Kandi bombi ntibahwema kugereranywa haba ku mbuga nkoranyambaga, ku mibare y’abumva ibihangano byabo ndetse no ku rwego rw’ubwamamare bafite mu Rwanda no hanze yarwo. Ni impaka zimaze imyaka myinshi.
Hari abemeza ko The Ben ari we mwami wa R&B
nyarwanda kubera amateka ye n’inzira yafunguye, abandi bakavuga ko Bruce
Melodie yamaze gufata inkoni y’ubuyobozi kubera uburyo amaze imyaka myinshi
yigarurira isoko rya muzika n’imibare ikomeza kumushyira imbere.
Mu
gihe impande zombi zikomeza guterana amagambo, imibare ni yo iba ururimi
rudashidikanywaho. Iyo urebye imyaka bamaze mu muziki, uko bakurikirwa ku mbuga
nkoranyambaga, uko bumvwa ku mbuga zicururizwaho umuziki, uko bahagaze kuri
YouTube ndetse n’uburemere bw’abo bakoranye indirimbo mpuzamahanga, ubona
ishusho ishobora gusubiza ikibazo benshi bibaza: Ni nde uhetse undi hagati ya Bruce Melodie na The Ben?
1.The Ben arusha
Bruce Melodie imyaka mu muziki
The
Ben yatangiye kumenyekana mu muziki nyarwanda mu myaka ya 2007 na 2008, ndetse
icyo gihe yahise yegukana ibihembo bya Salax Awards nk’umuhanzi mwiza wa
R&B.
Ku
rundi ruhande, Bruce Melodie yatangiye urugendo rwe mu buryo bugaragara mu 2010
mbere yo gusohora indirimbo zamugize icyamamare zirimo “Tubivemo” mu 2013.
Aha
rero, The Ben ni we uyoboye mu rugendo rw’igihe kuko amurusha imyaka itatu mu
mwuga.
Bruce Melodie
ayoboye kuri Instagram na X
Mu
gihe isi y’imyidagaduro isigaye ishingira cyane ku mbaraga z’imbuga
nkoranyambaga, Instagram na X biri mu bipimo bikomeye by’ubwamamare.
Bruce
Melodie akurikirwa n’abarenga miliyoni 1.2 kuri Instagram, mu gihe The Ben
akurikirwa na miliyoni 1.
Kuri
X, Bruce Melodie afite abamukurikira 137,800 mu gihe The Ben afite 39,500.
Ibi
bivuze ko kuri izi mbuga ebyiri zikomeye, Bruce Melodie ari imbere ya The Ben
ku ntera ifatika.
The Ben
yigaranzura Bruce kuri Facebook na TikTok
Nubwo
Bruce Melodie ayoboye kuri Instagram na X, The Ben ni we ufite imbaraga nyinshi
kuri Facebook.
The
Ben akurikirwa n’abarenga ibihumbi 685 kuri Facebook, mu gihe Bruce Melodie
afite ibihumbi 408.
No
kuri TikTok, The Ben ni we uyoboye.
Aha
The Ben agaragaza ko afite igikundiro gikomeye cyane ku bakoresha TikTok,
urubuga rwabaye ingenzi cyane mu kwamamaza no gukwirakwiza umuziki muri iki
gihe.
Spotify na
Audiomack: Bruce Melodie afata umwanya wa mbere
Ku
bijyanye no kumvwa ku mbuga z’umuziki, Bruce Melodie agaragara nk’uwigaranzuye
The Ben.
Kuri
Spotify, Bruce Melodie yumvwa n’abagera ku 233,015 buri kwezi.
Ibi
bivuze ko Bruce Melodie arusha The Ben inshuro zirenga ebyiri ku mubare
w’abamwumva buri kwezi kuri uru rubuga.
No
kuri Audiomack, Bruce Melodie ayoboye mu mubare rusange w’abumvise ibihangano
bye.
Nubwo
The Ben afite aba-followers benshi kuri Audiomack kurusha Bruce Melodie,
umusaruro w’ibihangano byamaze kumvwa ushyira Bruce Melodie imbere.
YouTube: Bruce
Melodie yubatse ubwami bukomeye
Iyo
ugeze kuri YouTube, ikinyuranyo kirushaho kugaragara.
Ikindi
gitangaje ni uko Bruce Melodie afite amashusho (Video) arenga 200 kuri shene
ye, mu gihe The Ben afite amashusho (Video) 29 gusa.
Ibi
bigaragaza ko Bruce Melodie yashoye cyane muri YouTube kandi akayibyaza
umusaruro mu buryo buhoraho.
Ku ruhando
mpuzamahanga, bombi bafite ibigwi
Bruce
Melodie amaze gukorana indirimbo n’amazina akomeye muri Afurika no hanze yayo
arimo Joeboy, Diamond Platnumz, Brown Joel, Bien Aime, Blaq Diamond, Harmonize,
Sheebah Karungi ndetse na Shaggy wo muri Jamaica.
The
Ben na we ntabwo ari muto muri uru rugendo. Yakoranye na Diamond Platnumz,
Otile Brown, Mbosso, Sheebah Karungi, B2C, Rema Namakula ndetse n’abandi bahanzi bafite
amazina akomeye mu karere.
Iyo
urebye uburemere bw’amazina y’abo bakoranye, bombi bafite uruhare rukomeye mu
gusohora umuziki nyarwanda hanze y’u Rwanda, nubwo Bruce Melodie mu myaka ya vuba
ari we wagaragaye cyane mu mishinga mpuzamahanga ikurikiranye.
None se ni nde
uhetse undi?
Iyo
urebye amateka n’igihe bamaze mu muziki, The Ben ni we uri imbere.
Iyo
urebye Facebook na TikTok, The Ben na bwo ni we uyoboye.
Ariko
iyo ugeze ku mbuga zifite uruhare runini mu gukwirakwiza umuziki muri iki gihe
zirimo Instagram, X, Spotify, Audiomack na YouTube, Bruce Melodie ni we
uyoboye.
Mu
bipimo bitanu bikomeye bifitanye isano no kumvwa no gukurikirwa ku muziki ku
rwego mpuzamahanga, Bruce Melodie ni we ufite imibare myiza kurusha The Ben.
Ibi
ntibisobanura ko The Ben yasigaye cyangwa ko yatakaje igikundiro. Ahubwo
bigaragaza ko The Ben akomeje kuba umwe mu bahanzi bafite amateka akomeye
kurusha benshi mu Rwanda, mu gihe Bruce Melodie ari we uri kwiharira umwanya wa
mbere mu mibare y’iki gihe.
Niba
urubanza ruciwe n’imibare gusa, Bruce Melodie ni we ugaragara nk’uyoboye muri
iki gihe. Ariko niba harebwa amateka, imyaka mu muziki n’uruhare yagize mu
gufungura amarembo ku bahanzi benshi bamukurikiye, The Ben yaba ari ku isonga mu buryo buagibwaho impaka.
Ni yo mpamvu igisubizo cy’iki kibazo kidashobora kuba cyera cyangwa umukara gusa. The Ben ni umwami w’amateka, Bruce Melodie akaba umwami w’imibare y’ubu. Kandi ni ho ihangana ryabo rikomeza gukurura impaka zitarangira mu bakunzi b’umuziki nyarwanda.

Bruce Melodie ayoboye kuri Spotify, Audiomack na YouTube, ibintu bituma benshi bamufata nk’umuhanzi uri ku isonga mu Rwanda muri iki gihe

N’ubwo arusha The Ben imyaka mike mu muziki, Bruce Melodie yamaze kwigarurira Instagram na X ndetse anegukana imibare ikomeye mu kumvwa ku mbuga zicururizwaho umuziki (streaming)

The Ben ni we umaze imyaka myinshi mu muziki kurusha Bruce Melodie, ndetse anayoboye kuri Facebook na TikTok mu mubare w’abamukurikira

Imyaka 19 mu muziki, ibihumbi 685 bimukurikira kuri Facebook na miliyoni 5.2 za likes kuri TikTok; imibare igaragaza ko The Ben agifite igikundiro gikomeye mu bakunzi b’umuziki
i
