Uyu
muhanzi wamamaye mu ndirimbo zirimo ‘Arankunda’, yabwiye InyaRwanda ko
imyiteguro y’iki gitaramo iri kugenda neza, kandi ko azagihuriramo n’abahanzi
banyuranye barimo na mugenzi we Adrien Misigaro ndetse n’amatsinda yo kuramya
no guhimbaza Imana abarizwa muri Canada.
Ati: “Igitaramo nzi neza n’icyo nzakora hano iwacu muri Canada muri Kanama, ibindi
biracyari mu mugambi w’Imana.”
Yakomeje
avuga ko iki gitaramo kizaba cyitwa ‘Imani Yako Live Concert’, izina rikomoka
ku ndirimbo ‘Imani Yako’ yakoranye na Alpha Rwirangira, indirimbo yavuze ko
yakunzwe cyane ndetse ifite ubutumwa bwihariye bwo gukomeza abantu mu rugendo
rw’ubuzima.
Ati: “Iki gitaramo nacyitiriye indirimbo yakunzwe na benshi nakoranye na Alpha
Rwirangira. Irimo ubutumwa buvuga ngo ‘ukwizera kwawe kuragukijije’. Ndimo
ndashaka kubwira abantu ko bagomba kugira ukwizera, ni yo nsanganyamatsiko
y’igitaramo.”
Bobo
Muyoboke yavuze ko iki gitaramo kizaba ari umwanya wo kwegerana n’abakunzi
b’umuziki we baba muri Canada no hanze yayo, ndetse ko yifuza ko abantu
bazataha bafite icyizere gishya n’ihumure rituruka mu butumwa bwiza.
Yagaragaje
kandi ko mu mpera z’iki cyumweru ateganya gushyira hanze indirimbo nshya yise
‘Siyabonga’, ijambo ryo mu rurimi rw’Ikizulu risobanura “Warakoze”. Ati: “Ni
indirimbo ntekereza ko izafasha imitima ya benshi.”
Iyi
ndirimbo igiye gusohoka mu gihe uyu muhanzi ari no gutegura Album ye ya mbere,
avuga ko izaba ikubiyemo ubutumwa bwo kwizera, gushima no gukomeza abantu
banyura mu bihe bikomeye.
Bobo
Muyoboke yavuze ko nyuma y’iki gitaramo cyo muri Canada, afite n’indi migambi
irimo gukomeza gukora ibitaramo mu bihugu bitandukanye, mu rwego rwo kugeza
kure ubutumwa anyuza mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana.
Uyu muhanzi yatangiye urugendo rwe nk’umuhanzi wigenga mu 2017, aho yahereye ku ndirimbo y’Igiswahili yise ‘Ubarikiwe’. Kugeza ubu amaze gushyira hanze indirimbo zirimo ‘Barua’, ‘Mana Urazi’, ‘Iratabara’, ‘Arankunda’ n’izindi zakunzwe n’abatari bake.

Bobo Muyoboke yatangaje ko ageze kure imyiteguro y’igitaramo ateganya gukorera muri Canada
Bobo Muyoboke yavuze ko igitaramo ‘Imani Yako Live Concert’ kizaba kigamije gukomeza abantu mu kwizera

Bobo
Muyoboke na Adrien Misigaro bagiye guhurira mu gitaramo gikomeye cyo kuramya no
guhimbaza Imana muri Canada
KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO ‘MESIYA’ YA BOBO MUYOBOKE
