Amakuru
InyaRwanda yamenye ni uko uru rugendo rufite intego zitandukanye kuri buri
muhanzi, ariko bose bahuriye ku kwagura ibikorwa byabo mu karere ka Afurika
y’Iburasirazuba.
Ku
ruhande rwa Bruce Melodie, ajyanywe no gukomeza kumenyekanisha indirimbo ye
nshya “Pom Pom” yakoranye na Diamond Platnumz ndetse na Joel Brown wo muri
Nigeria.
Iyi
ndirimbo iri mu zikomeje kuvugisha benshi mu karere, bityo urugendo rwe rukaba
rugamije kuyegereza isoko rya Uganda no gukomeza ubukangurambaga bwo
kuyimenyekanisha.
Si
ibyo gusa kuko ku Cyumweru tariki 15 Gashyantare 2026, Bruce Melodie
azataramira muri Guvnor Club i Kampala mu gitaramo kizaba kiri mu rwego rwo
kwizihiza Umunsi w’Abakundana, Saint Valentin. Biteganyijwe ko azaririmba zimwe
mu ndirimbo ze zakunzwe zirimo n’iyi nshya ari kwamamaza.
Bruce
Melodie yagiye aherekejwe n’itsinda risanzwe rimufasha mu muziki, ririmo
Etienne wo mu itsinda rya Symphony Band ndetse na Yugi Umukaraza uzwi mu kuvuza
ingoma, mu rwego rwo gutanga igitaramo kiri ku rwego rwo hejuru.
Ku
rundi ruhande, Bwiza nawe ajyanye gahunda zijyanye no gutegura ibikorwa bye
by’umuziki mu rwego rwo kwagura urugendo rwe mpuzamahanga.
Uyu
muhanzikazi ari kwitegura ibitaramo ateganya gukorera ku migabane itandukanye,
mu rwego rwo kumenyekanisha Album ye ya gatatu yise ‘Home’.
Amakuru
avuga ko uru rugendo ruzamufasha guhura n’abafatanyabikorwa batandukanye no
kureba uburyo ibikorwa bye byagera ku isoko rya Uganda n’ahandi mu karere.
Uru
rugendo rwa Bruce Melodie na Bwiza rugaragaza uburyo abahanzi nyarwanda
bakomeje gushyira imbaraga mu kwagura ibikorwa byabo no kumenyekanisha
ibihangano byabo hanze y’u Rwanda, bakoresheje indirimbo nshya, ibitaramo
ndetse n’imikoranire n’ibyamamare byo mu karere.
Uru
rugendo rwa Bruce Melodie na Bwiza rugaragaza isura nshya y’umuziki nyarwanda, aho
abahanzi batagisigara mu gihugu imbere gusa, ahubwo bashyira imbaraga mu
kwinjira ku masoko yo mu karere no ku migabane itandukanye.
Ni
urugendo rufite ishusho y’ikorwa ry’akazi, ubufatanye n’iyamamaza. Ku ruhande
rumwe, “Pom Pom” arashaka ko ikomeza kuba indirimbo yambukiranya imipaka; ku
rundi, ‘Home’ irashaka kubona aho yicara mu mitima y’abakunzi b’umuziki bo
hanze y’u Rwanda.
Kampala
rero si urugendo rusanzwe. Ni intambwe igaragaza ko abahanzi nyarwanda bakomeje
gushyira imbaraga mu kubaka amazina yabo ku rwego mpuzamahanga, bakoresheje
ibihangano, ibitaramo n’imikoranire n’ibindi byamamare byo mu karere no ku
mugabane wa Afurika.
Uru
rugendo rwa Bruce Melodie na Bwiza rugaragaza isura nshya y’umuziki nyarwanda, aho
abahanzi batagisigara mu gihugu imbere gusa, ahubwo bashyira imbaraga mu
kwinjira ku masoko yo mu karere no ku migabane itandukanye.
Ni
urugendo rufite ishusho y’ikorwa ry’akazi, ubufatanye n’iyamamaza. Ku ruhande
rumwe, “Pom Pom” irashaka gukomeza kuba indirimbo yambukiranya imipaka; ku
rundi, ‘Home’ irashaka kubona aho yicara mu mitima y’abakunzi b’umuziki bo
hanze y’u Rwanda.
Kampala
rero si urugendo rusanzwe. Ni intambwe igaragaza ko abahanzi nyarwanda bakomeje
gushyira imbaraga mu kubaka amazina yabo ku rwego mpuzamahanga, bakoresheje
ibihangano, ibitaramo n’imikoranire n’ibindi byamamare byo mu karere no ku
mugabane wa Afurika.

Bruce Melodie ari kumwe na Bwiza berekeje muri Uganda mu bikorwa by’umuziki
