Ni Umu-Rayon w'imbere - Habimana watsinze City Boys ibitego 4 yahishuye ko umubyeyi we akunda Gikundiro

Imikino - 06/03/2026 8:53 AM
Share:
Ni Umu-Rayon w'imbere - Habimana watsinze City Boys ibitego 4 yahishuye ko umubyeyi we akunda Gikundiro

Nyuma yo gukora amateka yo gutsinda ibitego 4 mu mukino umwe, rutahizamu wa Rayon Sports, Habimana Yves yahishuye ko umubyeyi we (Nyina) yihebeye Gikundiro ndetse yavukiye i Nyanza ku gicumbi cy'iyi kipe.

Ruthizamu w'ikipe y'Igihugu Amavubi na Rayon Sports, Habimana Yves yongeye kwandika amateka yo gutsinda ibitego 4 mu mukino umwe ndetse akuraho agahigo k'iminsi 867 ingana n'imyika 2 n'amezi 4 n'iminsi 13 nta mukinnyi wa Rayon Sports utsinda ibitego 3 mu mukino umwe w'amarushanwa.

Yves watsinze ibitego 4 mu mukino basezereyemo City Boys, yakuyeho amateka ya Heritier Nzinga Luvumbu waherukaga gutsinda ibitego bitatu mu mukino umwe, hari tariki ya 21.10.2023 ubwo Rayon Sports yanyagiraga Sunrise FC ibitego 3-0 mu mukino wa Shampiyona.

Nk'umukinnyi wari uvuye mu mvune, mu magambo ye yagaragaje ko yishimiye ibitego bine yatsinze ndetse ko bitarangiriye aha no mu mikino ikurikira agiye gukomeza kwitwara neza mu rwego rwo gushimisha abakunzi ba Gikundiro.

Yagize ati: "Ndishimye nk'umukinnyi wari umaze iminsi ufite imvune. Naje muri uyu mukino nshaka kuzamura urwego rw'imbaraga z'umubiri kuko mu mikino yo kwishyura nari maze gukina iminota itarenze icumi, ibi bigiye kumfasha kwitegura neza Etincelles ndetse n'indi mikino ikurikira."

Uyu rutahizamu yahishyuye ko nyina ari umukunzi wa Rayon Sports, akaba avuka i Nyinza ndetse ko ubwo havugwaga amakuru ko Habimana Yves agiye kuyisinyira yishimye ndetse akamubwira ko nta yindi kipe akwiye gusinyira uretse Gikundiro.

Ati: "Umubyeyi wanjye ni Umu-Rayon w'imbere, avuka i Nyanza, ubu ndasanga yampamagaye cyane. Ubundi havugwa ko ndi mu biganiro na Rayon Sports, yarambwiye ngo hatagira indi kipe usinyira uretse Gikundiro."

Nubwo umubyeyi we atarakandagira kuri Stade aje kureba umupira, Habimana Yves yemeje ko afite intego zo kuzamuzana ku kibuga kureba umukino wa Rayon Sports mu rwego ku mwereka ko nawe amukunda ndetse n'urwego rw'ubushobozi bw'imikinire ye mu kibuga.

Rayon Sports yaherukaga gutsinda ibitego 9 mu mukino umwe, muri 2017 mu Gikombe cy'Amahoro, aho yatsinze ibitego 9 Rugende FC ndetse na 2005 yatsinze Mukungwa FC ibitego 9-0 mu Gikombe cy'Amahoro.

Muri uyu mwaka w'imikino, Habimana Yves amaze kugira uruhare rw'ibitego 9 mu marushanwa yose, aho yatsinzemo ibitego 7 muri Shampiyona n'igikombe cyAmahoro ndetse n'imipira ibiri yabyaye ibitego.

MAMA WANJYE NI UMU-RAYON W'IMBERE - HABIMANA YVES YAHISHUYE BYINSHI KU MUBYEYI WE | REBA IKIGANIRO CYOSE TWAGIRANYE



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...