Rugaba avuga ko iki gikorwa
atagitekereza nk’igitaramo cyo kwidagadura gusa, ahubwo ashaka ko kiba umwanya
Abanyarwanda bahuriramo, bagasabana, bagatarama kandi bakongera kwegera umuco
wabo.
Mu kiganiro yagiranye na
InyaRwanda, Rugaba yasobanuye ko igitekerezo cya ‘Inkera y’Abahizi’ cyaturutse
ku cyifuzo cyo kongera gukundisha abantu uburyo bwo gutarama bwa Kinyarwanda,
by’umwihariko mu gihe imico y’ibihugu bitandukanye igenda igira uruhare runini
mu mibereho y’urubyiruko.
Ati: “Icyo tugamije ni ugutarama.
Ni ugusigasira umuco gakondo kugira ngo umuco utazacika. Ni ugukangurira abantu
gutarama byacu bya Kinyarwanda kuko ari byiza.”
Avuga ko ‘Inkera y’Abahizi’
izaba ahantu abantu b’ingeri zitandukanye bashobora kuza bagasabana, yaba
urubyiruko, ababyeyi ndetse n’imiryango muri rusange.
Ashaka
ko ‘Inkera y’Abahizi’ iba kenshi mu kwezi
Rugaba afite gahunda yo gukomeza
kwagura iki gikorwa ku buryo kitaba igitaramo kiba rimwe na rimwe, ahubwo
kikagira gahunda ihoraho.
Avuga ko bitewe n’ubushobozi,
bifuza ko ‘Inkera y’Abahizi’ yazajya iba kabiri cyangwa gatatu mu kwezi, kugira
ngo abantu babone umwanya uhagije wo guhura no gususuruka.
Ati: “Turashaka ko iki gitaramo
kizajya kiba kabiri cyangwa se gatatu mu kwezi bitewe n’ubushobozi. Ni inkera
nateguye ngamije guteza imbere umuco nyarwanda. Abantu bazajye baza dutarame,
aho twatewe inkunga na Kigali Universe.”
Kuri Rugaba, gutarama ni kimwe mu
bice bigize ubuzima bw’Abanyarwanda byakwiye gukomeza kubaho, kuko bidahuza
abantu gusa, ahubwo binabafasha kumenya no gukomeza guha agaciro umurage
w’umuco wabo.
Si ugutarama gusa, harimo no
kwigisha
Mu cyerekezo cy’igihe kirambye,
Rugaba avuga ko ‘Inkera y’Abahizi’ ishaka kurenga ku myidagaduro isanzwe, ikaba
ahantu abantu bashobora no gukura ubumenyi bubafasha mu buzima bwa buri munsi.
Avuga ko bateganya kujya batumira
abantu bafite ubunararibonye ndetse n’inzego zitandukanye, bakaganiriza
abitabiriye ibitaramo ku mateka y’u Rwanda, inshingano za buri Munyarwanda
ndetse n’ibindi bibazo bireba cyane cyane urubyiruko.
Ati: “Dutekereza ko tuzajya
dutumira abantu bafite ubunararibonye. Dushobora gutumira nka Minisiteri
y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, baba bafite ubutumwa
bwinshi bashaka kugeza ku rubyiruko.”
Yavuze kandi ko bashobora gutumira
Polisi y’u Rwanda, ababyeyi bakuze mu miryango ndetse n’izindi nzego, kugira
ngo buri wese agire icyo yunguka muri ibyo bitaramo.
Ati: “Ushobora gutumira Polisi
y’Igihugu, watumira ababyeyi bakuze mu miryango ku buryo bigisha abakiri bato
uko inzoga zubukwa, watumira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha [RIB]
bakatwigisha uburyo umuntu ashobora gukoresha imbuga nkoranyambaga.”
Rugaba asanga ibyo byatuma umuntu
atava muri ‘Inkera y’Abahizi’ afite gusa urwibutso rwo kwishimisha, ahubwo
akataha hari n’inyigisho cyangwa ubutumwa bushobora kugira icyo buhindura ku
buzima bwe.
Ashaka ko ‘Inkera y’Abahizi’ iba
iy’Abanyarwanda bose
Rugaba avuga ko igitekerezo cye
gishingiye ku buryo ibitaramo bishobora guhuza imyidagaduro n’ubutumwa bufitiye
akamaro abantu, nk’uko bikorwa mu bindi bikorwa by’imyidagaduro bigerageza
gutanga ubutumwa mu buryo bworoheye ababikurikira.
Ati: “Nk’uko muri Gen-Z Comedy
bikorwa, abantu bagaseka ariko bagatahana n’inyigisho, natwe rero mu ‘Inkera
y’Abahizi’ ntawe uhejwe.”
Ibi bigaragaza ko Rugaba adashaka
ko iki gitaramo kiba icy’abakunda umuco gakondo gusa, ahubwo ashaka ko kiba
urubuga ruhuza abantu b’ingeri zitandukanye, bakagira aho bahurira mu
myidagaduro, umuco, ibiganiro n’ubumenyi.
Kuri we, gusigasira umuco
ntibisobanuye kuwusigasira mu magambo gusa, ahubwo bisaba kuwushyira mu bikorwa
no guha abantu amahirwe yo kuwubamo, kuwumenya no kuwukundisha abakiri bato.
‘Inkera y’Abahizi’ rero Rugaba ayitezeho kuba igikorwa gikomeza kubaka umuco wo gutarama kwa Kinyarwanda, ariko kandi kikaba umwanya wo gusabana, kwigira hamwe no gusangira ubutumwa bugirira akamaro Abanyarwanda.
Igitaramo "Inkera y'Abahizi" kizajya kibera muri Kigali Universe. Igitaramo kibimburira ibindi cyabaye tariki ya 9 Nzeri 2026.

Rugaba wamamaye muri Cinema yatangije ‘Inkera y’Abahizi’, igitaramo ngarukakwezi agamije gukoresha mu gusigasira umuco gakondo no gukundisha Abanyarwanda gutarama kwa Kinyarwanda

Rugaba yavuze ko ‘Inkera y’Abahizi’
izajya iba kabiri cyangwa gatatu mu kwezi, igahuriza hamwe abantu b’ingeri
zitandukanye mu gutarama, gusabana no gususuruka

Umuhanzikazi Audia Intore ari mu baririmbye mu gitaramo 'Inkera y'Abahizi' gihuza abantu b'ingeri zinyuranye





Umuhanzikazi mu njyana gakondo, Diane Ingabire umenyerewe cyane mu bukwe n'ibirori yataramiye abitabiriye iki gitaramo

Umuhanzi mu njyana gakondo, Mpano Layan ari mu baririmbye mu itangwa ry'iki gitaramo cyiswe "Inkera y'Abahizi"

Umuhanzikazi Munganyinka Alouette yasusurukije amagana y'abantu muri iki gitaramo kigamije gukundisha abantu umuco nyarwanda
