Abari
bitabiriye iki gitaramo bari biteze kubona King James wenyine aririmba
indirimbo zamugize icyamamare. Gusa uko amasaha yagendaga ashira, byahindutse
igitaramo cyahuzaga ibisekuru bitandukanye by'abahanzi, bamwe bamaze imyaka
myinshi mu muziki, abandi bakizamuka, ndetse hari na benshi bahise bandika
amateka yabo yo gukandagira ku rubyiniro rwa BK Arena ku nshuro ya mbere.
Byabaye
ijoro ritari iryo kwizihiza King James gusa, ahubwo ryahindutse urubuga rwo
guha icyubahiro inshuti, abafatanyabikorwa n'abahanzi bagize uruhare mu rugendo
rwe.
King V ni we
wafunguye urubuga rw'amateka
Mbere
y'uko King James agaragara ku rubyiniro, King V ni we wabanje gushyushya
igitaramo.
Uyu
muhanzi uri mu bagezweho mu muziki nyarwanda yari amaze iminsi agaragaza
icyifuzo cyo kuririmba muri iki gitaramo. Mu kiganiro King James yari yagiranye
n'itangazamakuru mbere y'igitaramo, yemeye ko yabonye impano ye ndetse
amusezeranya kuzamwemerera kuririmba.
Ibyo yabivuze
ntiyabigarukaho gusa, ahubwo yabishyize mu bikorwa.
King
V yaririmbye indirimbo zirimo "Tattoo", "Suwawe (Kwihoma)",
"Tossa" na "Narahindutse", yerekana ko ashoboye
kwihagararaho imbere y'imbaga y'abafana barenga ibihumbi 10.
Zuba Ray yanditse
amateka ye bwa mbere muri BK Arena
Mu
gihe igitaramo cyari kimaze gufata indi ntera, King James yahamagaye Zuba Ray,
umwe mu bahanzikazi bashya ba Kina Music.
Byari
ubwa mbere uyu mukobwa akandagira ku rubyiniro rwa BK Arena.
Yahise
aririmbana na King James indirimbo "Ikirezi", imwe mu ndirimbo nshya
ziri gukundwa muri iyi minsi.
Nyuma
yo kuyiririmba, King James yafashe umwanya ashimira Miss Nishimwe Naomie n'umugabo
we bagize uruhare mu ifatwa ry'amashusho y'iyo ndirimbo.
Yagize
ati: "Zuba arakoze. Dushimire cyane Naomie wadufashije mu mashusho y'iyi
ndirimbo."
Byari
ibihe byagaragaje uburyo King James adatinya gushimira abantu bamufashije mu
rugendo rwe, kabone n'iyo baba batari abahanzi.
Clement Ishimwe
yasubije benshi inyuma mu mateka ya King James
Mu
bice byakoze ku mitima y'abitabiriye iki gitaramo, nta cyarutaga igihe King
James yahamagaraga Ishimwe Clement, washinze Kina Music.
Ntabwo
yamuhamagaye ngo baririmbe gusa.
Yabanje
gusangiza abafana amateka atari azwi na benshi, avuga ko hari igihe yari ageze
aho yumva ashobora guhagarika umuziki bitewe n'ibibazo yari arimo.
Yavuze
ko Clement Ishimwe ari we wamugaruriye icyizere, akamugira inama yo gutangira
gukora indirimbo zituje, icyemezo cyaje guhindura amateka y'urugendo rwe.
Ati:
"Maze kugera aho numva sinzi icyo nakora. Ni Clement wamfashije kongera
kwiyizera, anangira inama yo gutangira gukora indirimbo zituje."
Nyuma
y'aya magambo, Clement yicaye kuri piano y'umweru yari itatse indabo, bombi
bacuranga banaririmba "Amahitamo" na "Ese Warikiniraga".
Ni
umwe mu myanya waranzwe n'ituze, amarangamutima n'amashyi menshi.
Mu
gihe bari ku rubyiniro, insakazamashusho za BK Arena zagaragaje Butera Knowless
wari mu bafana, ibintu byakiriwe n'impundu zidasanzwe.
Ariel Wayz
yagarutse mu nzu asanzwe azi
Ku
isaha ya saa tatu n'iminota 52, Ariel Wayz yinjiye ku rubyiniro aririmbana na
King James indirimbo "Ndagukumbuye."
Nubwo
atari ubwa mbere yari aririmbiye muri BK Arena, uburyo yakiriwe bwagaragaje ko
iyi ndirimbo imaze kugira abakunzi benshi.
Nyuma
ye hakurikiyeho Itorero Inyamibwa, ryafatanyije na King James kuririmba
"Igitekerezo," ritanga uburyohe bw'umuco n'umuziki gakondo hagati mu
gitaramo.
Nicolas Peek
yagaruye ibihe bya kera
Ku
isaha ya saa tanu n'iminota ibiri, King James yabwiye abafana ko hari indirimbo
yakuranye akunda cyane.
Akimara
kubivuga yahamagaye Nicolas Peek.
Bombi
bahise baririmba "Kugasozi," indirimbo imaze imyaka myinshi ariko
kugeza ubu igifite umwanya ukomeye mu mitima y'abakunzi b'umuziki nyarwanda.
Abafana
bayiririmbye ijambo ku rindi, ibintu byagaragaje uburyo umuziki mwiza utajya
usaza.
Manick Yani
yanditse amateka muri BK Arena
Hashize
iminota mike, Manick Yani na we yahamagariwe ku rubyiniro.
Yafatanyije
na King James kuririmba "Akayobe," agaruka imbere y'abafana nyuma
y'igihe kinini atagaragara cyane mu muziki.
Uyu
muhanzi yanditse amateka ye kuko ari bwo bwa mbere yari aririmbiye muri BK
Arena. Yakiriwe n'urugwiro rw'abafana benshi bagaragaje ko bari bamukumbuye.
Mico The Best na
we yabonye BK Arena bwa mbere
Ku
isaha ya saa tanu n'iminota 11, Mico The Best yinjiye ku rubyiniro yambaye
imyambaro yiganjemo umutuku n'umukara.
Yaririmbanye
na King James indirimbo "Umugati." Mu buryo butari bwateguwe, abafana
batangiye gusaba Mico kubaririmbira "Igare."
Ntibyamusabye
gutekereza kabiri. Yabahaye agace gato k'iyo ndirimbo, ibintu byatumye
ibyishimo birushaho kwiyongera.
Nk'abandi
benshi bagaragaye muri iki gitaramo, na we yari ageze muri BK Arena bwa mbere
nk'umuhanzi uri ku rubyiniro.
Danny Nanone
yagaruye Hip Hop hagati mu gitaramo
Danny
Nanone ni we muraperi rukumbi watunguranye muri iki gitaramo.
Ku
isaha ya saa tanu n'iminota 16, yinjiye ku rubyiniro aririmbana na King James
indirimbo "Ijanisha." Byabaye nko kongera gusubiza Hip Hop ku
rubyiniro rwari rwiganjemo R&B na Afro-pop.
Yongeye
no guhura n'imbaga y'abafana barenga ibihumbi 10, ibintu byaherukaga kumubaho
mu bitaramo bikomeye byo mu Rwanda.
Shaffy yasoreje ku
rwego rwo hejuru
Mu
bahanzi batunguranye, Shaffy ni we wasoje uru rutonde. Uyu muhanzi umaze imyaka
myinshi mu muziki yageze ku rubyiniro aririmba "Akabanga," indirimbo
yahise ihinduka iy'abafana kuko bayiririmbye kuva ku ntangiriro kugeza ku
musozo.
Na
we yanditse amateka yo kuririmba muri BK Arena bwa mbere. Mu gusoza, yakuye
ikoti ry'umutuku yari yambaye aritera mu bafana, ibintu byatumye impundu
zongera kuzamuka mu nzu yose.
King James
yizihije amateka ye ayasangira n'abandi
Igitaramo
cya King James ntabwo cyabaye gusa icyo kwizihiza imyaka 20 amaze mu muziki.
Cyagaragayemo
abahanzi bakizamuka bahawe urubuga, abamufashije mu bihe bikomeye bahawe
icyubahiro, inshuti ze bahuriye ku rubyiniro ndetse n'abahanzi bamaze igihe
badakora ibitaramo bikomeye bongera guhura n'abakunzi babo.
Ikirenze
byose, cyabaye ijoro ryanditse amateka mashya kuko benshi muri abo bahanzi,
barimo King V, Zuba Ray, Mack Yanyi, Mico The Best na Shaffy, bari bageze muri
BK Arena bwa mbere nk'abaririmbye ku rubyiniro rwayo.
Ibyo ni byo byatumye ijoro ryo ku wa 1 Kanama 2026 ridahora mu mateka ya King James gusa, ahubwo rihinduka imwe mu mpapuro zidasibangana mu mateka y'umuziki nyarwanda, aho umuhanzi umwe yahisemo kwizihiza urugendo rwe atarwigaruriye wenyine, ahubwo arusangira n'abamufashije kurugeraho n'abazakomeza kurwubakira.

King James yahuriye ku rubyiniro na Zuba Ray baririmbana indirimbo 'Ikirezi' yamamaye muri iki gihe

Umuraperi Danny Nanone yaririmbanye na King James indirimbo yitwa 'Ijanisha' yamamaye


King James yaririmbye acungiwe na Ishimwe Karake Clement wamufashije mu rugendo rw'umuziki

King James yahuriye ku rubyiniro na Mico The Best bakoranye indirimbo 'Umugati'

King V yaririmbye muri iki gitaramo, nyuma yo guhabwa amahirwe na King James
Kanda hano urebe amafoto menshi yaranze igitaramo cya King James
