Ni nk'aho ijuru riba rikubwiye ngo ndi kumwe nawe - Apôtre Mignonne ku munsi Madamu Jeannette Kagame yitabiriye 'All Women Together'

Imyidagaduro - 06/08/2026 8:17 PM
Share:

Umwanditsi:

Ni nk'aho ijuru riba rikubwiye ngo ndi kumwe nawe - Apôtre Mignonne ku munsi Madamu Jeannette Kagame yitabiriye 'All Women Together'

Hari ibihe biba amateka mu rugendo rw'umuryango cyangwa umuntu ku giti cye. Hari n'ibindi bitanga icyizere gishya, bikongerera imbaraga abakomeje urugendo rwabo. Ku bayobozi ba Women Foundation Ministries, umunsi Madamu Jeannette Kagame yitabiraga igiterane ‘‘All Women Together-AWT’’ (Abagore Twese Hamwe) wabaye kimwe muri ibyo bihe batazigera bibagirwa.

Mu gihe imyiteguro y'igiterane All Women Together 2026 iri kugera ku musozo, Umuyobozi wa Women Foundation Ministries akaba n'Umushumba Mukuru wa Noble Family Church, Apôtre Alice Mignonne Kabera, yavuze ko gusurwa na Madamu Jeannette Kagame mu 2023 byabaye ikimenyetso gikomeye cyabongereye icyizere n'imbaraga zo gukomeza umurimo bari batangiye.

Yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki ya 6 Kanama 2026, mu kiganiro n'itangazamakuru cyabereye muri BK Arena, aho yagarutse ku myiteguro y'igiterane All Women Together 2026 kizaba kuva tariki ya 11 kugeza ku ya 15 Kanama 2026.

Ni igiterane gitegerejwe guhuriza hamwe ibihumbi by'abantu muri BK Arena mu gihe cy'iminsi itanu, gifite insanganyamatsiko igira iti "Kuva mu gutsikamirwa tujya mu butsinzi."

Imyaka 20 y'urugendo rwo kubaka ubuzima bw'abagore

Apôtre Alice Mignonne yavuze ko uyu mwaka ufite umwihariko kuko uzahurirana no kwizihiza imyaka 20 Women Foundation Ministries imaze ikora umurimo wo kwamamaza ingoma y’Imana no gufasha abagore kwigirira icyizere, kubaka imiryango no kugira uruhare mu iterambere ry'igihugu.

Yasobanuye ko muri iyo myaka bakoze ibikorwa bitandukanye byafashije abantu benshi kumenya Kristo, banatanga umusanzu mu bikorwa biteza imbere imibereho myiza y'Abanyarwanda.

Mu byo yavuze ko batazibagirwa muri uru rugendo harimo umunsi Madamu Jeannette Kagame yitabiraga igiterane All Women Together cyabereye muri Kigali Convention Center ku wa 11 Kanama 2023.

Ati: “Navuga ko umwaka wa 2023 twagiriwe, twahawe umugisha tugasurwa na Madamu Jeannette Kagame. Mu by'ukuri ntabwo ari ibintu twumvaga, tumenyereye cyangwa se twumva ko byakabaye ku bwacu ndibaza ko mwagiye mwumva ibyo twagiye tuvuga. Ntabwo twari tubizi, iyi myaka yose iki giterane cyari gihari kibera mu gihugu cy'u Rwanda,”

Yavuze ko kubona Umufasha wa Perezida wa Repubulika yifatanyije na bo byababereye ishimwe rikomeye.

Ati: "Nta kintu cyiza nko kumva Mama yaje, ni nk'umwana wabonye Mama yaje urishima [...] Kuba yaraje ni nk'aho ijuru riba rikubwiye ngo ndi kumwe nawe, ni nk'aho Imana iba yongeye kuguha imbaraga no mu bugingo [...]"

Aya magambo agaragaza uko abayobozi b'uyu muryango babifashe nk'ikimenyetso cy'inkunga n'icyizere cyabongereye imbaraga zo gukomeza umurimo.

Ubutumwa Madamu Jeannette Kagame yasize mu mitima y'abagore

Ku wa 11 Kanama 2023, Madamu Jeannette Kagame yitabiriye iki giterane, asaba abagore guhuza ubukirisitu n'indangagaciro z'umuco nyarwanda, bagakorana umurava kugira ngo bagire uruhare mu iterambere ry'igihugu.

Yashimangiye ko kubaka ubushobozi bw'umugore ari ugushyigikira iterambere ry'umuryango n'igihugu muri rusange.

Yagize ati: "Ubwo u Rwanda rufite ba Mpinganzima bangana nkamwe, turahirwa. Iyo wubatse ubushobozi bw’umugore, uba wubatse umuryango, bityo ukaba uteje imbere igihugu.”

Yanagaragaje ko kubaho ku muntu bidakwiye kuba impanuka ahubwo ubuzima bwa buri wese bukwiye kugira intego. Ati: “Kubaho kwacu si impanuka, ubuzima bwacu bukwiye kugira intego.’’

Madamu Jeannette Kagame yasabye abagore kurangwa n'urukundo, kwirinda kwikuza no gukomeza kubakira ku ndangagaciro zibaranga mu miryango no mu mirimo bakora.

Yagize ati: "Abagore twese hamwe”, ari twe bari hano uyu munsi no ku Isi hose, muri wa mutima w’umugore uhora ushaka kunoza, dusabwa guhuza inshingano z’umukirisitu, indangagaciro z’umuco n’icyo umuryango n’igihugu bidutegerejeho – byose tukabikorana umuhate n’umutima ukunze.’’

Yongeyeho ko abagore bakwiye gukomeza kugira uruhare mu bikorwa biteza imbere ubuzima bw'umwana n'umubyeyi, birimo isuku, imirire n'izindi gahunda zubaka imibereho myiza.

Mu butumwa bwe kandi, yibukije abayobozi b'amadini n'amatorero gukomeza kurinda abo bayobora, anashishikariza abakirisitu kujyanisha ukwizera no gushishoza kugira ngo batagwa mu bishuko bibambura ubuzima cyangwa agaciro.

All Women Together igiye kongera guhuriza ibihumbi muri BK Arena

Uyu mwaka, All Women Together izabera muri BK Arena kuva tariki ya 11 kugeza ku ya 15 Kanama 2026, aho biteganyijwe ko izahuza ibihumbi by'abantu baturutse hirya no hino.

Iki giterane gitegurwa na Women Foundation Ministries, kikaba kiri mu nkingi z'umuhamagaro wa Apôtre Alice Mignonne Kabera.

Usibye kwigisha Ijambo ry'Imana, gitegurwa hagamijwe gufasha abagore kwiyubaka, kongera icyizere, kubaka imiryango ihamye no kugira uruhare mu iterambere rya sosiyete.

Mu gihe uyu muryango wizihiza imyaka 20 umaze ukora umurimo, abayobozi bawo bavuga ko gukomeza kubona abantu benshi bitabira no kubona inkunga y'inzego zitandukanye, harimo n'uruzinduko rwa Madamu Jeannette Kagame mu 2023, bibaha icyizere cy'uko urugendo batangiye rukomeje gutanga umusaruro.

Apôtre Alice Mignone Kabera yavuze ko imyaka 20 ya Women Foundation Ministries ari urugendo rwuzuyemo ubuntu bw'Imana n'ubuhamya bwinshi


Kuba Madamu Jeannette Kagame yaritabiriye All Women Together byabaye imbaraga zikomeye ku rugendo rwa Women Foundation Ministries, nk'uko byagarutsweho na Apôtre Alice Mignone

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO KIRAMBUYE HANO

VIDEO: Dox Visual /InyaRwanda


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...