Ni kimwe mu bintu byiza tugezeho - Burikantu na Buringuni nyuma yo guhabwa ijambo mu Ihuriro ry'Urubyiruko –VIDEO

Imyidagaduro - 04/06/2026 9:10 AM
Share:

Umwanditsi:

Ni kimwe mu bintu byiza tugezeho - Burikantu na Buringuni nyuma yo guhabwa ijambo mu Ihuriro ry'Urubyiruko –VIDEO

Mu rugendo rwabo rwatangiye nk’urwenya rugamije gusetsa abantu ku mbuga nkoranyambaga, Burikantu na Buringuni bageze ku rwego rwo kuba amajwi yumvwa n’urubyiruko mu bikorwa bikomeye byubaka igihugu.

Ku wa 30 Gicurasi 2026, aba basore batunguwe no kwisanga bari mu bahawe umwanya wo gutanga ibitekerezo mu Ihuriro ry’Urubyiruko, Igihango cy’Urungano ry’umwaka wa 2026, ryahuje abarenga 2000 ku nsanganyamatsiko igira iti “Rubyiruko, Turwanye Ingengabitekerezo ya Jenoside, Twimakaze Ubumwe n’Ubudaheranwa”, ryitabiriwe na Madamu Jeannette Kagame.

Ni umunsi bavuga ko utazibagirana mu mateka yabo, kuko wabahesheje icyizere gishya cyo kumenya ko urwenya rwabo rutakiri urwo gusetsa gusa, ahubwo rwahindutse urubuga rwo gutambutsaho ubutumwa bugira umumaro ku gihugu n’urubyiruko.

Iyo uganira na Mwitende Abdulkarim uzwi nka Burikantu, agaragaza ko kugeza ku munota wa nyuma atari yiteze ko ashobora kuzahabwa umwanya wo kuvugira imbere y’imbaga nk’iyo.

Yemera ko byamutunguye cyane, cyane cyane kubera uburemere bw’ikorwa ndetse n’abari baryitabiriye. Ati: “Numvaga tutari mu bantu bahabwa ijambo. Iyo ufite amahirwe yo guhura n’urubyiruko kandi ugahura na rwo ruri kumwe na Mama wabo, ntabwo baba banyumvise kubera ko ari njyewe. Ahubwo uruvugiro naruhawe na Mama w’Igihugu kugira ngo banyumve.”

Aya magambo agaragaza uburyo yumvise uburemere bw’icyizere yari ahawe. Kuri we, ntabwo byari uguhabwa mikoro gusa, ahubwo byari uguhabwa inshingano yo kuvugira urubyiruko imbere y’umubyeyi warwo.

Mu byo yari yateguye kuvuga, Burikantu yari afite intego yo gusangiza urubyiruko ibitekerezo byabafasha kurushaho kwigira no gushaka ibisubizo by’ibibazo bihura na byo, cyane cyane ibijyanye n’ubukungu n’akazi, bakirinda ingengabitekerezo ya Jenoside.

Mu gihe Burikantu yari afite ibyo yifuza kugeza ku rubyiruko, Buringuni we yari yarafashe icyemezo cyo gusigira mugenzi we uwo mwanya.

Avuga ko mbere y’inama bari babiganiriyeho, bemeranya ko Burikantu ari we ugira icyo avuga mu izina yabo. Ariko ibintu byaje guhinduka ageze imbere y’imbaga.

Ati: “Twari twabiganiriyeho ndamubwira nti haguruka ubivuge. Ariko mbonye ukuntu bari kutwakira, numva ko ntagize icyo nkora naba nkoze ikosa kubera ko badufitiye icyizere.”

Aha ni ho havuye icyemezo cyo guhagurukana na mugenzi we, kugira ngo ubutumwa bwabo burusheho kugera ku bari aho.

Ni icyemezo cyagaragaje ubufatanye bwabo, bumaze imyaka bushingiye ku kubakira hamwe inzozi, haba mu rwenya no mu bindi bikorwa by’ubucuruzi n’iterambere bakora.

Nubwo bemera ko ubwoba bwari bwinshi, bavuga ko amarangamutima y’ibyishimo ari yo yabarenze.

Kuri bo, kuba urubyiruko rwabategaga amatwi, kandi rukabikora imbere y’abayobozi bakuru b’Igihugu, byabaye ikimenyetso cyerekana urugendo rurerure bamaze gukora ndetse n’aho bageze.

Buringuni ati: “Twari dufite ubwoba, ariko amarangamutima yacu akubiye mu byishimo. Ni kimwe mu bintu byiza tugezeho, kandi binagoye kuzongera kubigeraho.”

Aya magambo agaragaza uburyo babifata nk’intambwe idasanzwe mu buzima bwabo, kuko ari ibintu bitabaho buri munsi ku banyamurongo b’urwenya.

Mu myaka ishize, Burikantu na Buringuni bubatse izina rikomeye binyuze mu mashusho asekeje yakunzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga. Ariko uko imyaka yagiye ishira, ibikorwa byabo byatangiye kurenga urwenya rusanzwe, bijya no mu butumwa bwigisha, bukangurira abantu gukora, kwigira no kugira uruhare mu iterambere.

Kuba barahawe umwanya mu Ihuriro ry’Urubyiruko ni ikimenyetso cy’uko ibikorwa byabo bitangiye kureberwa kure y’urwenya gusa, ahubwo nk’umuyoboro ushobora gufasha mu gutanga ibitekerezo byubaka igihugu.

Ni na yo mpamvu Buringuni yemeza ko bakiri mu rugendo rwo gukomeza gukora cyane. Ati: “Mu gihe cyose turi gukora ibi bintu ari twe ba mbere, tuzakomeza gutera imbere.”

Ayo magambo ntabwo agaragaza gusa icyizere bafite ku hazaza habo, ahubwo anasobanura uburyo babona uruhare rwabo muri sosiyete y’uyu munsi.

Hari abantu benshi bakurikirana Burikantu na Buringuni kubera urwenya rwabo, ariko umunsi bahabwa ijambo mu ihuriro nk’iri ushobora kuba warahinduye uko bamwe bababonaga.

Kuri Burikantu na Buringuni, uriya munsi ntabwo wari uwo kuvuga amagambo make imbere y’abarenga 2000 gusa. Wari umunsi wabibukije ko urwenya rwabo rwamaze kuba urubuga rw’ibitekerezo, kandi ko amajwi yabo ashobora kugira uruhare mu kubaka ejo hazaza h’urubyiruko rw’u Rwanda.

Burikantu na Buringuni batangaje ko guhabwa ijambo mu Ihuriro ry’Urubyiruko ryitabiriwe na Madamu Jeannette Kagame ari kimwe mu bintu byiza bagezeho mu rugendo rwabo

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA BURIKANTU NA BURINGUNI

VIDEO: Melvin Pro/ InyaRwanda



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...