Ibi
yabitangaje nyuma yo gusoza igitaramo cya MTN Iwacu Muzika Festival 2026
cyabereye muri Stade ya Muhanga ku wa 04 Nyakanga 2026, aho yari umuhanzi wakomye umurishyo wa nyuma
w'iki gitaramo cyitabiriwe n'imbaga y'abakunzi b'umuziki.
Chriss
Eazy yaririmbye zimwe mu ndirimbo zamugize icyamamare zirimo 'Sampe', 'Fasta',
'Sambolela', 'Sekoma' n'izindi, aho buri ndirimbo yakirwaga n'amajwi y'abafana
bayiririmbaga ijambo ku rindi, ibintu byongeye kugaragaza ko ari umwe mu
bahanzi bafite igikundiro gikomeye mu rubyiruko.
Mu
bihe byashimishije benshi harimo n'igihe ku rubyiniro haje Utah Nice,
bafatanyije kuririmba indirimbo yabo 'My Mind', imaze igihe iri mu zikunzwe
cyane. Abafana bayakiranye ubwuzu, bayiririmba banayibyina kuva itangiye kugeza
irangiye, ibintu byagaragaje uburyo iyi ndirimbo yakunzwe mu gihugu hose.
Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, nyuma yo kuva ku rubyiniro, Chriss Eazy
yavuze ko yari amaze igihe yumva bavuga uburyo Abanya-Muhanga bakunda umuziki,
ariko ko kubyibonera byamurenze.
Yagize
ati: "Ndishimye cyane. Ntabwo nari nzi ko i Muhanga bigenda gutya. Ni ubwa
mbere tuhataramiye nka Chriss Eazy. Biyongereye ku rutonde rw'ahantu nzahora
nkumbura gukorera."
Uyu
muhanzi yavuze ko uburyo yakiriwe i Muhanga bwamweretse ko igihe kigeze kugira
ibitaramo bye bwite aho kuba ategereza gusa ibitaramo bitumirwamo abahanzi
benshi.
Yavuze
ko ari gutegura igitaramo cye cya mbere, hanyuma nyuma yacyo agatangira gahunda
yo kuzenguruka igihugu cyose, ageza umuziki we ku bafana bo mu Turere
dutandukanye.
Yagize
ati: "Hari gahunda ndi gutegura y'igitaramo cyanjye nka Chriss Eazy. Nyuma
yacyo nkategura ‘Tour’ yazenguruka u Rwanda, Imana ibimfashijemo, kuko nanjye
ndabyifuza. Ninkora iyo Tour, Muhanga ntabwo nayibagirwa, izaza mu
b'imbere."
Aya
magambo agaragaza ko Chriss Eazy atifuza kuguma mu gitaramo kimwe cyangwa
bibiri bikomeye gusa, ahubwo ashaka kwegera abafana be bo mu gihugu hose,
akabaha amahirwe yo kumubona ari ku rubyiniro mu bitaramo bye bwite.
Mu
myaka mike amaze mu muziki, Chriss Eazy amaze kwiyubakira izina rikomeye
abikesheje indirimbo zakunzwe zirimo 'Bana', 'Inana', 'Fasta', 'Sampe',
'Sambolela', 'Sekoma' n'izindi, ndetse akaba ari umwe mu bahanzi bakunze
gutumirwa mu bitaramo bikomeye kubera uburyo asusurutsa abafana.
Naramuka
ashyize mu bikorwa uyu mushinga, yaba yiyongereye ku rutonde rw'abahanzi
nyarwanda bafite intego yo kujyana ibitaramo byabo mu bice bitandukanye
by'igihugu, ibintu byafasha kurushaho kwegera abakunzi b'umuziki no guteza
imbere umuco wo gukora ibitaramo byihariye hanze ya Kigali.
Abakunzi
b'umuziki by'umwihariko abo mu Karere ka Muhanga, bafite impamvu yo kwizera ko
nibura mu gihe kiri imbere bazaba bari mu ba mbere bazakirira uru rugendo
rw'ibitaramo, dore ko Chriss Eazy ubwe yavuze ko uru rukundo bamweretse
rwamukoze ku mutima ku buryo atazigera abibagirwa.

Chriss
Eazy yatangaje ko yatunguwe n’uburyo ab’i Muhanga bashyigikira abahanzi

Chriss
Eazy yavuze ko ari gutekereza gukora igitaramo cye bwite mu rugendo rw’imyaka 7
ishize ari mu muziki


Umuhanzikazi Utah Nice yahiriwe n'ibitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival, nyuma yo gukorana indirimbo na Chriss Eazy
KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA CHRISS EAZY
KANDA HANO UREBE UKO CHRISS EAZY YITWAYE KU RUBYINIRO I MUHANGA
