Pilate yagaragaje ko kuba umufana
w’umuhanzi atari gusa kumva indirimbo ze, kuzishyira ku mbuga nkoranyambaga
cyangwa kumushyigikira mu bitaramo, ahubwo ko kuri bamwe bishobora no kugera ku
bikorwa byihariye bigaragaza urwego urwo rukundo n’ubufana bigezeho.
Mu mashusho yashyize hanze, Pilate
yerekanye ku kuboko kwe kw’ibumoso handitseho izina ‘Bruce #001’ ndetse
n’ijambo ‘Itahiwacu’, amagambo afitanye isano n’umuhanzi Bruce Melodie
n’abafana be.
Yabwiye InyaRwanda ko iki gikorwa
yagikoze ku wa Gatatu tariki ya 16 Nzeri 2026, abifashijwemo n’umusore usanzwe
akora ibijyanye no kwiyandikisha ku mubiri, wamukoreye iyo tatoo ku buntu.
Pilate yavuze ko yari azi neza ko
kwiyandikisha ku mubiri atari igikorwa cyoroshye, cyane ko bishobora gutera
ububabare kandi ko kubikuraho na byo bitoroshye.
Ati: “Hari umusore usanzwe ukora
kariya kazi ko gushushanya cyangwa se gukora tatoo ni we nasabye, rero
arabinkorera ku buntu. Ni ibintu nzi neza ko kuvaho bigoye, kuko unyura mu
buribwe bukomeye.”
Ku bafana, uburyo bwo kugaragaza
urukundo bafitiye umuhanzi bakunda buratandukanye. Hari abamushyigikira bagura
ibihangano bye, bakitabira ibitaramo bye, abandi bagakurikira ibikorwa bye ku
mbuga nkoranyambaga, mu gihe hari n'abahitamo gukora ibikorwa byihariye kugira
ngo bagaragaze ko uwo muhanzi afite umwanya wihariye mu buzima bwabo.
Kuri Pilate ho, kwiyandikisha izina
rya Bruce Melodie ku kuboko kwe bifite igisobanuro kirenze kuba yaranditse
izina ry’umuhanzi akunda.
‘Bruce #001’ ni uburyo yagaragaje
ko yiyumva nk’umwe mu bafana ba mbere b’uyu muhanzi, mu gihe ‘Igitangaza’ ari
izina ryahujwe n’itsinda ry’abafana ba Bruce Melodie ndetse n’ibikorwa bye bya
muzika.
Pilate avuga ko kuba yarafashe
umwanzuro wo kwiyandikisha aya magambo ku mubiri ari ugukomeza gushimangira
umwanya yiyumvamo mu bafana ba Bruce Melodie.
Iki gikorwa cya Pilate cyongeye
kugaragaza uburyo abafana bashobora kugira uruhare runini mu rugendo
rw’umuhanzi. Kuko ku ruhande rumwe umuhanzi aba akeneye gukora ibihangano
bikundwa, ariko ku rundi ruhande abafana bakaba ari bo babiha ubuzima binyuze
mu kubyumva, kubisangiza abandi, kwitabira ibitaramo no kubagaragariza ko
bafite umwanya mu buzima bwabo.
Mu muziki, hari abafana bagenda
bakora ibikorwa bitandukanye kugira ngo berekane ko bashyigikiye abahanzi babo.
Bamwe bambara imyenda iriho amazina
cyangwa amafoto y’abahanzi bakunda, abandi bakagira amazina yabo nk’amazina
y’ibanga ku mbuga nkoranyambaga, mu gihe hari n’abagera ku rwego rwo
kwishushanyaho ibirango, amazina cyangwa amagambo bifitanye isano n’umuhanzi.
Nubwo ibyo bikorwa bitandukanye
bitewe n’umuntu n’urwego rw’ubufana bwe, akenshi biba bigamije kugaragaza ko
umuhanzi atari umuntu bakurikira gusa mu muziki, ahubwo ko ibihangano bye
cyangwa urugendo rwe hari icyo bisobanuye ku buzima bw’umufana.
Kuri Pilate, kwiyandikisha ‘Bruce
#001’ na ‘Igitangaza’ ku kuboko kwe ni ubutumwa avuga ko bworoshye
kubusobanura: ashaka kugaragaza ko ari umufana wa Bruce Melodie kandi ko
yiyumva nk’uhagarariye abandi bafana be.
Ni igikorwa cyabaye mu gihe Bruce
Melodie ari mu bahanzi b’abanyarwanda bafite abafana benshi, ndetse kikaba
cyerekana indi sura y’uburyo umuhanzi n’umufana we bashobora kugira umubano
urenze kumva indirimbo gusa.
Mu gihe bamwe mu bafana bagaragaza ubwitange bwabo mu buryo busanzwe, Pilate we yahisemo uburyo buzagumana na we igihe kirekire, nubwo ubwe yemera ko kubikuraho bitaba byoroshye.

Pilate yavuze ko yahisemo
kwiyandikishaho Bruce Melodie mu gushimangira urukundo akunda uyu muhanzi
Pilate yavuze ko yiyumva nk’umufana uhagarariye abandi, ari nayo mpamvu abigaragaza mu ruhame

Pilate ari kwitegura gutaramira abakunzi be mu gitaramo cya Gen-Z Comedy kizabera muri Camp Kigali ku wa 24 Nzeri 2026
