Ni ubwa mbere turirimbanye indirimbo twakoranye - Ishimwe rya MC Tino kuri The Ben bataramanye muri Giants of Africa

Imyidagaduro - 05/08/2025 7:16 AM
Share:

Umwanditsi:

Ni ubwa mbere turirimbanye indirimbo twakoranye - Ishimwe rya MC Tino kuri The Ben bataramanye muri Giants of Africa

Kasirye Martin uzwi nka MC Tino, umuhanzi, umunyamakuru n'umushyushyarugamba w’inararibonye mu myidagaduro yo mu Rwanda, yatangaje ko yatewe ishema n’uburyo yahuriye ku rubyiniro na The Ben, baririmbana bwa mbere indirimbo yitwa Plenty yitiriwe Album ya The Ben.

Ni indirimbo bombi bakoranye, ariko batari bwahure bayiririmbana ku rubyiniro. Ibi byabaye mu gitaramo cy’amateka cyabaye ku wa Gatandatu, tariki 2 Kanama 2025 muri BK Arena, cyasozaga iserukiramuco rya Giants of Africa ryabereye mu Rwanda.

MC Tino ni umwe mu banyuze imbaga y’abantu ibihumbi bari bateraniye muri iyi nyubako y’imyidagaduro n’imikino. Yaje ku rubyiniro yitabye ubutumire bwa The Ben, banahurira kuri iyi ndirimbo yasohotse kuri album ‘Plenty Love’.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, MC Tino yagize ati “Nagiye nkorana na The Ben mu bitaramo bitandukanye, ariko kuri Giants of Africa byari akarusho. Twaririmbye indirimbo Plenty yitiriye Album ye, kandi ni njye wayitangiye. Byansabye imbaraga nyinshi kugira ngo nyure abari bakurikiye igitaramo.”

MC Tino yavuze ko ari The Ben ubwe wamuhamagaye amusaba kuzamubera umushyitsi wihariye muri iki gitaramo, amusaba kuzaboneka ku wa Gatandatu, undi ntiyazuyaza, arabyemera.

Aravuga ati “Yarambwiye ati ‘ku wa Gatandatu uzaba uhari? Ndashaka ko tuzakorana.’ Naramubwiye nti nta kindi kazi mfite, biranshimisha cyane. Urumva ni ibintu yari yateguye neza, kuko yateguye uko indirimbo ze zizakurikirana, uhereye kuri Habibi.” Arakomeza ati “Guhurira na The Ben ku rubyiniro rwa Giants of Africa ni icyubahiro gikomeye”

MC Tino yavuze ko ahagarara kuri ‘stage’ imwe n’abahanzi bakomeye bo ku rwego mpuzamahanga nka Kizz Daniel, Timaya na Ayra Starr, byasabaga inzira ndende, ariko The Ben yamweretse icyizere gikomeye nk’inshuti ye n’umunyamwuga.

Ati “The Ben ni inshuti yanjye, n’ubwo tudahura kenshi. Imyiteguro yagenze neza, kandi nyuma yo kuva ku rubyiniro abantu benshi banshimiye uko nitwaye. Giants of Africa ni igikorwa gikomeye, ntabwo buri wese aba afite amahirwe yo kuhataramira.”

Yashimangiye ko ari igikorwa agiye kuzakomeza gufata nk’igisobanuro cy’urugendo rwe nk’umuhanzi n’umunyabigwi mu myidagaduro y’u Rwanda.

Ati “Bari bankumbuye, iyo mbonetse kuri ‘stage’ abantu barishima cyane. Sinari natangajwe ku rutonde rw’abaririmba, niyo mpamvu benshi batunguwe. Nanjye naratunguwe kuko ni agaciro gakomeye. Giants of Africa si igitaramo cy’akarere, ni icy’isi.”

MC Tino yavuze ko uretse kuba inshuti ye, The Ben ari umwe mu bahanzi bafite igikundiro gihambaye mu Rwanda no mu mahanga, kandi ko ari we ufite idarapo ry’umuziki w’u Rwanda.

Ati “The Ben ntabwo asanzwe. Afite igikundiro gituruka ku Mana, ni wa muntu ukundwa n’ingeri z’abantu bose. Yarenze urwego rw’igihugu. N’iyo ugereranyije n’abandi bahanzi, ntawamugereranya nabo. Niwe muntu uhagarariye u Rwanda neza.”

Yavuze ko ubucuti bwabo bwatangiye kuva mu 2008, ubwo bombi bari bagitangira urugendo rwabo mu muziki. The Ben yinjiye mu muziki ari nako Tino yatangira kumva ko ashobora kugera kure muri uyu mwuga.

Yashimye kandi ko mu gihe yari amaze kwinjira mu itangazamakuru, yagiye ashyira imbere ibihangano bya The Ben, abimenyekanisha mu bitangazamakuru, ku maradiyo no mu birori binyuranye.

Ati “Nashoboye kumushyigikira mu buryo bushoboka bwose. N’umusanzu nishimira kuba naratanze. Kandi iyo bigeze nko ku wa Gatandatu, akakwiyambaza, ukamubera igisubizo, uba wumva waragize uruhare mu rugendo rw’undi muhanzi.”

MC Tino yasohotse muri Giants of Africa nk’umwe mu bitwaye neza. Guhurira ku rubyiniro na The Ben, baririmbana indirimbo Plenty, byamubereye igikorwa cy’amateka. N’ubwo amaze igihe kinini mu ruganda rw’imyidagaduro, avuga ko iki gitaramo kizahora kiri mu byamugize.

MC Tino na The Ben nyuma yo guhurira ku rubyiniro rwa Giants of Africa, aho baririmbanye bwa mbere indirimbo 'Plenty' yitiriye Album ya The Ben

MC Tino ari kumwe na Miss Ingabire Grace, umwe mu bafashije The Ben ku rubyiniro ubwo yaririmbaga indirimbo 'Habibi' mu gitaramo cya Giants of Africa

 

MC Tino ari kumwe na Ayra Starr nyuma y’igitaramo cya Giants of Africa 

The Ben yinjiye ku rubyiniro rwa Giants of Africa ashyigikiwe n’urusaku rw’abamukunda rwuzuye BK Arena 

Yitangiye abafana be atangirana indirimbo ‘Habibi’ — The Ben yerekanye impamvu ari inkingi ya muzika nyarwanda 

The Ben yanyuze imitima ya benshi muri Giants of Africa, abitsa ijwi rye mu mateka y’iri serukiramuco


The Ben yagaragaye nk’umugabo w’imbaraga, asusurutsa imbaga y’urubyiruko rwari rwitabiriye Giants of Africa 

Ari kumwe n’itsinda rimushyigikira, The Ben yaririmbye indirimbo ze zikunzwe zirimo ‘Habibi’ na ‘Plenty’, agaragaza icyizere mu muziki we

KANDA HANO UREBE UKO MC TINO NA THE BEN BATARAMANYE MURI GIANTS OF AFRICA

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO 'PLENTY' THE BEN YAKORANYE NA MC TINO



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...