Ni njye wa mbere userukiye umuryango - Chriss D winjiye mu rugendo rw’umuziki

Imyidagaduro - 05/05/2026 10:29 AM
Share:

Umwanditsi:

Ni njye wa mbere userukiye umuryango - Chriss D winjiye mu rugendo rw’umuziki

Umuhanzi nyarwanda uzwi ku izina rya Chriss D ari gutangira indi ntambwe nshya mu muziki we, nyuma yo gushyira hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise ‘Danse’, indirimbo avuga ko ari intangiriro y’urugendo rushya arimo gutegura mu buhanzi bwe.

Chriss D si izina rimaze igihe kinini mu muziki nyarwanda, kuko yatangiye kuwukora mu 2022. Icyo gihe yari amaze kwitabira amarushanwa atandukanye, ari na yo yamuhaye icyizere cyo gukomeza gukurikirana impano ye.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, yavuze ko indirimbo ye ya mbere yitwa ‘No Jokes’, yakozwe na Producer Bonia, ari yo yamubereye intangiriro ikomeye. Ati: “Ni yo yampaye ikizere cy’uko nshobora gukora umuziki nk’umwuga.”

Yakomeje asobanura ko mbere yo kuyinjira mu buryo bw’umwuga, yabanje kugaragaza impano ye mu marushanwa atandukanye.

Yagaragaye kuri Kiss FM mu kiganiro cya Uncle Austin aho yitwaye neza, anitabira irushanwa rya ‘Twika’ ryari ryateguwe mu gihe cya ‘Poromosiyo’ ya porogaramu ya Ayoba ya MTN, aho yabaye uwa gatatu.

Nubwo urugendo rwe rutari rworoshye mu ntangiriro, by’umwihariko bitewe n’uko ababyeyi be batabyumvaga neza, Chriss D avuga ko nyuma yo kubona ibiraka biturutse ku ndirimbo ‘No Jokes’, yafashe icyemezo cyo gufata umuziki nk’umwuga we wa burundu.

Yagize ati: “Natangiye kubona ko bishoboka, nza gufata umwanzuro wo kuwukora nk’akazi kanjye ka buri munsi.”

Ikindi kigaragaza umwihariko we ni uko ari “Njye wa mbere mu muryango winjiye mu muziki”, ibintu avuga ko bimutera imbaraga zo gukora cyane kugira ngo yigaragaze.

Mu bahanzi afatiraho icyitegererezo, yavuze ko akunda cyane Chris Brown, by’umwihariko kubera ubuhanga bwe mu kuririmba no kubyina, ari na ho yakuye izina rya “Chriss”. Mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba ho, akunda Diamond Platnumz kubera uburyo yitwara ku rubyiniro n’imyandikire ye y’indirimbo.

Ku ndirimbo ye nshya ‘Danse’, Chriss D yavuze ko igamije gushimangira akamaro ko kubyina mu rukundo. Ati “Kubyina byongera umubano hagati y’abakundana. Ni n’uburyo bwiza bwo kugaragariza umuntu ko umukunda, cyane cyane niba waratinye kubimubwira."

Uyu muhanzi agaragaza ko afite intego yo gukomeza gukora cyane no kuzamura izina rye mu muziki nyarwanda, aho ‘Danse’ ibaye intangiriro y’icyiciro gishya yifuza ko cyazamugeza ku rwego rwo hejuru.

Chriss D yatangiye urugendo rushya mu muziki asohora amashusho y’indirimbo ye ‘Danse’ 


‘Danse’ ya Chriss D si indirimbo gusa, ni ubutumwa bw’urukundo n’imyiyereko mishya mu muziki we  


Nyuma ya ‘No Jokes’, Chriss D agarukanye imbaraga nshya mu ndirimbo ‘Danse’ itangiza indi ntambwe ye

KANDA HANO UBASHE KUREBA  AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘DANCE’ Y’UMUHANZI CHRISS D



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...