Ni ukumwikoreza imbabura ishyushye! Impamvu King James atakorera igitaramo cye muri Sitade Amahoro

Imyidagaduro - 09/05/2026 4:23 PM
Share:

Umwanditsi:

Ni ukumwikoreza imbabura ishyushye! Impamvu King James atakorera igitaramo cye muri Sitade Amahoro

N’ubwo abafana ba King James barimo basaba ko yakwimurira igitaramo cye muri Sitade Amahoro kugira ngo cyitabirwe n’abantu benshi bifuza kumushyigikira, ibyo bisa nko kumwikoreza imbabura ishyushye.

Iki gitaramo cyiswe “20 Years of King James Live at BK Arena" giteganyijwe kubera muri BK Arena tariki ya 01 Kanama 2026, kizaba ari n’umwanya wo kwizihiza imyaka 20 uyu muhanzi amaze mu muziki nyarwanda.

King James agishyira hanze amatike y'iki gitaramo, abafana be baguze amatike ku bwinshi, mu minsi itatu aba arashize nk'uko byatangajwe n'abari gutegura iki gitaramo. Abafana be bahise bamusaba ko yakwimurira igitaramo cye muri Stade Amahoro kugira ngo hatazagira ucikanwa.

Sitade Amahoro yubatswe cyane cyane ari iyo kwakira imikino y’umupira w’amaguru niyo mpamvu mbere yo gutekereza gukorera igitaramo muri iyi Sitade ukwiye kwegera abantu bo mu mupira w’amaguru kugira ngo bagusobanurire.

Ku wa 5 Gicurasi 2026, Inteko Ishinga Amategeko yasabye MINISPORTS gukemura ibibazo bigaragara mu gucunga, gukoresha no kubyaza umusaruro ibikorwaremezo bya siporo.

Muri ibyo bibazo yasabwe gukemura harimo n’igiciro cyo gukodesha ibikorwaremezo bya siporo bigari, ababikoresha bavuga ko bihenze nka Stade Amahoro usanga yigondera umugabo igasiba undi.

Uretse n’uwo mugabo uyigondera agasiba undi, ikipe ya Al Hilal Omdurman yo muri Sudan ikina muri shampiyona y’u Rwanda, ifite agaciro karenga miliyari 3.5Frw ndetse ikagira abayobozi bafite amafaranga n’udufaranga dore ko abayobozi bayo ari abacuruzi ba peteroli muri Arabia Saudite.

Iyi kipe yigeze kujya gushaka uko yajya yakirira imikino yayo ya CAF Champions League mu gihugu cya Libya kubera igiciro kiri hejuru cya Sitade Amahoro ariko nyuma habaho ibiganiro barayorohereza gusa imikino ya Shampiyona iyikinira kuri Pele Stadium.

Tuvuye muri izo ngero zo mu mupira w’amaguru, reka twigarukire kuri King James abafana bari gusaba ko ashyira igitaramo muri Sitade Amahoro nyamara birengagije igiciro cyayo.

Zaba miliyoni 40Frw cyangwa 50Frw ntabwo zabura zo gukodesha Sitade, ariko se ubwatsi buri muri Sitade Amahoro bwa Hybrid Grass bwakozwe na sosiyete y’Abanya-Turukiya yitwa Hatko Hybridgrass, ko bugura arenga Miliyari, bwangijwe n’umudiho w’abafana bwasanishwa angahe?

Uti 'ayo ni ayanjye, izindi Sitade zikorerwamo ibitaramo na Santiago Bernabeau ya Real Madrid iberamo ibitaramo bikomeye'. Yego nibyo ariko nka Santiago Bernabéu ifite ibice bitandatu (trays) biremereye cyane, bimanurwa munsi y'ubutaka mu cyumba cyihariye bita Hypogeum.

Icyo gihe, umuhanzi aririmba ameze nk’uri ku mbuga isanzwe nyuma y’aho bakongera bakazamura ubwatsi. Muri Sitade Amahoro, iryo koranabuhanga rya Sener Group rituma ubwatsi butangirika nta rihari. 

Ubundi buryo bwo kubungabunga ikibuga, ni ukubuhindura nyuma y'igitaramo hagashyirwamo ubundi bwatsi cyangwa se bugatwikirirwa nk'uko ku zindi sitade nka Camp Nou, Old Trafford bikorwa. Ariko se, uzatwikira ubwo bwatsi azava hehe? Azishyurwa angahe se?

‘Sound’ muri BK Arena ishobora gukodeshwa nka 10,000,000 Frw kugira ngo ibintu byose bibe bivuga neza, bisa neza, abantu baze kwizihirwa.

Iyo ‘sound’ ntabwo ariyo yakoreshwa muri Sitade Amahoro kuko ikubye gatatu BK Arena kandi yo irafunguye hejuru byumvikane ko n’amafaranga yakwikuba inshuro eshatu kuzamura.

Uretse no kwikuba inshuro eshatu, hari amahirwe menshi y’uko mu Rwanda hashobora kuba hatari umuntu waba ufite sound nziza ihagije Amahoro Stadium ku buryo abantu bazishima nk'uko babyifuza.

Ese urubyiniro “Stage” ibaye itubatswe mu kibuga hagati, yakubakwa he?

Mu mwaka wa 2024, muri Sitade Amahoro habereyemo igiterane cya “Rwanda Shima Imana” icyo gihe stage yari yubatse uruhande rumwe ubundi abantu bagakoresha screen kugira ngo barebe umuhanzi/Pasiteri.

Imvura yaraguye abantu babona batashobora kubyinira mu ntebe bari bicayemo hanyuma birara hasi bajya kubyina, imvura yose ibahitiraho.

None se abana bose si nk’abandi? Wakubaka stage ku ruhande rumwe abandi bakareba nk’abari gukurikiranira igitaramo kuri murandasi? None se abifuza kubyina za ndirimbo nka Kanyobwe, Cyahiye, Zizane tuzinywe n’izindi zitandukanye bazibyina bari mu bushorishori bwa Sitade Amahoro?

Hari abahanzi bamaze gutaramira muri Sitade Amahoro nko ku mikino imwe n’imwe ndetse no mu irahira rya Perezida wa Repeburika hari abahanzi baririmbye.

Abo bahanzi, baririmba bazenguruka Sitade, babyinana n’abafana ariko ntawe urenza iminota 15 arimo yiruka muri Sitade. None se King James we si umuntu? Yazenguruka Sitade Amahoro inshuro 20 cyangwa 30, akaba agifite umwuka wo kuririmba izo ndirimbo 30?

Uretse ibyo, hari abatanguranywe bagura amatike kare kubera ko bari bazi ko ari BK Arena bivuze ko iki gitaramo kiramutse kijyanywe muri Sitade Amahoro hari abatabyishimira kuko ifoto yo muri BK Arena idasa n'iya Sitade Amahoro.

Hari amakuru agera ku InyaRwanda avuga ko King James azafata amashusho ya zimwe mu ndirimbo ze zidafite amashusho kandi akeneye ahantu hasa neza cyane bituma BK Arena iba umukandida wa mbere kurusha Amahoro Stadium.

Kuri uyu wa Gatandatu, Intore Entertainment iri gutegura iki gitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze mu muziki, yatangaje ko babonye ubusabe bw’abafana kandi ko bari kubuganiraho.

King James arasabwa n'abafana be kwimurira igitaramo cye muri Sitade Amahoro, ariko mbona nko ari kumwikoreza imbabura ishyushye

Ntabwo King James n'abafana be babona ubushobozi bwo kujyana igitaramo cye muri Stade Amahoro

REBA IKIGANIRO KIVUGA KU ZINDI MPAMVU KING JAMES ATAKOREYE MURI SITADE AMAHORO



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...