Imva ni mvano yiy’imyambarire
Mbere y'uko Islamu ivuka mu
kinyejana cya 17, abaturage bo mu gice cy'Umwigimbakirwa wa Abarabu (Arabian
Peninsula) bari basanzwe bambara imyenda miremire.
Icyo gihe ubuzima bwari bushingiye
ku bworozi no gutembera mu butayu bwa Sahara bwo muri Arabia, aho izuba ryari
rikaze cyane ku manywa, ariko nijoro hakaba hakonje.
Kubera iyo
mpamvu, abantu batangiye kwambara imyenda irekuye kandi miremire kugira ngo, ibarinde
ubushyuhe bukabije bw'izuba, umusenyi uterwa n'umuyaga utinjira mu mubiri,
ndetse n’umwuka ubashe kunyura mu myenda, bigabanye kubira ibyuya.
Ni yo mpamvu thobe yabaye umwambaro
ukwiranye n'ubuzima bwo mu butayu.
Kuki abagabo bambara thobe y'umweru?

Thobe ni ikanzu ndende igera ku
birenge, akenshi iba ifite amaboko maremare.
Mu gihe cy'itumba cyangwa mu bice
bikonja, bamwe bambara thobe zifite amabara nk'umukara, ubururu cyangwa
ikigina.
Akamaro ka ghutra na shemagh

Ku mutwe, abagabo bambara
igitambaro cyitwa ghutra (cyera) cyangwa shemagh (cyera n'umutuku).
Mu mateka, iki
gitambaro cyakoreshwaga; mu kurinda umutwe izuba rikaze, gukingira isura igihe
umuyaga uzamuye umusenyi no kurinda ubushyuhe bw'umubiri.
No muri iki gihe, nubwo abantu
benshi baba mu mijyi igezweho, ghutra ikomeje kuba ikimenyetso cy'umuco
n'uburanga bw'Abarabu.
Inkomoko ya ‘abaya’

Abagore bo muri Saudi Arabia bambara
‘abaya’, umwambaro muremure utwikira umubiri yose.
Nyuma y'uko Islamu ikwirakwiriye,
inyigisho zayo zashimangiye ko abagabo n'abagore bakwiye kwambara imyambaro
igaragaza ubwiyoroshye no kwicisha bugufi.
Ibi byatumye ‘abaya’ iba kimwe mu
bimenyetso by'umuco n'idini muri Saudi Arabia.
Ese ni itegeko kwambara umukara?
Abantu benshi batekereza ko Islamu
itegeka abagore kwambara umwambaro w'umukara.
Nk'uko tubikesha urubuga rwa britannica.com, ibara ry'umukara ryamamaye muri
Saudi Arabia kubera umuco waho, ariko mu bindi bihugu by'Abarabu usanga abagore
bambara abaya z'umweru, ubururu, ikigina cyangwa andi mabara atandukanye.
Mu myaka ya vuba, cyane cyane nyuma
ya gahunda ya Vision 2030, Saudi Arabia yatangiye koroshya amategeko ajyanye
n'imyambarire.
Uyu munsi, abagore
benshi bambara abaya zifite amabara n'ibishushanyo bitandukanye, bamwe
ntibakigomba kuyambara mu buryo bw'itegeko nk'uko byahoze, ndetse imyambarire
y'Abanya-Saudi iragenda ihuza umuco gakondo n'imideri igezweho.
Nubwo bimeze bityo, thobe, ghutra
na abaya bikomeje kuba ibimenyetso bikomeye by'umuco n'indangagaciro
z'Abanya-Saudi.
Iyo ubonye Umunya-Saudi yambaye thobe,
ghutra cyangwa abaya, uba utareba imyenda gusa. Uba ureba umuco umaze
ibinyejana byinshi, wavutse kubera ubuzima bwo mu butayu, uza gushimangirwa
n'umuco w'Abarabu ndetse n'inyigisho z'idini ya Islamu.
Ni yo mpamvu, n'ubwo Isi y'ubu igenda ihinduka, iyi myambaro ikomeje kuba kimwe mu birango bizwi cyane biranga Saudi Arabia n'akarere k'Uburasirazuba bwo Hagati.


Thobe, ghutra na abaya bikomeje
kuba ibimenyetso bikomeye by'umuco n'indangagaciro z'Abanya-Saudi
