Ni itsinda akunda kuva cyera! P-Fla yavuze impamvu The Ben ahora yifuza Tuff Gang ku rubyiniro - VIDEO

Imyidagaduro - 11/07/2026 6:28 AM
Share:

Umwanditsi:

Ni itsinda akunda kuva cyera! P-Fla yavuze impamvu The Ben ahora yifuza Tuff Gang ku rubyiniro - VIDEO

Mu muziki nyarwanda, hari ubucuti bumara imyaka myinshi butubakiye gusa ku ndirimbo, ahubwo bushingiye ku rugendo rw'ubuzima n'ubufatanye. Ni muri urwo rwego umuraperi Hakizimana Murerwa Amani wamamaye nka P-Fla, yavuze ko kuba The Ben yarifuje ko abagize Tuff Gang bamuherekeza ku rubyiniro mu gitaramo cya Summer Country Tour cyabereye i Rubavu, atari impanuka, ahubwo ari ikimenyetso cy'urukundo amaze imyaka myinshi afitiye iri tsinda.

P-Fla yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda nyuma y'igitaramo cyabereye i Rubavu ku wa 4 Nyakanga 2026, cyasozaga MTN Iwacu Muzika Festival, aho The Ben yahurijwe ku rubyiniro na Bruce Melodie, Bwiza na Kitoko.

Muri icyo gitaramo, The Ben yatumye bahamagara P-Fla na Green P, basanzwe bagize Tuff Gang, maze bafatanya kuririmba indirimbo "Kwicuma", imwe mu ndirimbo zakunzwe cyane mu mateka ya Hip Hop nyarwanda.

P-Fla yavuze ko kuba bari kumwe na The Ben kuri urwo rubyiniro byaturutse ku mubano umaze imyaka myinshi hagati yabo, ndetse agaragaza ko The Ben afata Tuff Gang nk'umuryango we.

Yagize ati: "The Ben ntabwo abaho. Na we ni 'Gangster'. Iyo avuze ati 'munshakire abagize Tuff Gang', ababonetse ni abo ngabo. Ni yo mpamvu mwabonye ndi kumwe na Green P. Ndatekereza ko n'abandi bari kuza, ariko bishoboka ko bari bafite akandi kazi ahandi. Ariko nzi neza ko The Ben akunda Tuff Gang, kandi harimo n'umuvandimwe we wo mu maraso. Ni ukuvuga ko ari itsinda akunda cyane kuva cyera."

P-Fla yavuze ko umubano wa The Ben na Tuff Gang utatangiriye ku ndirimbo cyangwa ibitaramo byo muri iki gihe, ahubwo ushingiye ku rugendo rwabo rwo hambere, igihe bose bari bakizamuka mu muziki.

Ati: "Nagize amahirwe yo kumenya The Ben ari bya bihe byo kuzamuka. Ni cyo gihe yari ari kumwe n'itsinda ryacu rya Tuff Gang. Dusa n'abantu bazamukanye, bazamukiye rimwe. Ni igisekuru kimwe."

Yavuze ko n'ubwo badahora bahurira ku rubyiniro, The Ben ahora agaragaza ko ashaka kuba hafi yabo, ibintu avuga ko byerekana uburyo yubaha abo basangiye urugendo.

Ati: "N'ubwo tutajya kuri 'stage' hamwe buri gihe, The Ben aba ashaka ko tumuba hafi. Mwabonye ko Tuff Gang twakoze igitaramo muri Camp Kigali, yari ahari kandi nta gahunda yari afite yo kuririmba. Ntiyigeze ajya inyuma ya 'stage'. Yaravuze ati 'reka njye kureba abahungu', kuko akunda abo bahungu."

P-Fla yavuze ko imyitwarire nk'iyi ya The Ben ikwiye kubera urugero abandi bahanzi, kuko kwishimira no gushyigikira abo mwatangiranye bitanga ishusho nziza y'ubumwe mu ruganda rw'umuziki.

Yagize ati: "Iki ni ikintu cyagakwiye kwigisha n'abandi. Twagakwiye gushyigikirana."

Amagambo ya P-Fla agaragaza ko kuba The Ben yarifashishije Tuff Gang mu gitaramo cya Rubavu bitari ugushaka kongera amarangamutima y'abafana gusa, ahubwo byari uburyo bwo kongera kwerekana isano ikomeye afitanye n'iri tsinda ryabaye inkingi ya Hip Hop nyarwanda.

Mu myaka yashize, The Ben yakunze kugaragaza ko yubaha kandi akunda ibikorwa bya Tuff Gang, ndetse n'iyo atari ku rutonde rw'abaririmba, akunze kwitabira ibitaramo byabo kugira ngo abashyigikire. Yanifashishije iri tsinda mu gitaramo cye “The New Year- Groove.”

Igitaramo cya Rubavu cyabaye kimwe mu byongeye kwibutsa abakunzi b'umuziki ko n'ubwo buri wese yubatse inzira ye, hari ubucuti n'ubuvandimwe bikomeza kurenga amarushanwa n'ibihe, bikubakira ku mateka basangiye kuva bakizamuka.


P-Fla yatangaje ko The Ben akunda itsinda rya Tuff Gang, ibituma bahorana bataramana kenshi

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA P-FLA


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...