Ni nk’imfura yanjye- Ados wahuje Skilibombe mu ndirimbo iri kuri Album ye nshya -VIDEO

Imyidagaduro - 28/02/2026 5:18 PM
Share:

Umwanditsi:

Ni nk’imfura yanjye- Ados wahuje Skilibombe mu ndirimbo iri kuri Album ye nshya -VIDEO

Umuhanzi nyarwanda Ados Muzika ukorera ibikorwa bye by’umuziki ku mugabane w’u Burayi, muri Pologne, yasohoye indirimbo nshya yise “Imirimo”, yakoranye na Skilibombe. Iyi ndirimbo yagiye hanze kuri uyu wa Gatandatu tariki 28 Gashyantare 2026, iba iya mbere asohoye muri uyu mwaka.

Ni indirimbo ije itangiza urugendo rushya rwa Ados Muzika muri 2026, aho ateganya gusohora ibihangano bitandukanye bigamije gukomeza kugaragaza umwihariko we muri Hip Hop Nyarwanda ifite ubutumwa.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Ados Muzika yavuze ko “Imirimo” ari indirimbo igaruka ku rugendo rw’ubuzima, ku mihigo umuntu yihaye n’intego ashaka kugeraho.

Yagize ati: “Ni indirimbo yo kwibutsa urubyiruko ko gukora cyane, kwiyizera no kudacika intege ari byo shingiro ryo kugera ku nzozi. Nta kintu kidashoboka iyo wakoze ibyawe.”

Iyi ndirimbo igaruka ku buzima bwa buri munsi, ku mbaraga umuntu ashyira mu mirimo ye, ndetse no ku kwiyubaka mu rugendo rushobora kuba rutoroshye ariko rushoboka.

Kuba yarakoranye na Skilibombe byatumye indirimbo irushaho kugira imbaraga zinyuranye. Buri muhanzi yazanye uburyo bwe bwihariye mu miririmbire no mu gutanga ubutumwa, bituma “Imirimo ya Big Boy” iba igihangano gihuriweho n’impano zitandukanye ariko zihuriye ku ntego imwe.

Ados Muzika avuga ko yahisemo aba bahanzi kuko bafite ubuhanga mu gutanga ubutumwa bwubaka, kandi bakaba basanzwe bafite izina muri Hip Hop nyarwanda.

“Imirimo” iri kuri album nshya ya Ados Muzika yise “Ma Vie”, igizwe n’indirimbo 12. Nk’uko abyivugira, iyi album ni umushinga wuzuye amarangamutima, ugaruka ku byishimo n’agahinda, ku ntsinzi no gutsindwa.

Ati: “Album 'Ma Vie' ni ubuzima bwanjye; ni nk'imfura yanjye. Nashakaga ko umuntu uyumva yumva atari wenyine mu bihe arimo.”

Iyi album iri kugurishwa binyuze ku rubuga rwa Shopify, aho igura hafi amadolari 10, mu rwego rwo gushyigikira umuziki we mu buryo butaziguye.

Ados Muzika akorera umuziki hanze y’u Rwanda, ariko akavuga ko aho ari hose aharanira gusigasira umuco nyarwanda mu bihangano bye.

Kuba i Burayi byamuhaye amahirwe yo kwagura imyumvire no kwiga byinshi ku muziki mpuzamahanga, ariko akemeza ko abakunzi be bo mu Rwanda bakiri ku mutima we.

Yasoje ashimangira ko muri uyu mwaka abakunzi be bazabona ibihangano byinshi birimo ubutumwa, kandi bizagaragaza ko umuhanzi nyarwanda ashobora kugera kure atitaye ku mbogamizi. ‘Imirimo’ ni intangiriro y’urugendo rushya rwa Ados Muzika muri 2026, rugamije guha imbaraga abifuza kugera ku nzozi zabo.

Ados Muzika yatangije umwaka wa 2026 ashyira hanze ‘Imirimo’, indirimbo yakoranye na Skilibombe igaruka ku mbaraga z’urubyiruko ruharanira kugera ku nzozi zarwo

Mu ndirimbo ‘Imirimo ya Big Boy’, Ados Muzika ahamagarira urubyiruko gukora cyane no kudacika intege, afatanyije na Skilibombe mu guhuza 'Rap' ifite ubutumwa 

‘Imirimo ya Big Boy’ iri kuri album ‘Ma Vie’ ya Ados Muzika, umushinga ugaruka ku rugendo rw’ubuzima bwe no ku mihigo umuntu yiha mu buzima bwa buri munsi

Ados Muzika ubarizwa muri Pologne yahuje imbaraga na Skilibombe mu ndirimbo nshya ishimangira ko nta ntsinzi iboneka hatabayeho imirimo n’umuhate 

Ados agaragaza imbaraga ze muri “Imirimo”, azana imiririmbire ya 'Rap' ishyira imbere umuhate, kwiyizera no kudacika intege mu rugendo rw’ubuzima

Skilibombe yunze ubumwe na Ados Muzika mu ndirimbo “Imirimo ya Big Boy”, ashimangira ko gukora cyane no gushyira mu bikorwa intego ari byo bitanga umusaruro

KANDA HANO UBASHE KUREBA AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘IMIRIMO YA BIG BOY’ YA ADOS MUZIKA YAKORANYE NA SKILIBOMBE 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...